Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Harumvikana kudahuza hagati y’ubuyobozi n’abaturage bavuga ko bamaranye imyaka ibiri ikibazo

radiotv10by radiotv10
16/12/2024
in MU RWANDA
0
Harumvikana kudahuza hagati y’ubuyobozi n’abaturage bavuga ko bamaranye imyaka ibiri ikibazo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bakoze imirimo itandukanye mu Rwunge rw’Amashuri rwa Bwana mu Murenge wa Manyiginya mu Karere ka Rwamaga, bavuga ko bamaze imyaka ibiri basiragira ku mafaranga bakoreye, mu gihe ubuyobozi buvuga ko iki kibazo ari gishya mu matwi yabwo.

Mudaheranwa Theoneste wakoze imirimo yo kubaka muri iri shuri cya GS Bwana, avuga ko we na bagenzi be bakozemo amakenzeni atatu, ariko bataha nta faranga bahawe.

Yagize ati “Nta faranga na rimwe kuva twamara gukora finisaje bigeze baduha na rimwe. Amezi atatu yose turaburana turakutuza.”

Uwitwa Ingabire Denise uvuga ko umugabo we Niyonteze Jean Damscene yakoraga akazi ko kurara izamu muri iri shuri, avuga ko biyambaje inzego z’ubuyobozi ngo zikemure iki kibazo, ariko kugeza ubu imyaka ibiri irihiritse.

Ati “Yararaga izamu (umugabo we) ariko amafaranga ntabwo bigeze bayamwishyura yararekeye. Yageraga nko mu bihumbi Ijana (100 000 Frw).”

Umunyamabanaga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Manyiginya, Mukantamabara Brigitte yabwiye RADIOTV10 ko iki kibazo ari gishya mu matwi ye.

Ati “Ni bwo ncyumvise, kuko ntawigeze akitubwira nk’Umurenge. Twakurikirana tukamenya niba gihari.”

Cyakora uyu muyobozi avuga ko akiri mushya muri izi nshingano, ariko ko igihe amaze, yakagombye kuba yaramenye iki kibazo kikaba cyaratangiye gushakirwa umuti.

Ati “Urumva ni na mbere ntabwo ari njye wahakoreraga kandi kibaye cyari gihari kizwi bakabaye barakimbwiye nkakimenya. Ngiye gukurikirana.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab yavuze ko abubatse amashuri n’abayubakishije, bose bishyuwe, ariko ko habaye hari abatarishyuwe bagana Umurenge cyangwa Akarere bakabafasha kumenya impamvu.

Yagize ati “Twubatse dufite ingengo y’imari ihagije kuko amashuri ya mbere yari aya Banki y’Isi, andi yari ku ngengo y’imari ya Guverinoma y’u Rwanda, bose twarabishyuye, ariko haramutse hari ugihari ubwo akenshi yaba yarambuwe na rwiyemezamirimo kuko hari ba rwiyemezamirimo twahaga akazi akaba yabwira umuntu ati ‘nkorera ibi n’ibi’ ariko twe nta rwiyemezamirimo twambuye n’umwe.”

Aya mashuri yo ku Rwunge rw’Amashuri RWA Bwana, yubatswe ari aya Guverinoma mu mwaka w’ingengo y’Imari wa 2022-2023 mu rwego rwo kugabanya Ubucucike no koroshya ingendo ndende zakorwaga na bamwe mu banyeshuri.

Barimo abakozi imirimo yo kubaka ibyumba by’amashuri
Ngo imyaka ibaye ibiri

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 9 =

Previous Post

Hatanzwe umucyo ku cyatumye hasubikwa ibiganiro byari guhuza Perezida Kagame na Tshisekedi

Next Post

Ibirambuye ku ngingo yafashe amasaha icyenda yahagaritse bitunguranye inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Related Posts

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Mental exhaustion doesn’t always look like a breakdown or tears. Most of the time, it shows up quietly in ways...

IZIHERUKA

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda
MU RWANDA

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibirambuye ku ngingo yafashe amasaha icyenda yahagaritse bitunguranye inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Ibirambuye ku ngingo yafashe amasaha icyenda yahagaritse bitunguranye inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.