Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hasobanuwe ibyagaragaye mu Itorero rimwe ryo mu Rwanda byatumye rifungwa

radiotv10by radiotv10
02/08/2024
in MU RWANDA
0
Hasobanuwe ibyagaragaye mu Itorero rimwe ryo mu Rwanda byatumye rifungwa
Share on FacebookShare on Twitter

Itorero ‘Umuriro wa Pentekote mu Rwanda’ ryafatiwe icyemezo cyo gufungwa, nyuma y’uko igenzura ry’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, risanze ririmo ibibazo binyuranye, birimo amacakubiri n’amakimbirane y’urudaca mu bakirisitu.

Ifungwa ry’iri Torero, rigaragara mu ibaruwa y’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, yashyizweho umukono n’Umuyobozi Mukuru warwo, Dr Usta Kaitesi.

Iyi baruwa yandikiwe Umuyobozi w’iri Torero, Pasiteri Ntawuyirushintege Corneille; ivuga ko ifungwa ry’iri Torero, rishingiye ku byagaragaye mu igenzura n’isesengura byakozwe ku myitwarire yaryo, aho iri genzura ryagaragaje ko muri iri torero harimo amacakubiri, amakimbirane y’urudaca ari mu bakristu, bikanabuza umudendezo n’ituze mu bayoboke.

Iri Torero kandi rivugwamo kuba ritanga inyigisho ziyobya abaturage zibabuza kwitabira gahunda za Leta n’izibaganisha ku majyambere, bikagira ingaruka ku baturage.

Iri torero ryafunzwe, mu bihe bya Covid-19, ubwo mu Rwanda hatangiraga ibikorwa byo gukingira, bamwe mu bayoboke baryo bitabiriye iyi gahunda, bafatwaga nk’abaryigometseho ngo kuko barenze ku mahame yaryo.

RGB ivuga ko kandi ifungwa ry’iri Torero, rinashingiye ku kuba ritagira inzego ziteganwa n’amategeko agenga imiryango ishingiye ku myemerere. Aho iyi baruwa igira iti “Kuba ubuyobozi bw’Itorero butujuje ibisabwa biteganywa n’Itegeko rigenga imiryango ishingiye ku myemerere.”

Nanone kandi iri torero rivugwaho kuba rigendera ku mahame adateganywa n’amategejo ngengamikorere y’amadini n’amatorero, aho ritegeka abaturage kugira bimwe mu bikorwa batitabira.

RGB yagize iti “Kubera izo mpamvu zibangamiye ubumwe, ituze n’umudendezo by’abakristo, mbandikiye mbamenyesha ko ibikorwa by’itorero Umuriro wa Pantekote mu Rwanda haba ku cyicaro n’amashami yaryo, yose bihagaritswe uhereye igihe muboneye iyo baruwa.”

Nubwo iyi baruwa bigaragara ko yanditswe tariki 30 Nyakanga 2024, umuyobozi w’iri Torera ‘Umuriro wa Pantekote mu Rwanda’, Pasiteri Ntawuyirushintege Corneille, yavuze ko batarayibona, ku buryo batumva uko bakubahiriza iki cyemezo.

Yagize ati “Ndumva abantu babivuga ariko ntabwo turayibona, ni na yo mpamvu kumenya icyakurikiraho tutarayibona, ntabwo twahita tubimenya kuko n’abantu bo muri RGB ntawigeze aduhamagara ngo aduhe amakuru kuri byo.”

Uyu mukozi w’Imana kandi yahakanye ibi byose bigaragara mu ibarurwa ya RGB, avuga ko iri Torero rye ritabiba amacakubiri, ngo kuko batabitinyuka kandi bazi ingaruka zayo, ndetse anahakana ibyo kuba hari ibyo ribuza abaturage kwitabira, avuba ko abayoboke baryo basanzwe ari abaturage kandi bafite aho batuye banitabira gahunda zose za Leta.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − fourteen =

Previous Post

Handball: Hatangajwe icyemezo nyuma y’imyitwarire itarashimwe yagaragajwe n’imwe mu makipe akomeye mu Rwanda

Next Post

Hashyizwe hanze amakuru mashya y’ibanga ku iyicwa ry’umuyobozi wa Hamas

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hashyizwe hanze amakuru mashya y’ibanga ku iyicwa ry’umuyobozi wa Hamas

Hashyizwe hanze amakuru mashya y’ibanga ku iyicwa ry’umuyobozi wa Hamas

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.