Friday, November 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Harumvikana ibisa nko guterana amagambo hagati y’ababyeyi n’abakobwa babo bashinja ingeso batabifuzaho

radiotv10by radiotv10
21/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Harumvikana ibisa nko guterana amagambo hagati y’ababyeyi n’abakobwa babo bashinja ingeso batabifuzaho
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babyeyi bo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, banegura imyambarire y’urubyiruko rw’abakobwa, bavuga ko bambara impenure, ariko bo bakavuga ko ababyeyi ari bo bateshutse ku nshingano za kibyeyi, ngo kuko iyo myenda banegura baba batanayibaguriye.

Abo babyeyi bo mu Kagari ka Muhira, Umurenge wa Rugerero bavuga ko imyambarira y’abakobwa babo iteye inkeke ndetse ku iri ku isonga mu byongera uburaya muri aka gace k’icyaro.

Mukarubuga Honorata ati “Urabwira umwana wawe w’umukobwa uti ‘iyo jipo sinyishaka’ ati ‘vuga uvuye aho’ ngo bari kurobesha ngo mbese umuhungu atarebye izo ntege yamukunda gute?”

Aba baturage bavuga ko iyi myambarire iza no ku isonga, mu gutera izindi ngeso mbi zikomeje kuzamuka mu rubyiruko, zirimo ubusambanyi.

Undi ati “Urubyiruko rw’abakobwa rwifashe nabi cyane kuko bari kwambara pasura igeze aha ngaha, utumini ku buryo wamubwira ngo unama utore nk’igiceri kiguye akagutera umwaku. Ni byo biri gukurura uburaya cyane.”

Bamwe mu rubyiruko rw’abakobwa ruvuga ko ibi byitwa ingeso mbi ari iterambere, ahubwo ko ababyeyi batarasobanukirwa ibigezweho.

Uwitwa Aline avuga kandi ko ikindi ari ukuba ababyeyi barateshutse ku nshingano zabo. Ayi “Hari ukuntu abakobwa bamwe bananirana, ariko nyine n’ababyeyi bamwe barabangama ntabwo baba baramenya aho ibintu bigeze, uriyambarira aka bikini ngo wambaye ubusa! None waba uhagararanye n’umuhungu bakabigaya kandi batakuguriye ibyo bashaka ko wambara.”

Umumyamabanga Nshingwabikorwa w’umusigire w’Umurenge wa Rugerero, Bizimana Faustin avuga nubwo iki kibazo kitazwi n’ubuyobozi, ariko bugiye gukaza inyigisho zikangurira umuryango imyitwarire myiza.

Ati “Ntituri ahantu hari sivilize cyane, uwabikora yaba ari ingeso yifitiye ku giti cye, naho ubundi ni ugukomeza kuganira mu nama n’ubukangurambaga butandukanye bwo kwirinda ibyo bintu kuko ingaruka ari mbi cyane.”

Ababyeyi kandi bavuga ko iyi myitwarire y’urubyiruko rw’abakobwa iri ku isonga mu bizamura imibare y’abaterwa inda z’imburagihe. Imibare ya Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango yo muri 2022, igaragaza ko mu gihugu hose abakobwa ibihumbi 23 batewe inda imburagihe bari munsi y’imyaka 18, naho kuva muri Nyakanga kugera mu kwezi k’Ukuboza 2022, abakobwa ibihumbi 13 bari munsi y’imyaka 19 mu Rwanda hose nabo batewe inda.

Imyambarire ya bamwe mu bakobwa muri aka gace iranengwa
Ababyeyi bavuga ko ibi bidakwiye

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − two =

Previous Post

Hasobanuwe impamvu muri Kigali hagaruwe amabwiriza nk’ay’igihe Isi yari yugarijwe n’icyorezo

Next Post

Rayon Sports WFC bikomeje kwanga mu mikino ihagarariyemo u Rwanda

Related Posts

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye, yifashishije ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamuhamagaye kuri telefone saa cyenda z’ijoro, yavuze...

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

by radiotv10
07/11/2025
0

Abafite ibikorwa by’ubucuruzi mu Murenge wa Kibungo bakorera mu nzu z’Akarere kabo ka Ngoma, bavuga ko zisa nabi, ku buryo...

Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari gaherereye mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, birakekwa ko yaba yajugunywemo n’abamwishe....

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

by radiotv10
07/11/2025
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abayobozi mu nzego nkuru muri Leta Zunze Ubumwe za America,...

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Eng.-President Kagame and First Lady host Senior U.S Officials including Senior Advisor to the White House

by radiotv10
07/11/2025
0

President Paul Kagame and First Lady Jeannette Kagame hosted senior officials from the United States of America, including Paula White-Cain,...

IZIHERUKA

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank
IMYIDAGADURO

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

07/11/2025
AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

07/11/2025
Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rayon Sports WFC bikomeje kwanga mu mikino ihagarariyemo u Rwanda

Rayon Sports WFC bikomeje kwanga mu mikino ihagarariyemo u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.