Wednesday, July 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hari icyabonetse mu iperereza ku mpanuka y’indege yahitanye abarenga 200

radiotv10by radiotv10
16/06/2025
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Hari icyabonetse mu iperereza ku mpanuka y’indege yahitanye abarenga 200
Share on FacebookShare on Twitter

Abari gukora iperereza ku mpanuka y’indege ya Air India iherutse gukora impanuka igahitana abagenzi 241, babashije kubona agasanduku gafata amajwi, biba intambwe itewe mu gutahura icyateye iyi mpanuka.

Amakuru dukesha BBC kuri uyu wa Mbere tariki 16 Kamena 2025, avuga ko aka gasanduku kazwi nka Cockpit Voice Recorder (CVR) kabonywe n’abari gukora iperereza kuri iyi mpanuka yabaye ku wa Kane tariki 12 Kamena 2025 igahitana abagenzi 241 bari bayirimo, hakarokoka umuntu umwe.

Iyi mpanuka y’indege yo mu bwoko bwa Boeing 787-8 Dreamliner yari yerecyehe i London mu Bwongereza, yahitanye abantu bagera muri 270 barimo bariya 241 bari mu ndege ndetse n’abandi bari hasi aho yaguye.

Aka gasanduku gafata amajwi kabonetse, ni na ko gashobora kuzatuma abakora iperereza bumva amajwi y’umupilote y’ibiganiro yagiranaga n’abari bayoboye uru rugendo kimwe n’andi majwi y’abari bayirimo kimwe no mu nkengero zayo.

Aka gasanduku gafata amajwi kabonetse ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, ni ingenzi mu gukusanya amakuru ku cyateye iyi mpanuka, byumwihariko kumenya ubutumburuke yari imaze kugeraho, umuvuduko yari iriho, ndetse n’imikorere ya moteri yayo.

Aka gasanduku gafata amajwi kazwi nka CVR kimwe na FDR (Flight Data Recorder), byombi iyo bihuye bibyara agasanduku k’amakuru y’ibanga y’indege kazwi nka “black box”. Ni ingenzi mu iperereza riri gukorwa ku cyateye iyi mpanuka, kazafasha inzobere mu gutahura amakuru y’ibihe bya nyuma by’iyi ndege ndetse n’icyateye iyi mpanuka.

Urwego rushinzwe Iperereza mu by’Impanuka mu Buhindi (AAIB-India’s Aircraft Accident Investigation Bureau) ni rwo ruri mu gukusanya ibimenyetso byo gutahura icyateye iyi mpanuka, aho ruri gufashwa n’amatsinda yaturutse muri Leta Zunze Ubumwe za America ndetse no mu Bwongereza.

Kuri iki Cyumweru, abayobozi b’Ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe umutekano mu by’ingendo NTSB (National Transportation Safety Board) basuye aha habereye impanuka mu Buhindi.

Mu itangazo ryashyizwe hanze rivuga ko “AAIB yatangije iperereza ryimbitse, ndetse na US National Transportation Safety Board (NTSB) iri kurikora babangikanye ku mabwiriza mpuzamahanga kuva habaho impanuka.”

Komisiyo idasanzwe yashyizweho na Guverinoma y’u Buhindi ishinzwe kugenzura impamvu z’iyi mpanuka, biteganyijwe ko iterana kuri uyu wa Mbere mu nama yayo ya mbere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 4 =

Previous Post

Amakuru yamenyekanye ku modoka y’umunyamakurukazi yari yibwe muri Kigali

Next Post

Discover Kigali: Top five fun hobbies you must try in this vibrant city

Related Posts

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

by radiotv10
30/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ko muri Gurupoma...

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

by radiotv10
30/07/2025
0

Leta ya Tanzania yafashe icyemezo cyo guhagarika abanyamahanga gufungura ibikorwa by’ubucuruzi mu nzego z’ingenzi z’ubukungu bw’iki Gihugu. Iki cyemezo cya...

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Côte d’Ivoire, Alassane Ouattara yatangaje ko aziyamamariza manda ya kane mu matora agiye kuba muri iki Gihugu, kugira...

Abanyaburayi bateye umugongo icyifuzo cya America ku iherezo ry’intambara ya Israel na Palestine

Abanyaburayi bateye umugongo icyifuzo cya America ku iherezo ry’intambara ya Israel na Palestine

by radiotv10
30/07/2025
0

Ibihugu byo ku Mugabane w'u Burayi byemeranyije n’iby’Abarabu ko Palestine igomba kuba Igihugu cyigenga, mu gihe Leta Zunze Ubumwe za...

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

by radiotv10
29/07/2025
0

Minisitiri w’Ubutabera muri Senegal, Ousmane Diagne, yasabye ko hatangizwa ku mugaragaro iperereza ku bwicanyi n’ibindi bikorwa by’urugomo byabaye muri iki...

IZIHERUKA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage
MU RWANDA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Discover Kigali: Top five fun hobbies you must try in this vibrant city

Discover Kigali: Top five fun hobbies you must try in this vibrant city

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.