Friday, August 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hari uwamuhaye 500 000 Frw: Ibishinjwa Umuvugabutumwa uzwi mu Rwanda byagaragajwe

radiotv10by radiotv10
23/10/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hari uwamuhaye 500 000 Frw: Ibishinjwa Umuvugabutumwa uzwi mu Rwanda byagaragajwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umukozi w’Imana Joseph Harerimana uzwi nka Apotre Yongwe, uregwa icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, bwa mbere yagejejwe imbere y’Urukiko ngo aburane ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo, aho Ubushinjacyaha bwasobanuye ko yagiye yizeza abantu ibitangaza akabaka amafaranga ariko bagaheba.

Apotre Yongwe yagejejwe imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo ruherereye i Rusororo, kuri uyu wa Mbere tariki 23 Ukwakira 2023.

Uyu mukozi w’Imana uzwi cyane ku mbuga nkoranyambaga nka YouTube, yagejejwe mu Rukiko mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere yambaye isuti ya kaki, n’ishati y’umweru ndetse n’inkweto z’ingozi z’umukara.

Apotre Yongwe agejejwe imbere y’Urukiko nyuma y’ibyumweru bitatu atawe muri yombi, dore ko yafashwe tariki 01 Ukwakira 2023, ubwo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwavugaga ko “akurikiranyweho icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, bizwi nka Escroquerie mu rurimi rw’Igifaransa.”

Uyu muvugabutumwa wakunze kugaragara kuri YouTube yivugira ko atunzwe n’amaturo y’Abakristu ndetse ko ibyo yagezeho byose ari yo abikesha, bivugwa ko akurikiranyweho ibifitanye isano no kwizeza abantu ibitangaza abanje kubaka amafaranga.

Amakuru avuga ko yizezaga abantu ko nibamuha amaturo akabasengera, ababuze abagabo bazababona, ababuze Visa bakazazibona, abafite inyatsi ko zizagenda, ndetse n’ibindi bitangaza yabizezaga, aho bamwe bategereje ko ibyo yabizeje biba, amaso agahera mu kirere.

 

Hari uwamuhaye 500 000 Frw

Ubushinjacyaha busabira Apotre Yongwe gukurikiranwa afunzwe by’agateganyo iminsi 30, bwasobanuye impamvu bushingiraho bumusabira gufatirwa iki cyemezo, buvuga ko hari impamvu zikomeye zituma bukeka ko yakoze ibyo ashinjwa.

Ubushinjacyaha bwagarutse ku bitangaza Apotre Yongwe yagiye yizeza abakristu, aho yabizezaga ibyiza mu gihe kiri imbere cyangwa guca ukubiri n’ibibi byabaga bibugarije, akabasaba amafaranga kugira ngo abasengere ubundi babone ayo mahirwe.

Bwagarutse ku batangabuhamya bavuga ko batekewe umutwe na Yongwe, buvuga n’amwe mu mazina yabo, ndetse n’undi warindiwe umutekano utarifuje gutangazwa imyoirondoro, wavuze ko yamuhaye 500 000 Frw.

Ubushinjachayaha kandi buvuga ko telefone y’uregwa [Apotre Yongwe] yagiye yoherezwaho amafaranga menshi mu bihe bitandukanye, kandi ko yayohererezwaga n’abo yizezaga ibitangaza ntibabibone.

Ubushinjacyaha buvuga kandi ko uregwa yiyemereye ko ayo mafaranga yayohererejwe ndetse ko n’ibyo bitangaza yabibabwiraga, bityo ko bigize impamvu zikomeye zituma bikekwa ko yakoze ibyaha ashinjwa.

Bwavuze kandi ko aramutse arekuwe yakomeza gukora ibi byaha cyangwa akaba yatoroka ubutabera, bityo ko kuba yakurikiranwa afunze ari bwo buryo bwizewe.

