Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hasobanuwe ibimenyetso bishingirwaho mu gushinja uregwa kwica umwana wababaje benshi yari abereye mukase

radiotv10by radiotv10
07/07/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ubushinjacyaha bwasobanuye ibyatangajwe n’abatangabuhamya bashinja Mukase wa Akeza kumwivugana
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza ruregwamo Marie Chantal Mukanzabarushimana ukekwaho kwica umwana witwa Akeza Elsie Rutiyomba, yari abereye mukase, Ubushinjacyaha bwasobanuye ibimenyetso buheraho bumushinja gukora iki cyaha.

Uru rubanza rwabaye kuri wa Gatanu tariki 07 Nyakanga 2023 nyuma y’uko rusubitswe inshuro zinyuranye, rwatangiye Urukiko rubaza uruhande rw’Uregwa niba rwarasomye ikirego cy’Ubushinjacyaha, bari basabiye umwanya.

Nyuma y’uko umunyamategeko wunganira uregwa agaragaje izindi nzitizi, Urukiko rwanzuye ko urubanza ruba kuko zitari zifite ishingiro, rutangira rubaza uregwa niba aburana yemera icyaha, asubiza ko atakemera.

Icyaha gishinjwa Marie Chantal Mukanzabarushimana, cyabaye tariki 14 Mutarama 2022 ubwo Akeza Elsie Rutiyomba wari umaze iminsi micye aje kubana na se ndetse n’uyu mukse, bamusangaga mu itanki y’amazi yapfuye mu Kagari ka Busanza mu Murenge wa Kanombe.

Ubushinjacyaha bwagaragarije Urukiko ibimenyetso bushingiraho bushinja uregwa iki cyaha, buvuga ko mu iperereza ryakozwe, ryagaragaje ko uyu mwana atapfuye yishwe n’amazi yo muri icyo kidomoro cya Litiro 200, ahubwo ko yishwe agashyirwamo yamaze gupfa.

Bwavuze ko ubwo nyakwigendera yapfaga, Mukase [uregwa] yatumye umukozi wo mu rugo kujya guhaha, amusaba gushaka amagi y’amanyarwanda, ariko ko wari umugambi wo kugira ngo uyu mukozi atinde ashaka ayo magi, ubundi ngo abone uko ashyira mu bikorwa uwo mugambi.

Uyu mukozi yasize Akeza [nyakwigendera] ari kumwe na mukase Mukanzabarushimana, aho agarukiye babisikana asohoka mu rugo, asanga undi mwana wabo ari kurira, uyu mukozi abanza kumuhoza, nyuma aza gushakisha Akeza aramubura, aza kumubona yarohamye muri icyo kidomoro cy’amazi.

Ubushinjacyaha buvuga ko raporo yakozwe nyuma y’isuzuma ry’umubiri wa nyakwigendera, yagaragaje ko uyu mwana atishwe no kurohama mu mazi, ndetse ko nta n’ikintu basanze mu mazi, ku buryo nyakwigendera yaba yarakiguyemo ajya kugishasha.

Ubushinjacyaha kandi bushingira ku byatangajwe n’abatangabuhamya barimo Nirere Dative wari umukozi wo mu rugo rw’uregwa, ndetse n’abaturanyi, bavuze ko Mukanzabarushimana yakundaga kugirana amakimbirane n’umugoabo we, bapfa ko yakundaga uwo mwana batari bahuriyeho.

Uregwa abajijwe icyo avuga ku byatangajwe n’Ubushinjacyaha, yavuze ko ibimenyetso byatanzwe bihabanye n’ukuri, ngo ahubwo ko nyakwigendera yishwe no kurohama mu mazi yari muri icyo kidomoro. Yagize ati “Ikiriho ni uko umwana yishwe n’amazi, kandi koko birababaje.”

Mukanzabarushimana yahakanye ibyavuzwe n’Ubushinjacyaha ko yatumye umukozi amagi y’amanyarwanda agamije ko atinda, ahubwo ko yifuzaga ko nyakwigendera azajya arya ayo magi.

Mu mvugo yumvikanamo gushinja umukozi, uregwa yavuze ko babisikanye mu rugo, agiye kwa muganga, ndetse ko yasize ari kumwe n’abana babiri.

Agaruka kuri raporo yagaragaje ko umwana atishwe no kurohama mu mazi, Mukanzabarushimana yavuze ko iyo aba ari we wamwishe hatari “kubura ikigaragaza uburyo namukozeho, kuba yaragaragaje ko umwana yishwe akanarohamishwa, ntabwo bigaragazwa ko ari njyewe wabikoze.”

Yavuze ko n’ubuhamya bw’abatangabuhamya, atabwemera, ahubwo ko babutanze buririye kuri ibi byago na we byamubabaje kuko nyakwigendera yari nk’umwana we.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 5 =

Previous Post

Tshisekedi yongeye kubwizwa ukuri kumurya mu matwi akwirengagiza yitwaje u Rwanda

Next Post

Kenya: Abigaragambyaga bahuye n’uruva gusenya batari biteguye

Related Posts

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

by radiotv10
17/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwamenyesheje abagatuye ko hagiye gukorwa igikorwa cyo kubarura abashomeri badafite akazi bari hagati y’imyaka 16 na...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

by radiotv10
17/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko Abapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri pandagari mu Karere ka Rubavu, batangiye gukurikiranwa kuko uburyo babikozemo...

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Umusore wo mu Murene wa Runda mu Karere ka Kamonyi, akurikiranyweho kwica umukecuru amukubise ishoka ubwo yamusangaga iwe nyuma yuko...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

by radiotv10
17/12/2025
0

Igisasu cyo mu bwoko bwa Grenade cyishe giturikanye abana batatu b’umuryango wo mu Murenge wa Cyumba mu Karere ka Gicumbi,...

Urubyiruko muri Ngororero imibare yarubanye myinshi kubera ubushomeri

Urubyiruko muri Ngororero imibare yarubanye myinshi kubera ubushomeri

by radiotv10
17/12/2025
0

Bamwe mu basore n'inkumi bo mu Murenge wa Kabaya mu Karere ka Ngororero, batageze mu ishuri, bavuga ko iyo imirimo...

IZIHERUKA

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US
AMAHANGA

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

by radiotv10
17/12/2025
0

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

17/12/2025
Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

17/12/2025
Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

17/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

17/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Abigaragambyaga bahuye n’uruva gusenya batari biteguye

Kenya: Abigaragambyaga bahuye n’uruva gusenya batari biteguye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.