Monday, October 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hasobanuwe ibyagaragaye mu Itorero rimwe ryo mu Rwanda byatumye rifungwa

radiotv10by radiotv10
02/08/2024
in MU RWANDA
0
Hasobanuwe ibyagaragaye mu Itorero rimwe ryo mu Rwanda byatumye rifungwa
Share on FacebookShare on Twitter

Itorero ‘Umuriro wa Pentekote mu Rwanda’ ryafatiwe icyemezo cyo gufungwa, nyuma y’uko igenzura ry’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, risanze ririmo ibibazo binyuranye, birimo amacakubiri n’amakimbirane y’urudaca mu bakirisitu.

Ifungwa ry’iri Torero, rigaragara mu ibaruwa y’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, yashyizweho umukono n’Umuyobozi Mukuru warwo, Dr Usta Kaitesi.

Iyi baruwa yandikiwe Umuyobozi w’iri Torero, Pasiteri Ntawuyirushintege Corneille; ivuga ko ifungwa ry’iri Torero, rishingiye ku byagaragaye mu igenzura n’isesengura byakozwe ku myitwarire yaryo, aho iri genzura ryagaragaje ko muri iri torero harimo amacakubiri, amakimbirane y’urudaca ari mu bakristu, bikanabuza umudendezo n’ituze mu bayoboke.

Iri Torero kandi rivugwamo kuba ritanga inyigisho ziyobya abaturage zibabuza kwitabira gahunda za Leta n’izibaganisha ku majyambere, bikagira ingaruka ku baturage.

Iri torero ryafunzwe, mu bihe bya Covid-19, ubwo mu Rwanda hatangiraga ibikorwa byo gukingira, bamwe mu bayoboke baryo bitabiriye iyi gahunda, bafatwaga nk’abaryigometseho ngo kuko barenze ku mahame yaryo.

RGB ivuga ko kandi ifungwa ry’iri Torero, rinashingiye ku kuba ritagira inzego ziteganwa n’amategeko agenga imiryango ishingiye ku myemerere. Aho iyi baruwa igira iti “Kuba ubuyobozi bw’Itorero butujuje ibisabwa biteganywa n’Itegeko rigenga imiryango ishingiye ku myemerere.”

Nanone kandi iri torero rivugwaho kuba rigendera ku mahame adateganywa n’amategejo ngengamikorere y’amadini n’amatorero, aho ritegeka abaturage kugira bimwe mu bikorwa batitabira.

RGB yagize iti “Kubera izo mpamvu zibangamiye ubumwe, ituze n’umudendezo by’abakristo, mbandikiye mbamenyesha ko ibikorwa by’itorero Umuriro wa Pantekote mu Rwanda haba ku cyicaro n’amashami yaryo, yose bihagaritswe uhereye igihe muboneye iyo baruwa.”

Nubwo iyi baruwa bigaragara ko yanditswe tariki 30 Nyakanga 2024, umuyobozi w’iri Torera ‘Umuriro wa Pantekote mu Rwanda’, Pasiteri Ntawuyirushintege Corneille, yavuze ko batarayibona, ku buryo batumva uko bakubahiriza iki cyemezo.

Yagize ati “Ndumva abantu babivuga ariko ntabwo turayibona, ni na yo mpamvu kumenya icyakurikiraho tutarayibona, ntabwo twahita tubimenya kuko n’abantu bo muri RGB ntawigeze aduhamagara ngo aduhe amakuru kuri byo.”

Uyu mukozi w’Imana kandi yahakanye ibi byose bigaragara mu ibarurwa ya RGB, avuga ko iri Torero rye ritabiba amacakubiri, ngo kuko batabitinyuka kandi bazi ingaruka zayo, ndetse anahakana ibyo kuba hari ibyo ribuza abaturage kwitabira, avuba ko abayoboke baryo basanzwe ari abaturage kandi bafite aho batuye banitabira gahunda zose za Leta.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

Handball: Hatangajwe icyemezo nyuma y’imyitwarire itarashimwe yagaragajwe n’imwe mu makipe akomeye mu Rwanda

Next Post

Hashyizwe hanze amakuru mashya y’ibanga ku iyicwa ry’umuyobozi wa Hamas

Related Posts

Ibisobanuro by’umugabo wafatanywe umutwe w’inka yari yibwe ari nzima

Ibisobanuro by’umugabo wafatanywe umutwe w’inka yari yibwe ari nzima

by radiotv10
20/10/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze, wafatanywe umutwe w’inka yari yabuze nyuma yo kwibwa, yisobanuye avuga...

Rusizi: Inyama z’imbeba mu byatsinsuye imirire mibi mu bana bato

Rusizi: Inyama z’imbeba mu byatsinsuye imirire mibi mu bana bato

by radiotv10
20/10/2025
0

Mu gihe hari abaturage bavuga ko batarya cyangwa ngo bagaburire abana babo inyama z’imbeba za kizungu zizwi nka sumbirigi, ihindiya...

BREAKING: Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 100Frw byafatiwe mu mukwabu w’ibitujuje ubuziranenge

BREAKING: Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 100Frw byafatiwe mu mukwabu w’ibitujuje ubuziranenge

by radiotv10
20/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego zirimo urw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, batangaje ko mu gikorwa cyabaye mu minsi itanu, mu Rwanda...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga

by radiotv10
20/10/2025
0

Nyuma yuko ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amashusho y’umuntu ujya mu muhanda rwagati mu Mujyi wa Kigali akaryamamo mu bikomeje gukoreshwa...

Hamenyekanye inzira zakoreshejwe n’Umunya-Somalia wari waratorotse ubutabera akagera mu Rwanda akanahafatirwa

Hamenyekanye inzira zakoreshejwe n’Umunya-Somalia wari waratorotse ubutabera akagera mu Rwanda akanahafatirwa

by radiotv10
20/10/2025
0

Umunya-Somalia wahoze ayobora Ibitaro bikuru by'Igihugu, washakishwaga n’inzego z’ubutabera za kiriya Gihugu zimukekaho ibyaha birimo gufata ku ngufu no gufata...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umugabo wafatanywe umutwe w’inka yari yibwe ari nzima
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umugabo wafatanywe umutwe w’inka yari yibwe ari nzima

by radiotv10
20/10/2025
0

Rusizi: Inyama z’imbeba mu byatsinsuye imirire mibi mu bana bato

Rusizi: Inyama z’imbeba mu byatsinsuye imirire mibi mu bana bato

20/10/2025
BREAKING: Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 100Frw byafatiwe mu mukwabu w’ibitujuje ubuziranenge

BREAKING: Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 100Frw byafatiwe mu mukwabu w’ibitujuje ubuziranenge

20/10/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru avugwa mu mirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

20/10/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga

20/10/2025
Hamenyekanye inzira zakoreshejwe n’Umunya-Somalia wari waratorotse ubutabera akagera mu Rwanda akanahafatirwa

Hamenyekanye inzira zakoreshejwe n’Umunya-Somalia wari waratorotse ubutabera akagera mu Rwanda akanahafatirwa

20/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hashyizwe hanze amakuru mashya y’ibanga ku iyicwa ry’umuyobozi wa Hamas

Hashyizwe hanze amakuru mashya y’ibanga ku iyicwa ry’umuyobozi wa Hamas

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umugabo wafatanywe umutwe w’inka yari yibwe ari nzima

Rusizi: Inyama z’imbeba mu byatsinsuye imirire mibi mu bana bato

BREAKING: Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 100Frw byafatiwe mu mukwabu w’ibitujuje ubuziranenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.