Friday, August 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hari n’abaturana mu nzu imwe- Hahishuwe gatanya z’abasirimu zitamenyekana

radiotv10by radiotv10
05/10/2022
in MU RWANDA
0
Hari n’abaturana mu nzu imwe- Hahishuwe gatanya z’abasirimu zitamenyekana

Photo/ Internet

Share on FacebookShare on Twitter
  • Ababyeyi na bo basigaye batumirwa mu bukwe bw’abana babo
  • Marraine na Parrain basigaye ari abo kuryoshya amafoto
  • Ntabwo umuryango ukwiye gutangirira mu bukwe ngo urangirire muri RIB

Umuryango utari uwa Leta wita ku miryango, ugaragaza ko ibibazo biri mu ngo bikomeje gufata intera kuko uretse imiryango ihabwa gatanya mu buryo bw’amategeko hari n’abatana mu buryo bita ubwa gisirimu ku buryo umwe afata icyumba cye undi icye, bakabana nk’abaturanyi mu nzu imwe.

Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rugaragaza ko mu mwaka wa 2020-2021 rwakiriye ibirego 7 075 bishingiye ku makimbirane yo mu miryango.

Mukasekuru Donatille uyobora Umuryango Nyinawumuntu ufite intego zo kubaka imiryango no gutanga inyigisho ku buryo yakubakwa igakomera, avuga ko amakimbirane yo mu ngo, ari mu miryango y’ingeri zose.

Ati “Ikibazo kiri mu miryango ijijutse, kiri mu bari mu mijyi, kiri mu giturage, kiri mu bakuze, kiri mu bato…mbese ibice byose kirahari.”

Akomeza avuga ko bishimiye ko mu bushakashatsi bwabo babonye icyo bifuzaga, ati “Ni ikibazo kitagendera k’uko abantu baramutse. Kidaterwa n’uko twashonje, n’uko tutize cyane, n’uko tudatuye mu mijyi. Ni ikibazo kizenguruka Igihugu.”

Avuga ko impamvu nyamukuru y’ibi bibazo, ari ukudategurwa k’umuryango mu buryo buhagije kuko uko imiryango isigaye yubakwa bitandukanye n’uburyo byakorwaga mbere.

Ati “Usanga ahenshi mu miryango, ababyeyi basigaye batumirwa kandi ubundi imiryango ni yo yasabanaga ikubakira abana. Byahinduye isura.”

Akomeza avuga ko ibi bibazo biri no mu bikomeje gutuma ingo zisenyuka, zirimo n’iz’abatandukana batamaranye kabiri.

Gusa ngo muri uku gutandukana, hari n’abatandukana ntibimenyekane, ati “Abasirimu bo batandukana mu gisirimu, kuko inzu iba inahagije, buri wese akagira icye cyumba, umuntu akaza agakora ibye, ni uguturana mbese bakaba baturanye mu nzu imwe, ariko tukanababwira tuti ‘niba munaturanye, muturane neza nibura’.”

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare (NISR), igaragaza ko muri 2019, imiryango 8 941 yahawe gatanya mu gihe iyari yemerewe n’inkiko gutandukana muri 2018, yari 1 311. Bivuze ko yikubye hafi karindwi (7).

Mukasekuru akomeza avuga ko ikibazo kiri mu itegurwa ry’imiryango mishya kuko nk’abagahanuye abashakanye nk’abahagarariye ababyeyi bazwi nka ‘Marraine’ na ‘Parrain’ bagaragara mu bukwe, ari abashakwa kugira ngo baze kuryoshya amafoto.

Ati “Ni ingo zitendetse, ntabwo ari ingo zifite umusingi uri hasi. Ari umuryango tuvukamo, ari inshuti zacu, byose biratendetse. Dutererana urugo, umuryango nyarwanda ukwiye kugaruka mu nshingano zawo.”

Avuga ko nk’amadini yakagize uruhare mu gutuma ingo zihamya, na yo ayitererana kuko hari abaheruka bashyingiranya abashakanye ariko ntibakurikirane ko babana nyamara hari abasezerana ariko bakamara umwaka batarara mu buriri bumwe.

Agaruka no ku mpamvu muzi, aho bamwe bakunze kuzinyura hejuru, ati “bakavuga ngo ni ubusinzi ariko se ubwo businzi buterwa niki? Kuki umuntu ahitamo kujya mu kabari aho kujya iwe.”

