Monday, May 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Hashyinzwe hanze ukuri ku byavugishije benshi byagaragaye kuri The Ben n’umukobwa w’ikimero

radiotv10by radiotv10
21/08/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Hashyinzwe hanze ukuri ku byavugishije benshi byagaragaye kuri The Ben n’umukobwa w’ikimero
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa wagaragaye mu mashusho ari kwifotozanya n’umuhanzi The Ben, bigakurikirwa n’impaka nyinshi kubera ibyagaragaye kuri uyu muhanzi n’umufana we, yatanze umucyo ku byatumye aya mashusho agarukwaho cyane.

Ni amashusho yagiye hanze mu mpera z’icyumweru gishize yafashwe ubwo umuhanzi The Ben yakoreraga igitaramo mu mujyi wa Musanze, ari na ho yahuriye n’uyu mukobwa witwa Emelyne.

Ayo mashusho agaragaza The Ben n’uyu mukobwa bari kwifotozanya, ariko uyu muhanzi asa nk’umukorakora ku myambaro yari yambaye, aho bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, bagiye babinenga, ndetse bamwe bakavuga ko uyu muhanzi yari ari gukabakaba umwambaro w’imbere w’uyu mukobwa.

Uyu mukobwa witwa Emelyne na we usanzwe azwi mu ruganda rw’imyidagaduro aho afite ikiganiro atambutsa ku rubuga nkoranyambaga rwa YouTube ndetse akaba ari n’umukinnyi wa filimi, yatanze umucyo kuri ibi byatumye abantu bavuga byinshi kuri aya mashusho.

Mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel yitwa Isimbi TV, Emelyne yavuze ko asanzwe ari umufana ukomeye wa The Ben kandi ko akunze kujya ahantu henshi yagiye gukorera ibitaramo.

Ati “Nta nubwo ari i Musanze honyine twagiye, n’i Burundi twari turiyo, Uganda twari turiyo, n’i Musanze twari turiyo, ndamufana, ni we muhanzi wo mu Rwanda nkunda kurusha abandi bose.”

Emelyne asaba abantu kutibaza byinshi ku byo babonye muri ariya mashusho, kuko asanzwe ari inshuti ikomeye ya The Ben ndetse ko ubucuti bwabo bwageze ku rwego rw’ubuvandimwe, ku buryo asigaye amufata nka musaza we.

Avuga ko ubwo hafatwaga ariya mashusho, yari agiye kwifotozanya na The Ben kimwe n’abandi bafana bose, yabisanzuyeho nk’uko bisanzwe.

Ati “Mu gihe twari turi kwitegura tugiye kwifotoza, aramfata ankozeho ahita yumva ikintu kibyimbye, ahita ambwira ati ‘utambwira ko wambaye bya bintu by’abapfumu?’ nyine nari nambaye ishanga [akantu abakobwa bakenyera mu nda] akozeho yumva ikintu kibyimbye, noneho abantu bari kuvuga ngo nahise mureba nabi, ibiki n’ibiki…nahise mubwira nti ‘ba uretse gato babanze badufotore.”

Emelyne avuga ko abantu badakwiye kubyitiranya ngo bavuge ko The Ben yakururaga umwenda w’imbere we, ahubwo ko ari ako kantu yari yambaye mu nda yakoragaho kuko yari kukibazaho, kandi ko yabikoze kuko basanzwe bamenyeranye.

Ifoto ya The Ben na Emelyne yavugishihe benshi
Emelyne yabitanzeho umucyo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 4 =

Previous Post

Congo n’u Rwanda bagarutse ku meza y’ibiganiro ku nshuro ya gatatu mu kwezi kumwe

Next Post

Abijanditse mu butekamutwe bwijujutirwa na benshi mu Rwanda akabo kashobotse

Related Posts

Umuryango w’ikirangirire Rihanna washyize hanze inkuru y’ibyishimo witegura yatunguye benshi

Umuryango w’ikirangirire Rihanna washyize hanze inkuru y’ibyishimo witegura yatunguye benshi

by radiotv10
06/05/2025
0

Umuhanzikazi w’ikirangirire, Robyn Rihanna Fenty wamamaye nka Rihanna, we n’umugabo we A$AP Rocky baritegura kwibaruka umwana wa gatatu, uje agwa...

Umuhangamideri Moses Turahirwa kuva yakongera gutabwa muri yombi yongeye kugaragara

Umuhangamideri Moses Turahirwa kuva yakongera gutabwa muri yombi yongeye kugaragara

by radiotv10
06/05/2025
0

Turahirwa Moses uzwi mu ruganda rwo guhanga imideri wanashinze inzu ya Moshions, akaba aherutse kongera gutabwa muri yombi ku nshuro...

Seven tips for a happy marriage

Seven tips for a happy marriage

by radiotv10
05/05/2025
0

There are so many ways one could sustain a relationship with their partner to build a happy marriage and a...

Umuhanzikazi w’Indirimbo z’Imana Vestine yahamije ko we n’umugabo we bamaze kuba umwe

Amagambo aryohereye Umuhanzikazi Vestine yakoresheje ataka umugabo we yanagaragaje itariki y’ubukwe bwabo

by radiotv10
05/05/2025
0

Umuhanzikazi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ishimwe Vestine, yashyize hanze itariki y’ubukwe bwe n’umukunzi we w'Umunya-Burkina Faso Ouedraogo, yongera...

Umuhanzikazi w’Indirimbo z’Imana Vestine yahamije ko we n’umugabo we bamaze kuba umwe

Umuhanzikazi w’Indirimbo z’Imana Vestine yahamije ko we n’umugabo we bamaze kuba umwe

by radiotv10
02/05/2025
0

Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ishimwe Vestine uhuriye mu itsinda rimwe n’umuvandimwe Dorcas, yamaze kongera izina ry’umugabo we...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abijanditse mu butekamutwe bwijujutirwa na benshi mu Rwanda akabo kashobotse

Abijanditse mu butekamutwe bwijujutirwa na benshi mu Rwanda akabo kashobotse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.