Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Harumvikana kudahuza hagati y’ubuyobozi n’abaturage bavuga ko bamaranye imyaka ibiri ikibazo

radiotv10by radiotv10
16/12/2024
in MU RWANDA
0
Harumvikana kudahuza hagati y’ubuyobozi n’abaturage bavuga ko bamaranye imyaka ibiri ikibazo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bakoze imirimo itandukanye mu Rwunge rw’Amashuri rwa Bwana mu Murenge wa Manyiginya mu Karere ka Rwamaga, bavuga ko bamaze imyaka ibiri basiragira ku mafaranga bakoreye, mu gihe ubuyobozi buvuga ko iki kibazo ari gishya mu matwi yabwo.

Mudaheranwa Theoneste wakoze imirimo yo kubaka muri iri shuri cya GS Bwana, avuga ko we na bagenzi be bakozemo amakenzeni atatu, ariko bataha nta faranga bahawe.

Yagize ati “Nta faranga na rimwe kuva twamara gukora finisaje bigeze baduha na rimwe. Amezi atatu yose turaburana turakutuza.”

Uwitwa Ingabire Denise uvuga ko umugabo we Niyonteze Jean Damscene yakoraga akazi ko kurara izamu muri iri shuri, avuga ko biyambaje inzego z’ubuyobozi ngo zikemure iki kibazo, ariko kugeza ubu imyaka ibiri irihiritse.

Ati “Yararaga izamu (umugabo we) ariko amafaranga ntabwo bigeze bayamwishyura yararekeye. Yageraga nko mu bihumbi Ijana (100 000 Frw).”

Umunyamabanaga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Manyiginya, Mukantamabara Brigitte yabwiye RADIOTV10 ko iki kibazo ari gishya mu matwi ye.

Ati “Ni bwo ncyumvise, kuko ntawigeze akitubwira nk’Umurenge. Twakurikirana tukamenya niba gihari.”

Cyakora uyu muyobozi avuga ko akiri mushya muri izi nshingano, ariko ko igihe amaze, yakagombye kuba yaramenye iki kibazo kikaba cyaratangiye gushakirwa umuti.

Ati “Urumva ni na mbere ntabwo ari njye wahakoreraga kandi kibaye cyari gihari kizwi bakabaye barakimbwiye nkakimenya. Ngiye gukurikirana.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab yavuze ko abubatse amashuri n’abayubakishije, bose bishyuwe, ariko ko habaye hari abatarishyuwe bagana Umurenge cyangwa Akarere bakabafasha kumenya impamvu.

Yagize ati “Twubatse dufite ingengo y’imari ihagije kuko amashuri ya mbere yari aya Banki y’Isi, andi yari ku ngengo y’imari ya Guverinoma y’u Rwanda, bose twarabishyuye, ariko haramutse hari ugihari ubwo akenshi yaba yarambuwe na rwiyemezamirimo kuko hari ba rwiyemezamirimo twahaga akazi akaba yabwira umuntu ati ‘nkorera ibi n’ibi’ ariko twe nta rwiyemezamirimo twambuye n’umwe.”

Aya mashuri yo ku Rwunge rw’Amashuri RWA Bwana, yubatswe ari aya Guverinoma mu mwaka w’ingengo y’Imari wa 2022-2023 mu rwego rwo kugabanya Ubucucike no koroshya ingendo ndende zakorwaga na bamwe mu banyeshuri.

Barimo abakozi imirimo yo kubaka ibyumba by’amashuri
Ngo imyaka ibaye ibiri

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 2 =

Previous Post

Hatanzwe umucyo ku cyatumye hasubikwa ibiganiro byari guhuza Perezida Kagame na Tshisekedi

Next Post

Ibirambuye ku ngingo yafashe amasaha icyenda yahagaritse bitunguranye inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibirambuye ku ngingo yafashe amasaha icyenda yahagaritse bitunguranye inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Ibirambuye ku ngingo yafashe amasaha icyenda yahagaritse bitunguranye inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.