Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hari icyabonetse mu iperereza ku mpanuka y’indege yahitanye abarenga 200

radiotv10by radiotv10
16/06/2025
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Hari icyabonetse mu iperereza ku mpanuka y’indege yahitanye abarenga 200
Share on FacebookShare on Twitter

Abari gukora iperereza ku mpanuka y’indege ya Air India iherutse gukora impanuka igahitana abagenzi 241, babashije kubona agasanduku gafata amajwi, biba intambwe itewe mu gutahura icyateye iyi mpanuka.

Amakuru dukesha BBC kuri uyu wa Mbere tariki 16 Kamena 2025, avuga ko aka gasanduku kazwi nka Cockpit Voice Recorder (CVR) kabonywe n’abari gukora iperereza kuri iyi mpanuka yabaye ku wa Kane tariki 12 Kamena 2025 igahitana abagenzi 241 bari bayirimo, hakarokoka umuntu umwe.

Iyi mpanuka y’indege yo mu bwoko bwa Boeing 787-8 Dreamliner yari yerecyehe i London mu Bwongereza, yahitanye abantu bagera muri 270 barimo bariya 241 bari mu ndege ndetse n’abandi bari hasi aho yaguye.

Aka gasanduku gafata amajwi kabonetse, ni na ko gashobora kuzatuma abakora iperereza bumva amajwi y’umupilote y’ibiganiro yagiranaga n’abari bayoboye uru rugendo kimwe n’andi majwi y’abari bayirimo kimwe no mu nkengero zayo.

Aka gasanduku gafata amajwi kabonetse ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, ni ingenzi mu gukusanya amakuru ku cyateye iyi mpanuka, byumwihariko kumenya ubutumburuke yari imaze kugeraho, umuvuduko yari iriho, ndetse n’imikorere ya moteri yayo.

Aka gasanduku gafata amajwi kazwi nka CVR kimwe na FDR (Flight Data Recorder), byombi iyo bihuye bibyara agasanduku k’amakuru y’ibanga y’indege kazwi nka “black box”. Ni ingenzi mu iperereza riri gukorwa ku cyateye iyi mpanuka, kazafasha inzobere mu gutahura amakuru y’ibihe bya nyuma by’iyi ndege ndetse n’icyateye iyi mpanuka.

Urwego rushinzwe Iperereza mu by’Impanuka mu Buhindi (AAIB-India’s Aircraft Accident Investigation Bureau) ni rwo ruri mu gukusanya ibimenyetso byo gutahura icyateye iyi mpanuka, aho ruri gufashwa n’amatsinda yaturutse muri Leta Zunze Ubumwe za America ndetse no mu Bwongereza.

Kuri iki Cyumweru, abayobozi b’Ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe umutekano mu by’ingendo NTSB (National Transportation Safety Board) basuye aha habereye impanuka mu Buhindi.

Mu itangazo ryashyizwe hanze rivuga ko “AAIB yatangije iperereza ryimbitse, ndetse na US National Transportation Safety Board (NTSB) iri kurikora babangikanye ku mabwiriza mpuzamahanga kuva habaho impanuka.”

Komisiyo idasanzwe yashyizweho na Guverinoma y’u Buhindi ishinzwe kugenzura impamvu z’iyi mpanuka, biteganyijwe ko iterana kuri uyu wa Mbere mu nama yayo ya mbere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − eight =

Previous Post

Amakuru yamenyekanye ku modoka y’umunyamakurukazi yari yibwe muri Kigali

Next Post

Discover Kigali: Top five fun hobbies you must try in this vibrant city

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Discover Kigali: Top five fun hobbies you must try in this vibrant city

Discover Kigali: Top five fun hobbies you must try in this vibrant city

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.