Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Harumvikana ibisa nko guterana amagambo hagati y’ababyeyi n’abakobwa babo bashinja ingeso batabifuzaho

radiotv10by radiotv10
21/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Harumvikana ibisa nko guterana amagambo hagati y’ababyeyi n’abakobwa babo bashinja ingeso batabifuzaho
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babyeyi bo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, banegura imyambarire y’urubyiruko rw’abakobwa, bavuga ko bambara impenure, ariko bo bakavuga ko ababyeyi ari bo bateshutse ku nshingano za kibyeyi, ngo kuko iyo myenda banegura baba batanayibaguriye.

Abo babyeyi bo mu Kagari ka Muhira, Umurenge wa Rugerero bavuga ko imyambarira y’abakobwa babo iteye inkeke ndetse ku iri ku isonga mu byongera uburaya muri aka gace k’icyaro.

Mukarubuga Honorata ati “Urabwira umwana wawe w’umukobwa uti ‘iyo jipo sinyishaka’ ati ‘vuga uvuye aho’ ngo bari kurobesha ngo mbese umuhungu atarebye izo ntege yamukunda gute?”

Aba baturage bavuga ko iyi myambarire iza no ku isonga, mu gutera izindi ngeso mbi zikomeje kuzamuka mu rubyiruko, zirimo ubusambanyi.

Undi ati “Urubyiruko rw’abakobwa rwifashe nabi cyane kuko bari kwambara pasura igeze aha ngaha, utumini ku buryo wamubwira ngo unama utore nk’igiceri kiguye akagutera umwaku. Ni byo biri gukurura uburaya cyane.”

Bamwe mu rubyiruko rw’abakobwa ruvuga ko ibi byitwa ingeso mbi ari iterambere, ahubwo ko ababyeyi batarasobanukirwa ibigezweho.

Uwitwa Aline avuga kandi ko ikindi ari ukuba ababyeyi barateshutse ku nshingano zabo. Ayi “Hari ukuntu abakobwa bamwe bananirana, ariko nyine n’ababyeyi bamwe barabangama ntabwo baba baramenya aho ibintu bigeze, uriyambarira aka bikini ngo wambaye ubusa! None waba uhagararanye n’umuhungu bakabigaya kandi batakuguriye ibyo bashaka ko wambara.”

Umumyamabanga Nshingwabikorwa w’umusigire w’Umurenge wa Rugerero, Bizimana Faustin avuga nubwo iki kibazo kitazwi n’ubuyobozi, ariko bugiye gukaza inyigisho zikangurira umuryango imyitwarire myiza.

Ati “Ntituri ahantu hari sivilize cyane, uwabikora yaba ari ingeso yifitiye ku giti cye, naho ubundi ni ugukomeza kuganira mu nama n’ubukangurambaga butandukanye bwo kwirinda ibyo bintu kuko ingaruka ari mbi cyane.”

Ababyeyi kandi bavuga ko iyi myitwarire y’urubyiruko rw’abakobwa iri ku isonga mu bizamura imibare y’abaterwa inda z’imburagihe. Imibare ya Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango yo muri 2022, igaragaza ko mu gihugu hose abakobwa ibihumbi 23 batewe inda imburagihe bari munsi y’imyaka 18, naho kuva muri Nyakanga kugera mu kwezi k’Ukuboza 2022, abakobwa ibihumbi 13 bari munsi y’imyaka 19 mu Rwanda hose nabo batewe inda.

Imyambarire ya bamwe mu bakobwa muri aka gace iranengwa
Ababyeyi bavuga ko ibi bidakwiye

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − nine =

Previous Post

Hasobanuwe impamvu muri Kigali hagaruwe amabwiriza nk’ay’igihe Isi yari yugarijwe n’icyorezo

Next Post

Rayon Sports WFC bikomeje kwanga mu mikino ihagarariyemo u Rwanda

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rayon Sports WFC bikomeje kwanga mu mikino ihagarariyemo u Rwanda

Rayon Sports WFC bikomeje kwanga mu mikino ihagarariyemo u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.