Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hasobanuwe ibimenyetso bishingirwaho mu gushinja uregwa kwica umwana wababaje benshi yari abereye mukase

radiotv10by radiotv10
07/07/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ubushinjacyaha bwasobanuye ibyatangajwe n’abatangabuhamya bashinja Mukase wa Akeza kumwivugana
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza ruregwamo Marie Chantal Mukanzabarushimana ukekwaho kwica umwana witwa Akeza Elsie Rutiyomba, yari abereye mukase, Ubushinjacyaha bwasobanuye ibimenyetso buheraho bumushinja gukora iki cyaha.

Uru rubanza rwabaye kuri wa Gatanu tariki 07 Nyakanga 2023 nyuma y’uko rusubitswe inshuro zinyuranye, rwatangiye Urukiko rubaza uruhande rw’Uregwa niba rwarasomye ikirego cy’Ubushinjacyaha, bari basabiye umwanya.

Nyuma y’uko umunyamategeko wunganira uregwa agaragaje izindi nzitizi, Urukiko rwanzuye ko urubanza ruba kuko zitari zifite ishingiro, rutangira rubaza uregwa niba aburana yemera icyaha, asubiza ko atakemera.

Icyaha gishinjwa Marie Chantal Mukanzabarushimana, cyabaye tariki 14 Mutarama 2022 ubwo Akeza Elsie Rutiyomba wari umaze iminsi micye aje kubana na se ndetse n’uyu mukse, bamusangaga mu itanki y’amazi yapfuye mu Kagari ka Busanza mu Murenge wa Kanombe.

Ubushinjacyaha bwagaragarije Urukiko ibimenyetso bushingiraho bushinja uregwa iki cyaha, buvuga ko mu iperereza ryakozwe, ryagaragaje ko uyu mwana atapfuye yishwe n’amazi yo muri icyo kidomoro cya Litiro 200, ahubwo ko yishwe agashyirwamo yamaze gupfa.

Bwavuze ko ubwo nyakwigendera yapfaga, Mukase [uregwa] yatumye umukozi wo mu rugo kujya guhaha, amusaba gushaka amagi y’amanyarwanda, ariko ko wari umugambi wo kugira ngo uyu mukozi atinde ashaka ayo magi, ubundi ngo abone uko ashyira mu bikorwa uwo mugambi.

Uyu mukozi yasize Akeza [nyakwigendera] ari kumwe na mukase Mukanzabarushimana, aho agarukiye babisikana asohoka mu rugo, asanga undi mwana wabo ari kurira, uyu mukozi abanza kumuhoza, nyuma aza gushakisha Akeza aramubura, aza kumubona yarohamye muri icyo kidomoro cy’amazi.

Ubushinjacyaha buvuga ko raporo yakozwe nyuma y’isuzuma ry’umubiri wa nyakwigendera, yagaragaje ko uyu mwana atishwe no kurohama mu mazi, ndetse ko nta n’ikintu basanze mu mazi, ku buryo nyakwigendera yaba yarakiguyemo ajya kugishasha.

Ubushinjacyaha kandi bushingira ku byatangajwe n’abatangabuhamya barimo Nirere Dative wari umukozi wo mu rugo rw’uregwa, ndetse n’abaturanyi, bavuze ko Mukanzabarushimana yakundaga kugirana amakimbirane n’umugoabo we, bapfa ko yakundaga uwo mwana batari bahuriyeho.

Uregwa abajijwe icyo avuga ku byatangajwe n’Ubushinjacyaha, yavuze ko ibimenyetso byatanzwe bihabanye n’ukuri, ngo ahubwo ko nyakwigendera yishwe no kurohama mu mazi yari muri icyo kidomoro. Yagize ati “Ikiriho ni uko umwana yishwe n’amazi, kandi koko birababaje.”

Mukanzabarushimana yahakanye ibyavuzwe n’Ubushinjacyaha ko yatumye umukozi amagi y’amanyarwanda agamije ko atinda, ahubwo ko yifuzaga ko nyakwigendera azajya arya ayo magi.

Mu mvugo yumvikanamo gushinja umukozi, uregwa yavuze ko babisikanye mu rugo, agiye kwa muganga, ndetse ko yasize ari kumwe n’abana babiri.

Agaruka kuri raporo yagaragaje ko umwana atishwe no kurohama mu mazi, Mukanzabarushimana yavuze ko iyo aba ari we wamwishe hatari “kubura ikigaragaza uburyo namukozeho, kuba yaragaragaje ko umwana yishwe akanarohamishwa, ntabwo bigaragazwa ko ari njyewe wabikoze.”

Yavuze ko n’ubuhamya bw’abatangabuhamya, atabwemera, ahubwo ko babutanze buririye kuri ibi byago na we byamubabaje kuko nyakwigendera yari nk’umwana we.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × four =

Previous Post

Tshisekedi yongeye kubwizwa ukuri kumurya mu matwi akwirengagiza yitwaje u Rwanda

Next Post

Kenya: Abigaragambyaga bahuye n’uruva gusenya batari biteguye

Related Posts

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

by radiotv10
31/12/2025
0

As 2026 approaches, many young people in Kigali are quietly shifting priorities. Beyond career goals, side hustles and social media...

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

by radiotv10
30/12/2025
0

President Paul Kagame, the Commander-in-Chief of the Rwanda Defence Force, has commended Rwanda’s soldiers and members of other security organs...

IZIHERUKA

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out
IMIBEREHO MYIZA

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

by radiotv10
31/12/2025
0

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

30/12/2025
Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Abigaragambyaga bahuye n’uruva gusenya batari biteguye

Kenya: Abigaragambyaga bahuye n’uruva gusenya batari biteguye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.