Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hari uwishwe anizwe n’umugabo we kubera ifuhe: Hagaragajwe ishusho y’urugomo mu ijoro ry’Ubunani

radiotv10by radiotv10
02/01/2024
in MU RWANDA
0
Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko abantu bane baburiye ubuzima mu bikorwa by’urugomo n’impanuka byabaye mu ijoro ry’Ubunani, bose bo mu Ntara ebyiri, barimo umugore wishwe n’umugabo kubera kumwumva avugana n’undi kuri telefone.

Muri abo bantu bane baburiye ubuzima mu ijoro ry’Ubunani, barimo babiri bazize urugomo bakorewe n’abantu, nk’umugore wo mu Murenge wa Gahara mu Karere ka Kirehe wanizwe n’umugabo we kugeza ashizemo umwuka.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yavuze ko nyakwigendera yanizwe n’umugabo we ubwo yumvaga ari kuvugana n’abandi kuri telefone.

Muri iyi Ntara y’Iburasirazuba, mu Karere ka Rwamagana, nanone hari undi muntu umwe wazize urugomo, wakubiswe inkoni mu mutwe na mugenzi we bariho basangira, arataha ariko ageze mu rugo ahita yitaba Imana.

Ni mu gihe abandi bantu babiri bazize impanuka zabere mu Turere twa Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru, ndetse n’iyabereye mu Karere ka Nyagatare mu Ntara y’Iburasirazuba.

ACP Rutikanga Boniface avuga ko nk’uwazize impanuka mu Karere ka Nyagatare, bamusanze yashizemo umwuka, mu gihe imodoka yamugonze yo yahise icika.

Ati “Abantu basanze yapfuye, ariko imodoka yamugonze ntabwo iramenyekana harimo gukorwa iperereza kuko yahise ikomeza iragenda ariko irimo gushakishwa.”

Naho uwazize iyabereye mu Karere ka Musanze, yo yatewe n’umuntu wari uryamye mu muhanda, aho undi yagiye kumukuramo, imodoka igahita ibagonga bombi, ariko umwe akaba ari we uhasiga ubuzima.

ACP Rutikanga ati “Uwari uryamye mu muhanda yapfuye, uwageragezaga kumukuramo we arakomereka bikomeye ariko umushoferi we nubwo yari yagerageje gutoroka, yaje gufatwa.”

ACP Rutikanga aributsa abantu kwishimira iminsi mikuru, ariko bakirinda gukabya, kuko benshi mu bagaragaweho ibi bikorwa, byatewe n’ubusinzi.

Ati “Iyo ugenzuye impanuka n’urugomo byabaye byaturutse ku businzi n’urugomo. Turasaba ko abantu banezerwa ariko bakirinda ibintu byose bihungabanya umutekano.”

Yavuze kandi ko hari abandi bantu batandatu batawe muri yombi kubera ubujura, barimo bane bafatiwe mu Mujyi wa Kigali bakekwaho kwambura abantu Telefone.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + four =

Previous Post

UK: Hateguwe operasiyo rurangiza yo kurandura ba rushimusi bigize ba rusahuriramunduru

Next Post

Inseko ni yose ku wabaye Miss Rwanda wambitswe impeta n’umusore ukomoka muri Ethiopia

Related Posts

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya mbere ya Guverinoma nshya y’u Rwanda yafatiwemo ibyemezo birimo kwemeza Abadipolomate 10 bahagarariye Ibihugu byabo n’Imiryango Mpuzamahanga....

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

by radiotv10
30/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 48 wari uzwiho ubusinzi, yasanzwe yapfuye mu mukingo wa metero zirindwi mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka...

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko kuba Guverinoma y’u Rwanda yaremeye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro na...

IZIHERUKA

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda
MU RWANDA

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
0

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

30/07/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inseko ni yose ku wabaye Miss Rwanda wambitswe impeta n’umusore ukomoka muri Ethiopia

Inseko ni yose ku wabaye Miss Rwanda wambitswe impeta n’umusore ukomoka muri Ethiopia

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.