Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hashyizwe hanze umubare w’abasirikare b’u Burundi bapfiriye muri Congo mu mezi abiri gusa

radiotv10by radiotv10
09/12/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Hashyizwe hanze umubare w’abasirikare b’u Burundi bapfiriye muri Congo mu mezi abiri gusa
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa RED Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi ufite ibirindiro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, watangaje ko mu mezi abiri gusa wivuganye abasirikare b’u Burundi 35, barimo 20 bapfiriye umunsi umwe.

Raporo y’Umuryango w’Abibumbye yashyizwe hanze tariki 29 z’ukwezi gushize k’Ugushyingo 2024, igaragaza ko ibikorwa by’igisirikare cy’u Burundi muri ri Kivuga y’Epfo, bikomeje guteza igihombo iki gisirikare.

Ni ibikorwa byatangijwe n’igisirikare cy’u Burundi, byo guhashya uyu mutwe wa RED Tabara urwanya iki Gihugu ariko ufite ibirindiro mu mashyamba yo muri DRC.

Hagati ya tariki 25 Nzeri na 26 Ukwakira, abasirikare b’u Burundi 35 bari bamaze kuburira ubuzima muri iyi mirwano ibahanganishije n’umutwe wa RED Tabara, mu gihe abayikomerekeyemo bagera kuri 15 barimo umuyobozi wungirije w’ingabo ziri muri ibi bikorwa muri Congo.

Umutwe wa RED Tabara, wemeje ko wivuganye abasirikare b’u burundi 20 mu mirwano yabaye tariki 25 Nzeri 2024. Indi mirwano yabaye tariki 26 Ukwakira, yasize abandi basirikare 15 bahaburiye ubuzima, abandi 15 barakomereka.

Ibi bikorwa bya FDNB muri Kivu y’Epfo, biri gukorwa mu bufatanye busanzwe hagati y’Igisirikare n’icya Congo, nk’uko bikubiye mu masezerano yashyizweho umukono n’ibi Bihugu byombi (u Burundi na DRC) tariki 28 Kanama 2023.

Hari abavuga ko kuba ingabo za MONUSCO zava muri aka gace ka Kivu y’Epfo, byatumye imirwano mu bice bimwe byaho nko mu misozi miremire ya Uvira na Minembwe, ikaza umurego.

Nanone kandi muri ibi bice byo muri Kivu y’Epfo, imitwe yitwaje intwaro, yakajije ibikorwa bihungabanya umutekano, aho imwe muri yo inarwana hagati yayo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − four =

Previous Post

Hatangajwe amakuru kuri dosiye ya ‘Animateur’ ukekwaho gusambanyiriza umwana ku ishuri

Next Post

Uko byifashe muri Syria nyuma y’ihirikwa rya Perezida akanahunga n’icyihutiwe gukorwa

Related Posts

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former President of the Democratic Republic of the Congo(DRC), has presented his successor, Felix Tshisekedi, with...

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

by radiotv10
25/06/2025
0

Leta ya Zambia yatanze ikirego mu Rukiko rwo muri Afurika y’Epfo isaba ko ishyingurwa rya Edgar Lungu wayoboye iki Gihugu...

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagaragarije Felix Tshisekedi wamusimbuye, ko asigaranye amahitamo atatu, arimo...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko byifashe muri Syria nyuma y’ihirikwa rya Perezida akanahunga n’icyihutiwe gukorwa

Uko byifashe muri Syria nyuma y’ihirikwa rya Perezida akanahunga n'icyihutiwe gukorwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.