Avuga ko umuti w’ibi bibazo ufitwe n’abantu bose, kandi ko hakwiye ingamba zifatika zatuma hubakwa imiryango igahamya aho kugira ngo itangirire kuri za “Cheri, chouchou” ikarangirira mu bibazo.

Ati “Ese RIB yo ntikeneye kwakira ibirego bicye, ubundi ntabwo umuryango wakwiye gutangirira ku bukwe n’amafoto ngo usoreze muri RIB.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + eighteen =

Previous Post

Guverinoma ya Uganda yitandukanyije na Muhoozi wavuze ko yafata Kenya mu byumweru 2

Next Post

Muhoozi yagaragaje ababa abayobozi EAC ibaye Igihugu…Kagame na Museveni yavuze imyanya bagira

Related Posts

U Bufaransa bwahaye u Rwanda Miliyari 30Frw y’imishinga yumvikanyweho ubwo Macron yari i Kigali

Ubutumwa bwa nyuma Antoine Anfré yanditse nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda

by radiotv10
14/08/2025
0

Ambasaderi Antoine Anfré mbere yo gufata rutemikirere nyuma yo kurangiza inshingano ze nk’Uhagarariye u Bufaransa mu Rwanda, yavuze ko yifuza...

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

Eng.-The last post Antoine Anfré made as the Ambassador of France to Rwanda

by radiotv10
14/08/2025
0

Before boarding his flight after completing his duties as the French Ambassador to Rwanda, Antoine Anfré said he wished to...

The ‘good girl’ pressure: What society expects from young women

The ‘good girl’ pressure: What society expects from young women

by radiotv10
14/08/2025
0

From a very young age, girls hear a subtle yet persistent message: be a “good girl.” But what does be...

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

by radiotv10
13/08/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ingamba ziteganyijwe ubwo iki Gihugu kizaba cyakiririye Shampiyona y’Isi y’umukino w’Amagare ya 2025, zirimo ifungwa ry’amashuri...

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

by radiotv10
13/08/2025
0

Urukiko rwa Gisirikare rwafashe icyemezo cyo gushyira mu muhezo urubanza ruregwamo abantu 28 barimo Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Igorora (RCS) n’abasirikare...

IZIHERUKA

IFOTO: Uwahoze ari Minisitiri muri Congo yagaragaye mu mpuzankano ya AFC/M23 n’imbunda mu ntoki
AMAHANGA

IFOTO: Uwahoze ari Minisitiri muri Congo yagaragaye mu mpuzankano ya AFC/M23 n’imbunda mu ntoki

by radiotv10
14/08/2025
0

Eng.-Gen.Muhoozi expresses regret for any offences ever committed against his father Museveni

Eng.-Gen.Muhoozi expresses regret for any offences ever committed against his father Museveni

14/08/2025
Amakuru aturuka i Walikare ku rugamba hagati ya AFC/M23 n’abo bahanganye

Amakuru aturuka i Walikare ku rugamba hagati ya AFC/M23 n’abo bahanganye

14/08/2025
Icyo Gen.Muhoozi avuga ku kuba umuhungu we yarinjiye igisirikare ayoboye

Gen.Muhoozi yagaragaje kwicuza ku byo yagomeyeho umubyeyi we Perezida Museveni

14/08/2025
Abahoze mu Gisirikare cya Uganda bafashwe bagiye kurwana muri Ukraine bahishuye amakuru y’ingenzi mu iperereza

Abahoze mu Gisirikare cya Uganda bafashwe bagiye kurwana muri Ukraine bahishuye amakuru y’ingenzi mu iperereza

14/08/2025
Ubutumwa Min.Mukazayire yageneye umunyempano ukomeye muri America muri Basketball mbere yo gutaha

Eng.-Minister Mukazayire’s message to a talented American basketball player before his departure

14/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhoozi yagaragaje ababa abayobozi EAC ibaye Igihugu…Kagame na Museveni yavuze imyanya bagira

Muhoozi yagaragaje ababa abayobozi EAC ibaye Igihugu…Kagame na Museveni yavuze imyanya bagira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

IFOTO: Uwahoze ari Minisitiri muri Congo yagaragaye mu mpuzankano ya AFC/M23 n’imbunda mu ntoki

Eng.-Gen.Muhoozi expresses regret for any offences ever committed against his father Museveni

Amakuru aturuka i Walikare ku rugamba hagati ya AFC/M23 n’abo bahanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.