Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hari ikindi Gihugu cyageragejwemo ‘Coup d’Etat’ irapfuba

radiotv10by radiotv10
27/06/2024
in AMAHANGA
0
Hari ikindi Gihugu cyageragejwemo ‘Coup d’Etat’ irapfuba
Share on FacebookShare on Twitter

Umujenerali uyoboye umutwe witwara gisirikare muri Bolivia, yatawe muri yombi, nyuma yo kuyobora igikorwa cyo guhirika ubutegetsi, ariko ntibimuhire.

Gen Juan Jose Zuninga uyobora umutwe wa gisirikare muri Bolivia, ni we wari uyoboye abarwanyi bigabije Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, bavuga ko bashaka guhirika ubutegetsi buriho.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatatu, ubwo Ingoro ya Perezida w’iki Gihugu iri mu Murwa Mukuru i La Paz yari igoswe n’abasirikare ndetse agace gakoreramo ibiro bya Leta kari kagoswe n’ibimodoka bya gisirikare mu gikorwa cyari kiyobowe na Gen Juan Jose wavugaga ko ashaka kugarura Demokarasi muri iki Gihugu cya Bolivia, asaba ko ibikorwa bihagarara ndetse Perezida Luis Arce uyobora icyo Gihugu avuyeho.

Nyuma y’akanya gato inzego za gisirikare zahagotse ziburizamo icyo gikorwa dore ko abaturage bari batangiye kujya kwigaragambya mu mihanda bavuga ko bashyigikiye Leta isanzwe iriho.

Mu ijambo yagejeje ku baturage rinyuze kuri Televiziyo y’Igihugu, Perezida Luis yashimiye abaturage ku rukundo bamugaragarije, avuga ko ibintu nk’ibi bitazigera byihanganirwa.

Ubu polisi yataye muri yombi Umujenerali wari uyoboye igikorwa cyo guhirika ubutegetsi. Hakaba hahise hatangira iperereza ku byaha akurikiranyweho n’abandi baba babiri inyuma.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − ten =

Previous Post

Bubakiwe ‘Poste de Santé’ birabashimisha ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Next Post

Hatangajwe ibyaha bikurikiranywe ku barimu n’umunyeshuri ba Kaminuza imwe mu Rwanda n’uburyo byakozwe

Related Posts

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Guverineri wa Leta ya Niger muri Nigeria yayoboye umuhango wo kwakira abana 130 n’abarimu bari barashimuswe n’abitwaje intwaro, nyuma yo...

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

Abapolisi b’igipolisi cy’Ihuriro AFC/M23 cyagaragaye mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, bari guhosha imyigaragambyo y’abaturage basaba ko iri...

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
22/12/2025
0

Mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imyigaragambyo yitabiriwe n’Abanyekongo benshi, bamagana MONUSCO yongerewe igihe, ndetse...

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

by radiotv10
22/12/2025
0

Abanyeshuri 130 bo muri Nigeria bari barashimuswe mu Ntara ya Niger barekuwe, nyuma y’ukwezi kumwe bafashwe bugwate, nk’uko byatangajwe n’Ibiro...

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

by radiotv10
22/12/2025
0

Residents of Goma in North Kivu province woke up on Monday to widespread protests, as large numbers of Congolese citizens...

IZIHERUKA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules
MU RWANDA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe ibyaha bikurikiranywe ku barimu n’umunyeshuri ba Kaminuza imwe mu Rwanda n’uburyo byakozwe

Hatangajwe ibyaha bikurikiranywe ku barimu n’umunyeshuri ba Kaminuza imwe mu Rwanda n’uburyo byakozwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.