Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hashyizwe hanze umubare w’abasirikare b’u Burundi bapfiriye muri Congo mu mezi abiri gusa

radiotv10by radiotv10
09/12/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Hashyizwe hanze umubare w’abasirikare b’u Burundi bapfiriye muri Congo mu mezi abiri gusa
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa RED Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi ufite ibirindiro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, watangaje ko mu mezi abiri gusa wivuganye abasirikare b’u Burundi 35, barimo 20 bapfiriye umunsi umwe.

Raporo y’Umuryango w’Abibumbye yashyizwe hanze tariki 29 z’ukwezi gushize k’Ugushyingo 2024, igaragaza ko ibikorwa by’igisirikare cy’u Burundi muri ri Kivuga y’Epfo, bikomeje guteza igihombo iki gisirikare.

Ni ibikorwa byatangijwe n’igisirikare cy’u Burundi, byo guhashya uyu mutwe wa RED Tabara urwanya iki Gihugu ariko ufite ibirindiro mu mashyamba yo muri DRC.

Hagati ya tariki 25 Nzeri na 26 Ukwakira, abasirikare b’u Burundi 35 bari bamaze kuburira ubuzima muri iyi mirwano ibahanganishije n’umutwe wa RED Tabara, mu gihe abayikomerekeyemo bagera kuri 15 barimo umuyobozi wungirije w’ingabo ziri muri ibi bikorwa muri Congo.

Umutwe wa RED Tabara, wemeje ko wivuganye abasirikare b’u burundi 20 mu mirwano yabaye tariki 25 Nzeri 2024. Indi mirwano yabaye tariki 26 Ukwakira, yasize abandi basirikare 15 bahaburiye ubuzima, abandi 15 barakomereka.

Ibi bikorwa bya FDNB muri Kivu y’Epfo, biri gukorwa mu bufatanye busanzwe hagati y’Igisirikare n’icya Congo, nk’uko bikubiye mu masezerano yashyizweho umukono n’ibi Bihugu byombi (u Burundi na DRC) tariki 28 Kanama 2023.

Hari abavuga ko kuba ingabo za MONUSCO zava muri aka gace ka Kivu y’Epfo, byatumye imirwano mu bice bimwe byaho nko mu misozi miremire ya Uvira na Minembwe, ikaza umurego.

Nanone kandi muri ibi bice byo muri Kivu y’Epfo, imitwe yitwaje intwaro, yakajije ibikorwa bihungabanya umutekano, aho imwe muri yo inarwana hagati yayo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × three =

Previous Post

Hatangajwe amakuru kuri dosiye ya ‘Animateur’ ukekwaho gusambanyiriza umwana ku ishuri

Next Post

Uko byifashe muri Syria nyuma y’ihirikwa rya Perezida akanahunga n’icyihutiwe gukorwa

Related Posts

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

IZIHERUKA

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri
IBYAMAMARE

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko byifashe muri Syria nyuma y’ihirikwa rya Perezida akanahunga n’icyihutiwe gukorwa

Uko byifashe muri Syria nyuma y’ihirikwa rya Perezida akanahunga n'icyihutiwe gukorwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.