Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Hashyinzwe hanze ukuri ku byavugishije benshi byagaragaye kuri The Ben n’umukobwa w’ikimero

radiotv10by radiotv10
21/08/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Hashyinzwe hanze ukuri ku byavugishije benshi byagaragaye kuri The Ben n’umukobwa w’ikimero
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa wagaragaye mu mashusho ari kwifotozanya n’umuhanzi The Ben, bigakurikirwa n’impaka nyinshi kubera ibyagaragaye kuri uyu muhanzi n’umufana we, yatanze umucyo ku byatumye aya mashusho agarukwaho cyane.

Ni amashusho yagiye hanze mu mpera z’icyumweru gishize yafashwe ubwo umuhanzi The Ben yakoreraga igitaramo mu mujyi wa Musanze, ari na ho yahuriye n’uyu mukobwa witwa Emelyne.

Ayo mashusho agaragaza The Ben n’uyu mukobwa bari kwifotozanya, ariko uyu muhanzi asa nk’umukorakora ku myambaro yari yambaye, aho bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, bagiye babinenga, ndetse bamwe bakavuga ko uyu muhanzi yari ari gukabakaba umwambaro w’imbere w’uyu mukobwa.

Uyu mukobwa witwa Emelyne na we usanzwe azwi mu ruganda rw’imyidagaduro aho afite ikiganiro atambutsa ku rubuga nkoranyambaga rwa YouTube ndetse akaba ari n’umukinnyi wa filimi, yatanze umucyo kuri ibi byatumye abantu bavuga byinshi kuri aya mashusho.

Mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel yitwa Isimbi TV, Emelyne yavuze ko asanzwe ari umufana ukomeye wa The Ben kandi ko akunze kujya ahantu henshi yagiye gukorera ibitaramo.

Ati “Nta nubwo ari i Musanze honyine twagiye, n’i Burundi twari turiyo, Uganda twari turiyo, n’i Musanze twari turiyo, ndamufana, ni we muhanzi wo mu Rwanda nkunda kurusha abandi bose.”

Emelyne asaba abantu kutibaza byinshi ku byo babonye muri ariya mashusho, kuko asanzwe ari inshuti ikomeye ya The Ben ndetse ko ubucuti bwabo bwageze ku rwego rw’ubuvandimwe, ku buryo asigaye amufata nka musaza we.

Avuga ko ubwo hafatwaga ariya mashusho, yari agiye kwifotozanya na The Ben kimwe n’abandi bafana bose, yabisanzuyeho nk’uko bisanzwe.

Ati “Mu gihe twari turi kwitegura tugiye kwifotoza, aramfata ankozeho ahita yumva ikintu kibyimbye, ahita ambwira ati ‘utambwira ko wambaye bya bintu by’abapfumu?’ nyine nari nambaye ishanga [akantu abakobwa bakenyera mu nda] akozeho yumva ikintu kibyimbye, noneho abantu bari kuvuga ngo nahise mureba nabi, ibiki n’ibiki…nahise mubwira nti ‘ba uretse gato babanze badufotore.”

Emelyne avuga ko abantu badakwiye kubyitiranya ngo bavuge ko The Ben yakururaga umwenda w’imbere we, ahubwo ko ari ako kantu yari yambaye mu nda yakoragaho kuko yari kukibazaho, kandi ko yabikoze kuko basanzwe bamenyeranye.

Ifoto ya The Ben na Emelyne yavugishihe benshi
Emelyne yabitanzeho umucyo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + six =

Previous Post

Congo n’u Rwanda bagarutse ku meza y’ibiganiro ku nshuro ya gatatu mu kwezi kumwe

Next Post

Abijanditse mu butekamutwe bwijujutirwa na benshi mu Rwanda akabo kashobotse

Related Posts

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yagaragaje ko umwaka ushize wa 2025 yawuhuriyemo na byinshi bimukomeretsa umutima, anahishura ko atangiye...

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru Fiona Mbabazi umaze imyaka ane asezeye igitangazamakuru yakoreraga, agiye kumvikana ku yindi radio yo mu Rwanda, imaze iminsi iri...

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamideli Isimbi Model yasangije abantu ku mbuga nkoranyambaga amafoto agaragaza yenda kwibaruka imfura ye n’umugabo we w’Umunya-Israel Shaul Hatzir bamaze...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

by radiotv10
02/01/2026
0

Amateka yiyanditse mu myidagaruro yo mu Rwanda, nyuma yuko ibyifujwe na benshi bikanazamura impaka, bibaye. Nta bindi ni igitaramo cyahuriyemo...

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

by radiotv10
31/12/2025
0

Nzayisenga Modeste uzwi nk'Umupfumu Rutangarwamaboko, yahanuye umubyeyi w’umwana umwe, Uwicyeza Pamella akaba umugore w’umuhanzi The Ben wagaragaye yambaye umwenda ugaragaza...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IBYAMAMARE

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abijanditse mu butekamutwe bwijujutirwa na benshi mu Rwanda akabo kashobotse

Abijanditse mu butekamutwe bwijujutirwa na benshi mu Rwanda akabo kashobotse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.