Wednesday, August 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hari inkuru nziza itegereje abifuza gukorera ‘Permis’ ku modoka za ‘Automatique’

radiotv10by radiotv10
29/07/2023
in MU RWANDA
0
Hari inkuru nziza itegereje abifuza gukorera ‘Permis’ ku modoka za ‘Automatique’
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda iri hafi kwemeza itegeko rishya rizaba riteganya ikorwa ry’ibizamini by’impushya zo gutwara ibinyabiziga ku modoka za ‘Automatique’, byakunze kwifuzwa na benshi.

Muri iki cyumweru, Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Ernest Nsabimana yitabye Sena y’u Rwanda, agiye gusobanura ibijyanye n’ubwikorezi bw’abantu, aho yanabajijwe ku bijyanye n’ibizamini by’impushya zo gutwara ibinyabiziga.

Bamwe mu Basenateri bavuze ko gutsinda ibi bizamini bikiri ingorabahizi, ndetse banagaruka ku mushinga w’itegeko wagombaga gutuma hatangizwa ikorwa ry’ibizamini ku modoka za Automatique.

Senateri Evode Uwizeyimana wavuze ko kuba iri tegeko ritarashyirwa mu bikorwa, ari bimwe mu ntandaro z’abakomeje kujya “gushugurika impushya” mu Bihugu by’abaturanyi, akibaza icyabuze ngo iryo tegeko rishyirwe mu bikorwa.

Ati “Iryo tegeko rigiye kumara umwaka ribitse ahantu muri ‘Tiroir’ [akabati] ntazi ngo ni iyande, ryashoboraga gukemura ibibazo byinshi aha ngaha. Twavugaga uburyo bwo gukura amanota muri za Perimi z’abantu, twavugaga imodoka za automatique […] iyo ugiye gukoresha umuntu ikizamini cya demarrage a côte […] demarrage ku modoka automatique mumbwire ahantu bayikoresha?”

Senateri Evode avuga ko abantu bifuza impushya zo gutwara imodoka za Automatique bakwiye guhabwa ibizamini byazo, ariko n’abifuza iza manuel na bo bakabikora.

Ati “Rwose nagira ngo ibyo bizamini byo kurushya abantu bidafite n’icyo bimaze […] iyo modoka umuntu yayiguze ni automatique ni yo azatwara azi amategeko y’umuhanda, ntabwo ibizamini bidakorwa ahandi byo hambere bikwiye kuba bikiri aha.”

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Ernest Nsabimana asubiza Senateri Evode kuri iki kibazo, yavuze ko iri tegeko riri gukorwaho kugira ngo ritangire kubahirizwa.

Ati “Ubu iri gukorwaho ndetse ni ibintu twaganiriyeho n’inzego zitandukanye kugira ngo aho riri ryihute.”

Yavuze kandi ko hari kurebwa uburyo hazatangira gushyirwa mu bikorwa impinduka mu gukoresha ibizamini by’impushya zo gutwara ibinyabiziga kandi ko na byo biri bugufi, kuko ibikorwa remezo bizifashishwa byamaze kuboneka.

Ati “Dufite nka santere ya Busanza [Ikigo cya Polisi kizajya gikorerwamo ibizamini] cyamaze kuzura, dufite driving testing center imeze neza cyane ya Busanza, ifite ibikoresho byiza cyane bigezweho, ifite ikoranabuhanga rigezweho.”

Dr Nsabimana Ernest avuga ko inzego zirebwa n’iki kigo ziri kuganira “kugira ngo abantu batangire kuyikoresha mu buryo bwa vuba, kandi urabona ko hari icyizere kuko ibikorwa remezo birahari, ibikoresho byose byamaze kuhagera, ku buryo twizera ko bizatangira gukora mu gihe kitarambiranye, maze abashaka kuba batunga perimi ziri automatique, akaba rwose bitamugora.”