 

Ndi umukozi w’Imana ntakindi cyantunga atari amaturo

Apotre Yongwe ubwo Umucamanza yari amuhaye ijambo ngo agire icyo avuga ku byatangajwe n’Ubushinjacyaha, yavuze ko mu ibazwa rye koko hari ibyo yemeye nko kuba yarahawe amafaranga, ariko ko atabaga yayabatse mu buriganya, ahubwo ko bayamuhaga nk’amaturo ahabwa abakozi b’Imana.

Ati “Njye ndi Umupasiteri kandi wabisigiwe amavuta, nkaba ndi umushumba wimitswe.”

Nk’uko yakunze kubivuga ataratabwa muri yombi, Apotre yavuze ko kuba ari umukozi w’Imana, ntakindi cyamutunga atari amaturo y’abakristu kandi ko ari yo amutunze kuva muri 2013 kuva yaba umukozi w’Imana.

Naho ku byo kwizeza abantu ibitangaza, Yongwe yavuze ko we yahaga abantu icyizere ko “ababuze urubyaro, Imana yarubaha. Nabwiraga abafite uburwayi bwanze gukira ko Imana ishobora kubasubiza.”

Yongwe yavuze ko muri ayo mafaranga yahabwaga n’abantu, atabaga yashyizeho igiciro, ahubwo ko abantu bibwirizaga, bagatura amafaranga ajyanye n’ubushobozi bwabo.

Apotre Yongwe muri iki gitondo mu cyumba cy’Urukiko (Photo/Inyarwanda)

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 5 =

Previous Post

BREAKING: Undi ‘Mayor’ w’Akarere kamwe ko mu Rwanda yegujwe hanavugwa impamvu

Next Post

M23 yagaragaje ko yongeye guha isomo FARDC ryatumye yunguka imbunda zigezweho

Related Posts

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

Mu Rwanda hatangijwe serivisi zizatuma hatangwa irangamuntu Koranabuhanga

by radiotv10
07/08/2025
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Irangamuntu, cyatangije ubukangurambaga buzatuma abantu bitabira gahunda zo kwibaruza kugira ngo bazahabwe irangamuntu koranabuhanga, izahabwa Abanyarwanda, impunzi...

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

by radiotv10
07/08/2025
0

Umunyamakuru Aissa Cyiza ukorera Radio imwe yo mu Rwanda, yagizwe Umuyobozi Mukuru wayo nyuma y’amezi atatu n’ubundi azamuwe mu ntera...

Abakekwaho urupfu rw’uwamaze icyumweru yarabuze barimo uwo yari agiye kwishyuza ibiceri 600Frw

Abakekwaho urupfu rw’uwamaze icyumweru yarabuze barimo uwo yari agiye kwishyuza ibiceri 600Frw

by radiotv10
07/08/2025
1

Inzego z'iperereza mu Karere ka Nyanza zicumbikiye abantu batatu bakekwaho uruhare mu rupfu rw’umusore wo mu Murenge wa Rwabicuma muri...

What Rwandan students really think about AI in education

What Rwandan students really think about AI in education

by radiotv10
07/08/2025
0

Across university campuses in Rwanda, a quiet revolution is taking place one powered by Artificial Intelligence (AI). Tools like ChatGPT...

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Eng.-RDF Chief of Defence Staff welcomes Sri Lankan Defence delegation on study tour

by radiotv10
06/08/2025
0

The Chief of Defence Staff (CDS) of the Rwanda Defence Force, General MK Mubarakh, today hosted a delegation from the...

IZIHERUKA

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda
IMIBEREHO MYIZA

Mu Rwanda hatangijwe serivisi zizatuma hatangwa irangamuntu Koranabuhanga

by radiotv10
07/08/2025
0

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

07/08/2025
Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

07/08/2025
Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

07/08/2025
Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

07/08/2025
Kinshasa yatoranyijwe kwakira Inteko rusange ya CAF

Kinshasa yatoranyijwe kwakira Inteko rusange ya CAF

07/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yagaragaje ko yongeye guha isomo FARDC ryatumye yunguka imbunda zigezweho

M23 yagaragaje ko yongeye guha isomo FARDC ryatumye yunguka imbunda zigezweho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu Rwanda hatangijwe serivisi zizatuma hatangwa irangamuntu Koranabuhanga

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.