Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hari uwishwe anizwe n’umugabo we kubera ifuhe: Hagaragajwe ishusho y’urugomo mu ijoro ry’Ubunani

radiotv10by radiotv10
02/01/2024
in MU RWANDA
0
Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko abantu bane baburiye ubuzima mu bikorwa by’urugomo n’impanuka byabaye mu ijoro ry’Ubunani, bose bo mu Ntara ebyiri, barimo umugore wishwe n’umugabo kubera kumwumva avugana n’undi kuri telefone.

Muri abo bantu bane baburiye ubuzima mu ijoro ry’Ubunani, barimo babiri bazize urugomo bakorewe n’abantu, nk’umugore wo mu Murenge wa Gahara mu Karere ka Kirehe wanizwe n’umugabo we kugeza ashizemo umwuka.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yavuze ko nyakwigendera yanizwe n’umugabo we ubwo yumvaga ari kuvugana n’abandi kuri telefone.

Muri iyi Ntara y’Iburasirazuba, mu Karere ka Rwamagana, nanone hari undi muntu umwe wazize urugomo, wakubiswe inkoni mu mutwe na mugenzi we bariho basangira, arataha ariko ageze mu rugo ahita yitaba Imana.

Ni mu gihe abandi bantu babiri bazize impanuka zabere mu Turere twa Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru, ndetse n’iyabereye mu Karere ka Nyagatare mu Ntara y’Iburasirazuba.

ACP Rutikanga Boniface avuga ko nk’uwazize impanuka mu Karere ka Nyagatare, bamusanze yashizemo umwuka, mu gihe imodoka yamugonze yo yahise icika.

Ati “Abantu basanze yapfuye, ariko imodoka yamugonze ntabwo iramenyekana harimo gukorwa iperereza kuko yahise ikomeza iragenda ariko irimo gushakishwa.”

Naho uwazize iyabereye mu Karere ka Musanze, yo yatewe n’umuntu wari uryamye mu muhanda, aho undi yagiye kumukuramo, imodoka igahita ibagonga bombi, ariko umwe akaba ari we uhasiga ubuzima.

ACP Rutikanga ati “Uwari uryamye mu muhanda yapfuye, uwageragezaga kumukuramo we arakomereka bikomeye ariko umushoferi we nubwo yari yagerageje gutoroka, yaje gufatwa.”

ACP Rutikanga aributsa abantu kwishimira iminsi mikuru, ariko bakirinda gukabya, kuko benshi mu bagaragaweho ibi bikorwa, byatewe n’ubusinzi.

Ati “Iyo ugenzuye impanuka n’urugomo byabaye byaturutse ku businzi n’urugomo. Turasaba ko abantu banezerwa ariko bakirinda ibintu byose bihungabanya umutekano.”

Yavuze kandi ko hari abandi bantu batandatu batawe muri yombi kubera ubujura, barimo bane bafatiwe mu Mujyi wa Kigali bakekwaho kwambura abantu Telefone.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 3 =

Previous Post

UK: Hateguwe operasiyo rurangiza yo kurandura ba rushimusi bigize ba rusahuriramunduru

Next Post

Inseko ni yose ku wabaye Miss Rwanda wambitswe impeta n’umusore ukomoka muri Ethiopia

Related Posts

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Abantu babiri bo mu Ntara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyepfo, bitabye Imana bakubiswe n’inkuba, barimo umwana w’imyaka itandatu, mu gihe hari abandi bahungabanye...

Five things you must know before a job interview

Five things you must know before a job interview

by radiotv10
29/01/2026
0

An interview can feel scary, but good preparation makes it easier. Whether it’s your first interview or not, these five...

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

IZIHERUKA

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho
AMAHANGA

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

29/01/2026
Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

29/01/2026
AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

29/01/2026
Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inseko ni yose ku wabaye Miss Rwanda wambitswe impeta n’umusore ukomoka muri Ethiopia

Inseko ni yose ku wabaye Miss Rwanda wambitswe impeta n’umusore ukomoka muri Ethiopia

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.