Wednesday, July 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hari n’abaturana mu nzu imwe- Hahishuwe gatanya z’abasirimu zitamenyekana

radiotv10by radiotv10
05/10/2022
in MU RWANDA
0
Hari n’abaturana mu nzu imwe- Hahishuwe gatanya z’abasirimu zitamenyekana

Photo/ Internet

Share on FacebookShare on Twitter
  • Ababyeyi na bo basigaye batumirwa mu bukwe bw’abana babo
  • Marraine na Parrain basigaye ari abo kuryoshya amafoto
  • Ntabwo umuryango ukwiye gutangirira mu bukwe ngo urangirire muri RIB

Umuryango utari uwa Leta wita ku miryango, ugaragaza ko ibibazo biri mu ngo bikomeje gufata intera kuko uretse imiryango ihabwa gatanya mu buryo bw’amategeko hari n’abatana mu buryo bita ubwa gisirimu ku buryo umwe afata icyumba cye undi icye, bakabana nk’abaturanyi mu nzu imwe.

Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rugaragaza ko mu mwaka wa 2020-2021 rwakiriye ibirego 7 075 bishingiye ku makimbirane yo mu miryango.

Mukasekuru Donatille uyobora Umuryango Nyinawumuntu ufite intego zo kubaka imiryango no gutanga inyigisho ku buryo yakubakwa igakomera, avuga ko amakimbirane yo mu ngo, ari mu miryango y’ingeri zose.

Ati “Ikibazo kiri mu miryango ijijutse, kiri mu bari mu mijyi, kiri mu giturage, kiri mu bakuze, kiri mu bato…mbese ibice byose kirahari.”

Akomeza avuga ko bishimiye ko mu bushakashatsi bwabo babonye icyo bifuzaga, ati “Ni ikibazo kitagendera k’uko abantu baramutse. Kidaterwa n’uko twashonje, n’uko tutize cyane, n’uko tudatuye mu mijyi. Ni ikibazo kizenguruka Igihugu.”

Avuga ko impamvu nyamukuru y’ibi bibazo, ari ukudategurwa k’umuryango mu buryo buhagije kuko uko imiryango isigaye yubakwa bitandukanye n’uburyo byakorwaga mbere.

Ati “Usanga ahenshi mu miryango, ababyeyi basigaye batumirwa kandi ubundi imiryango ni yo yasabanaga ikubakira abana. Byahinduye isura.”

Akomeza avuga ko ibi bibazo biri no mu bikomeje gutuma ingo zisenyuka, zirimo n’iz’abatandukana batamaranye kabiri.

Gusa ngo muri uku gutandukana, hari n’abatandukana ntibimenyekane, ati “Abasirimu bo batandukana mu gisirimu, kuko inzu iba inahagije, buri wese akagira icye cyumba, umuntu akaza agakora ibye, ni uguturana mbese bakaba baturanye mu nzu imwe, ariko tukanababwira tuti ‘niba munaturanye, muturane neza nibura’.”

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare (NISR), igaragaza ko muri 2019, imiryango 8 941 yahawe gatanya mu gihe iyari yemerewe n’inkiko gutandukana muri 2018, yari 1 311. Bivuze ko yikubye hafi karindwi (7).

Mukasekuru akomeza avuga ko ikibazo kiri mu itegurwa ry’imiryango mishya kuko nk’abagahanuye abashakanye nk’abahagarariye ababyeyi bazwi nka ‘Marraine’ na ‘Parrain’ bagaragara mu bukwe, ari abashakwa kugira ngo baze kuryoshya amafoto.

Ati “Ni ingo zitendetse, ntabwo ari ingo zifite umusingi uri hasi. Ari umuryango tuvukamo, ari inshuti zacu, byose biratendetse. Dutererana urugo, umuryango nyarwanda ukwiye kugaruka mu nshingano zawo.”

Avuga ko nk’amadini yakagize uruhare mu gutuma ingo zihamya, na yo ayitererana kuko hari abaheruka bashyingiranya abashakanye ariko ntibakurikirane ko babana nyamara hari abasezerana ariko bakamara umwaka batarara mu buriri bumwe.

Agaruka no ku mpamvu muzi, aho bamwe bakunze kuzinyura hejuru, ati “bakavuga ngo ni ubusinzi ariko se ubwo businzi buterwa niki? Kuki umuntu ahitamo kujya mu kabari aho kujya iwe.”

Avuga ko umuti w’ibi bibazo ufitwe n’abantu bose, kandi ko hakwiye ingamba zifatika zatuma hubakwa imiryango igahamya aho kugira ngo itangirire kuri za “Cheri, chouchou” ikarangirira mu bibazo.

Ati “Ese RIB yo ntikeneye kwakira ibirego bicye, ubundi ntabwo umuryango wakwiye gutangirira ku bukwe n’amafoto ngo usoreze muri RIB.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − five =

Previous Post

Guverinoma ya Uganda yitandukanyije na Muhoozi wavuze ko yafata Kenya mu byumweru 2

Next Post

Muhoozi yagaragaje ababa abayobozi EAC ibaye Igihugu…Kagame na Museveni yavuze imyanya bagira

Related Posts

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
01/07/2025
2

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhoozi yagaragaje ababa abayobozi EAC ibaye Igihugu…Kagame na Museveni yavuze imyanya bagira

Muhoozi yagaragaje ababa abayobozi EAC ibaye Igihugu…Kagame na Museveni yavuze imyanya bagira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.