Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Harumvikana ibisa nko guterana amagambo hagati y’ababyeyi n’abakobwa babo bashinja ingeso batabifuzaho

radiotv10by radiotv10
21/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Harumvikana ibisa nko guterana amagambo hagati y’ababyeyi n’abakobwa babo bashinja ingeso batabifuzaho
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babyeyi bo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, banegura imyambarire y’urubyiruko rw’abakobwa, bavuga ko bambara impenure, ariko bo bakavuga ko ababyeyi ari bo bateshutse ku nshingano za kibyeyi, ngo kuko iyo myenda banegura baba batanayibaguriye.

Abo babyeyi bo mu Kagari ka Muhira, Umurenge wa Rugerero bavuga ko imyambarira y’abakobwa babo iteye inkeke ndetse ku iri ku isonga mu byongera uburaya muri aka gace k’icyaro.

Mukarubuga Honorata ati “Urabwira umwana wawe w’umukobwa uti ‘iyo jipo sinyishaka’ ati ‘vuga uvuye aho’ ngo bari kurobesha ngo mbese umuhungu atarebye izo ntege yamukunda gute?”

Aba baturage bavuga ko iyi myambarire iza no ku isonga, mu gutera izindi ngeso mbi zikomeje kuzamuka mu rubyiruko, zirimo ubusambanyi.

Undi ati “Urubyiruko rw’abakobwa rwifashe nabi cyane kuko bari kwambara pasura igeze aha ngaha, utumini ku buryo wamubwira ngo unama utore nk’igiceri kiguye akagutera umwaku. Ni byo biri gukurura uburaya cyane.”

Bamwe mu rubyiruko rw’abakobwa ruvuga ko ibi byitwa ingeso mbi ari iterambere, ahubwo ko ababyeyi batarasobanukirwa ibigezweho.

Uwitwa Aline avuga kandi ko ikindi ari ukuba ababyeyi barateshutse ku nshingano zabo. Ayi “Hari ukuntu abakobwa bamwe bananirana, ariko nyine n’ababyeyi bamwe barabangama ntabwo baba baramenya aho ibintu bigeze, uriyambarira aka bikini ngo wambaye ubusa! None waba uhagararanye n’umuhungu bakabigaya kandi batakuguriye ibyo bashaka ko wambara.”

Umumyamabanga Nshingwabikorwa w’umusigire w’Umurenge wa Rugerero, Bizimana Faustin avuga nubwo iki kibazo kitazwi n’ubuyobozi, ariko bugiye gukaza inyigisho zikangurira umuryango imyitwarire myiza.

Ati “Ntituri ahantu hari sivilize cyane, uwabikora yaba ari ingeso yifitiye ku giti cye, naho ubundi ni ugukomeza kuganira mu nama n’ubukangurambaga butandukanye bwo kwirinda ibyo bintu kuko ingaruka ari mbi cyane.”

Ababyeyi kandi bavuga ko iyi myitwarire y’urubyiruko rw’abakobwa iri ku isonga mu bizamura imibare y’abaterwa inda z’imburagihe. Imibare ya Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango yo muri 2022, igaragaza ko mu gihugu hose abakobwa ibihumbi 23 batewe inda imburagihe bari munsi y’imyaka 18, naho kuva muri Nyakanga kugera mu kwezi k’Ukuboza 2022, abakobwa ibihumbi 13 bari munsi y’imyaka 19 mu Rwanda hose nabo batewe inda.

Imyambarire ya bamwe mu bakobwa muri aka gace iranengwa
Ababyeyi bavuga ko ibi bidakwiye

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

Hasobanuwe impamvu muri Kigali hagaruwe amabwiriza nk’ay’igihe Isi yari yugarijwe n’icyorezo

Next Post

Rayon Sports WFC bikomeje kwanga mu mikino ihagarariyemo u Rwanda

Related Posts

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

IZIHERUKA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)
MU RWANDA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rayon Sports WFC bikomeje kwanga mu mikino ihagarariyemo u Rwanda

Rayon Sports WFC bikomeje kwanga mu mikino ihagarariyemo u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.