Banki Nkuru y’u Rwanda yatangaje amabwiriza ajyanye n’imikoreshereze y’amadovize n’ibihano ku bayakoresha batarabiherewe uburenganzira, birimo kuzajya bacibwa amande ya miliyoni 10 Frw ku bazaba bafatiwe bwa mbere mu gushyiraho ibiciro muri aya mafaranga y’amanyamahanga.
Aya mabwiriza n’ibihano byatangajwe na Banki Nkuru y’u Rwanda kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Kamena 2025, aho aya mabwiriza ahindura ayari asanzweho yashyizweho muri 2022. Aya mabwiriza yasohotse mu igazeti ya Leta idasanzwe yo ku ya 30 Gicurasi 2025.
Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko “Usibye kwishyuza ibicuruzwa cyangwa serivisi byoherejwe cyangwa byatumijwe hanze y’u Rwanda, cyangwa ibikorwa by’ubucuruzi bikorwa n’amahoteli, Kazino (casinos), ibigo by’ubukerarugendo, amaduka adasora (duty-free), n’amashuri mpuzamahanga mu gihe yishyurana n’abadatuye mu Gihugu, umuntu ku giti cye cyangwa ikigo bashyiraho ibiciro ku bicuruzwa cyangwa serivisi, cyangwa bakora ibikorwa by’ubucuruzi mu madovize (amafaranga y’amahanga), nta burenganzira babiherewe na BNR baba bakoze ikosa ryo mu rwego rw’ubutegetsi riteganyirijwe ibihano…”
Ubuyobozi bwa Banki Nkuru y’u Rwanda bwagaragaje ibihano by’amafaranga, aho nko ku bazajya bafatirwa mu ikosa ryo gushyira ibiciro mu madovize, uzajya abifatirwamo ku nshuro ya mbere azajya acibwa miliyoni 5 Frw, mu gihe ufashwe bwa kabiri akazajya acibwa miliyoni 10 Frw.
Naho abakora ibikorwa by’ubucuruzi mu madovize, bazajya bacibwa 50% by’ayakoreshejwe muri icyo gikorwa igihe afashwe bwa mbere, n’100% by’ayakoreshejwe muri icyo gikorwa, igihe afashwe bwa kabiri n’izindi nshuro zikurikiraho.
Nanone kandi BNR yagaragaje ko abazajya bategura cyangwa bakagira uruhare mu cyamunara igakorwa mu madovize, nabo bazajya bahanwa, aho bazajya bacibwa amafaranga anagana na 50% by’ayakoreshejwe mu cyamunara.
Banki Nkuru y’u Rwanda yaboneyeho gutanga ubutumwa igira iti “BNR iributsa kandi abantu bose n’ibigo bitandukanye kwirinda kujya muri ibi bikorwa nta burenganzira babifitiye.”
BNR ivuga ko ibi byakozwe mu rwego rwo gukomeza kuzuza inshingano zayo yo kurinda agaciro kifaranga ry’u Rwanda, ikizeza ko ku bufatanye n’inzego z’umutekano, izakomeza kurwanya ibi bikorwa.
RADIOTV10