Yavuze ko Polisi y’u Rwanda yamaze gutegura uburyo hazajya hakorwa ibi bizamini by’impushya zo gutwara imodoka za Automatique ku buryo hari icyizere ko bizatangira vuba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + thirteen =

Previous Post

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwaregwaga kwica uwo yari abereye mukase washenguye benshi

Next Post

Ibyo kumenya biteye amatsiko ku mutunganyamuziki wasize amarira mu myidagaduro Nyarwanda

Related Posts

Uwari Ambasaderi wa Israel mu Rwanda yita iwabo ha kabiri yagaragaje uburyo ahishimira

Uwari Ambasaderi wa Israel mu Rwanda yita iwabo ha kabiri yagaragaje uburyo ahishimira

by radiotv10
20/08/2025
0

Dr Ron Adam wabaye Ambasaderi wa mbere w’Igihugu cya Israel mu Rwanda, yavuze ko yongeye kugirira ibihe byiza muri iki...

Eng.-Rwanda deported 64 foreign youths over violence

Eng.-Rwanda deported 64 foreign youths over violence

by radiotv10
20/08/2025
0

Rwanda National Police has said that the issue of violence committed by foreigners living in Rwanda has been under monitoring,...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku rugomo rukorwa n’urubyiruko rw’abanyamahanga rwavuzweho kenshi

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku rugomo rukorwa n’urubyiruko rw’abanyamahanga rwavuzweho kenshi

by radiotv10
20/08/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko ikibazo cy’urugomo rukorwa n’abanyamahanga baba mu Rwanda, kimaze iminsi gikurikiranwa, ndetse ko mu mezi 12...

Menya amasomo abanyeshuri batsinzwe kurusha ayandi mu bizamini bya Leta

Menya amasomo abanyeshuri batsinzwe kurusha ayandi mu bizamini bya Leta

by radiotv10
20/08/2025
0

Isomo ry’imibare ni ryo abanyeshuri bakoze ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza, babonyemo amanota macye, aho baritsinze ku gipimo cya...

Bwa mbere abarangije ayisumbuye mu Rwanda bagiye kumenya amanota mbere yuko amashuri atangira

Bwa mbere abarangije ayisumbuye mu Rwanda bagiye kumenya amanota mbere yuko amashuri atangira

by radiotv10
20/08/2025
0

Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko amanota y’abakoze ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2024-2025, azajya hanze mbere...

IZIHERUKA

Uwari Ambasaderi wa Israel mu Rwanda yita iwabo ha kabiri yagaragaje uburyo ahishimira
MU RWANDA

Uwari Ambasaderi wa Israel mu Rwanda yita iwabo ha kabiri yagaragaje uburyo ahishimira

by radiotv10
20/08/2025
0

Eng.-Rwanda deported 64 foreign youths over violence

Eng.-Rwanda deported 64 foreign youths over violence

20/08/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku rugomo rukorwa n’urubyiruko rw’abanyamahanga rwavuzweho kenshi

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku rugomo rukorwa n’urubyiruko rw’abanyamahanga rwavuzweho kenshi

20/08/2025
Menya amasomo abanyeshuri batsinzwe kurusha ayandi mu bizamini bya Leta

Menya amasomo abanyeshuri batsinzwe kurusha ayandi mu bizamini bya Leta

20/08/2025
Bwa mbere abarangije ayisumbuye mu Rwanda bagiye kumenya amanota mbere yuko amashuri atangira

Bwa mbere abarangije ayisumbuye mu Rwanda bagiye kumenya amanota mbere yuko amashuri atangira

20/08/2025
Hatangajwe ibigaragaza ko ubutegetsi bwa Congo bwiteguye gukaza imirwano buhanganyemo na AFC/M23

Hatangajwe ibigaragaza ko ubutegetsi bwa Congo bwiteguye gukaza imirwano buhanganyemo na AFC/M23

20/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo kumenya biteye amatsiko ku mutunganyamuziki wasize amarira mu myidagaduro Nyarwanda

Ibyo kumenya biteye amatsiko ku mutunganyamuziki wasize amarira mu myidagaduro Nyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwari Ambasaderi wa Israel mu Rwanda yita iwabo ha kabiri yagaragaje uburyo ahishimira

Eng.-Rwanda deported 64 foreign youths over violence

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku rugomo rukorwa n’urubyiruko rw’abanyamahanga rwavuzweho kenshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.