Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hari uwamuhaye 500 000 Frw: Ibishinjwa Umuvugabutumwa uzwi mu Rwanda byagaragajwe

radiotv10by radiotv10
23/10/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hari uwamuhaye 500 000 Frw: Ibishinjwa Umuvugabutumwa uzwi mu Rwanda byagaragajwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umukozi w’Imana Joseph Harerimana uzwi nka Apotre Yongwe, uregwa icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, bwa mbere yagejejwe imbere y’Urukiko ngo aburane ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo, aho Ubushinjacyaha bwasobanuye ko yagiye yizeza abantu ibitangaza akabaka amafaranga ariko bagaheba.

Apotre Yongwe yagejejwe imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo ruherereye i Rusororo, kuri uyu wa Mbere tariki 23 Ukwakira 2023.

Uyu mukozi w’Imana uzwi cyane ku mbuga nkoranyambaga nka YouTube, yagejejwe mu Rukiko mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere yambaye isuti ya kaki, n’ishati y’umweru ndetse n’inkweto z’ingozi z’umukara.

Apotre Yongwe agejejwe imbere y’Urukiko nyuma y’ibyumweru bitatu atawe muri yombi, dore ko yafashwe tariki 01 Ukwakira 2023, ubwo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwavugaga ko “akurikiranyweho icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, bizwi nka Escroquerie mu rurimi rw’Igifaransa.”

Uyu muvugabutumwa wakunze kugaragara kuri YouTube yivugira ko atunzwe n’amaturo y’Abakristu ndetse ko ibyo yagezeho byose ari yo abikesha, bivugwa ko akurikiranyweho ibifitanye isano no kwizeza abantu ibitangaza abanje kubaka amafaranga.

Amakuru avuga ko yizezaga abantu ko nibamuha amaturo akabasengera, ababuze abagabo bazababona, ababuze Visa bakazazibona, abafite inyatsi ko zizagenda, ndetse n’ibindi bitangaza yabizezaga, aho bamwe bategereje ko ibyo yabizeje biba, amaso agahera mu kirere.

 

Hari uwamuhaye 500 000 Frw

Ubushinjacyaha busabira Apotre Yongwe gukurikiranwa afunzwe by’agateganyo iminsi 30, bwasobanuye impamvu bushingiraho bumusabira gufatirwa iki cyemezo, buvuga ko hari impamvu zikomeye zituma bukeka ko yakoze ibyo ashinjwa.

Ubushinjacyaha bwagarutse ku bitangaza Apotre Yongwe yagiye yizeza abakristu, aho yabizezaga ibyiza mu gihe kiri imbere cyangwa guca ukubiri n’ibibi byabaga bibugarije, akabasaba amafaranga kugira ngo abasengere ubundi babone ayo mahirwe.

Bwagarutse ku batangabuhamya bavuga ko batekewe umutwe na Yongwe, buvuga n’amwe mu mazina yabo, ndetse n’undi warindiwe umutekano utarifuje gutangazwa imyoirondoro, wavuze ko yamuhaye 500 000 Frw.

Ubushinjachayaha kandi buvuga ko telefone y’uregwa [Apotre Yongwe] yagiye yoherezwaho amafaranga menshi mu bihe bitandukanye, kandi ko yayohererezwaga n’abo yizezaga ibitangaza ntibabibone.

Ubushinjacyaha buvuga kandi ko uregwa yiyemereye ko ayo mafaranga yayohererejwe ndetse ko n’ibyo bitangaza yabibabwiraga, bityo ko bigize impamvu zikomeye zituma bikekwa ko yakoze ibyaha ashinjwa.

Bwavuze kandi ko aramutse arekuwe yakomeza gukora ibi byaha cyangwa akaba yatoroka ubutabera, bityo ko kuba yakurikiranwa afunze ari bwo buryo bwizewe.

 

Ndi umukozi w’Imana ntakindi cyantunga atari amaturo

Apotre Yongwe ubwo Umucamanza yari amuhaye ijambo ngo agire icyo avuga ku byatangajwe n’Ubushinjacyaha, yavuze ko mu ibazwa rye koko hari ibyo yemeye nko kuba yarahawe amafaranga, ariko ko atabaga yayabatse mu buriganya, ahubwo ko bayamuhaga nk’amaturo ahabwa abakozi b’Imana.

Ati “Njye ndi Umupasiteri kandi wabisigiwe amavuta, nkaba ndi umushumba wimitswe.”

Nk’uko yakunze kubivuga ataratabwa muri yombi, Apotre yavuze ko kuba ari umukozi w’Imana, ntakindi cyamutunga atari amaturo y’abakristu kandi ko ari yo amutunze kuva muri 2013 kuva yaba umukozi w’Imana.

Naho ku byo kwizeza abantu ibitangaza, Yongwe yavuze ko we yahaga abantu icyizere ko “ababuze urubyaro, Imana yarubaha. Nabwiraga abafite uburwayi bwanze gukira ko Imana ishobora kubasubiza.”

Yongwe yavuze ko muri ayo mafaranga yahabwaga n’abantu, atabaga yashyizeho igiciro, ahubwo ko abantu bibwirizaga, bagatura amafaranga ajyanye n’ubushobozi bwabo.

Apotre Yongwe muri iki gitondo mu cyumba cy’Urukiko (Photo/Inyarwanda)

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 2 =

Previous Post

BREAKING: Undi ‘Mayor’ w’Akarere kamwe ko mu Rwanda yegujwe hanavugwa impamvu

Next Post

M23 yagaragaje ko yongeye guha isomo FARDC ryatumye yunguka imbunda zigezweho

Related Posts

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

IZIHERUKA

Easy foods that help your brain stay healthy and active
IMIBEREHO MYIZA

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yagaragaje ko yongeye guha isomo FARDC ryatumye yunguka imbunda zigezweho

M23 yagaragaje ko yongeye guha isomo FARDC ryatumye yunguka imbunda zigezweho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.