Tuesday, August 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hasobanuwe iby’urupfu rw’umusore wishwe nyuma yo gukiza abarwaniraga mu kabari n’ibyagezweho mu iperereza

radiotv10by radiotv10
19/08/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Kamonyi: Umukozi w’ikigo cy’imari washatse kukiba 3.500.000Frw agatahurwa hamenyekanye uko yabyitwayemo
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi yo mu Ntara y’Amajyepfo yatangaje ko yataye muri yombi abantu umunani bo mu Karere ka Kamonyi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umusore wishwe atewe icyuma hafi y’umutima n’abo bikekwa ko yari amaze gukiza, inasobanura ibyagaragaye mu iperereza ry’ibanze.

Nyakwigendera w’imyaka 24, yishwe mu ijoro ryo ku ya 16 Kanama 2025 mu Mudugudu wa Nombe mu Kagari ka Nyagishubi mu Murenge wa Nyarubaka mu Karere ka Kamonyi.

Nyuma y’urupfu rw’uyu musore wishwe n’abari bamutegeye mu nzira ubwo yari avuye kureba umupira, hahise hatabwa muri yombi abantu batanu bafashwe bucyeye bwaho tariki 17 Kanama, mu gihe abandi batatu bafashwe kuri uyu wa Mbere tariki 18 Kanama 2025.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi yavuze ko muri aba bantu umunani bamaze gutabwa muri yombi, harimo na nyiri akabari kabereyemo imvururu z’abasore bakijijwe na nyakwigendera binakekwa ko ari bo bagiye kumutegera mu nzira nyuma yo kubakiza.

Yavuze ko mu bafashwe harimo kandi “abanze gutangira amakuru ku gihe, n’abakekwaho uruhare mu gutera icyuma nyakwigendera.”

Uko ari abantu umunani bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Runda mu Karere ka Kamonyi, mu gihe umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa mu Bitaro bya Kacyiru.

CIP Hassan Kamanzi yavuze ko nyakwigendera yishwe nyuma yuko yari amaze gukiza abasore bagenzi be bariho barwanira mu kabari yanyuzeho na we avuye kurebera umupira mu kandi kabari akumva harimo intonganya akajya kureba ibibaye agasanga bari kurwana akiyemeza kubakiza afaranyije na mugenzi we bari kumwe w’imyaka 18.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo avuga nyakwigendera nyuma yo gukiza abo basore barwanaga, bahise bamuca ruhinganyuma bakajya kumutegera mu nzira, we na mugenzi we bari kumwe, bakabakorera urugomo.

Nyakwigendera yatewe icyuma hafi y’umutima bimuviramo kwitaba Imana, mu gihe mugenzi we bari kumwe na we yakomerekejwe ku kaboko ariko Imana igakinga akaboko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 − 2 =

Previous Post

Is virginity still viewed as a symbol of purity among Rwandan girls?

Next Post

Menya ingaruka zasizwe n’imvura itamenyerewe mu Rwanda yaguye ijoro ryose ivanzemo n’inkuba

Related Posts

Menya ingaruka zasizwe n’imvura itamenyerewe mu Rwanda yaguye ijoro ryose ivanzemo n’inkuba

Menya ingaruka zasizwe n’imvura itamenyerewe mu Rwanda yaguye ijoro ryose ivanzemo n’inkuba

by radiotv10
19/08/2025
0

Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi yatangaje ko ibiza byaturutse ku mvura yaguye mu ijoro ryo ku ya 17 rishyira ku ya 18...

Is virginity still viewed as a symbol of purity among Rwandan girls?

Is virginity still viewed as a symbol of purity among Rwandan girls?

by radiotv10
19/08/2025
0

In many cultures around the world, virginity has long been viewed as a symbol of purity, honor, and family values...

Abasirikare b’u Rwanda basimbuye bagenzi babo muri Sudani y’Epfo bagaragarijwe ibyo bazakora

Abasirikare b’u Rwanda basimbuye bagenzi babo muri Sudani y’Epfo bagaragarijwe ibyo bazakora

by radiotv10
18/08/2025
0

Umuyobozi w’Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo, Maj Gen Nakul B RAYAMAJHI yakiriye ku mugaragaro abasirikare b’u...

Abagore bo muri EAR bibukijwe igisobanuro cya nyacyo cy’uburinganire hanahwiturwa abaryumvise nabi

Abagore bo muri EAR bibukijwe igisobanuro cya nyacyo cy’uburinganire hanahwiturwa abaryumvise nabi

by radiotv10
18/08/2025
0

Perezida w’Umuryango ‘Mother’s Union’ ushamikiye ku Itorero ry’Abangirikani mu Rwanda, yibukije abagore bumvise ko kuzanirwa uburinganire ari ukwigaranzura abagabo, atari...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
19/08/2025
8

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

IZIHERUKA

Uko imirwano ya AFC/M23 na Wazalendo yagenze mu gace kamwe i Walikare
AMAHANGA

Uko imirwano ya AFC/M23 na Wazalendo yagenze mu gace kamwe i Walikare

by radiotv10
19/08/2025
0

Perezida Zelenskyy wa Ukraine yakuyeho urujijo ku bakekaga ko adashaka kuzahura na Putin

Perezida Zelenskyy wa Ukraine yakuyeho urujijo ku bakekaga ko adashaka kuzahura na Putin

19/08/2025
Menya ingaruka zasizwe n’imvura itamenyerewe mu Rwanda yaguye ijoro ryose ivanzemo n’inkuba

Menya ingaruka zasizwe n’imvura itamenyerewe mu Rwanda yaguye ijoro ryose ivanzemo n’inkuba

19/08/2025
Kamonyi: Umukozi w’ikigo cy’imari washatse kukiba 3.500.000Frw agatahurwa hamenyekanye uko yabyitwayemo

Hasobanuwe iby’urupfu rw’umusore wishwe nyuma yo gukiza abarwaniraga mu kabari n’ibyagezweho mu iperereza

19/08/2025
Is virginity still viewed as a symbol of purity among Rwandan girls?

Is virginity still viewed as a symbol of purity among Rwandan girls?

19/08/2025
Abasirikare b’u Rwanda basimbuye bagenzi babo muri Sudani y’Epfo bagaragarijwe ibyo bazakora

Abasirikare b’u Rwanda basimbuye bagenzi babo muri Sudani y’Epfo bagaragarijwe ibyo bazakora

18/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya ingaruka zasizwe n’imvura itamenyerewe mu Rwanda yaguye ijoro ryose ivanzemo n’inkuba

Menya ingaruka zasizwe n’imvura itamenyerewe mu Rwanda yaguye ijoro ryose ivanzemo n’inkuba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uko imirwano ya AFC/M23 na Wazalendo yagenze mu gace kamwe i Walikare

Perezida Zelenskyy wa Ukraine yakuyeho urujijo ku bakekaga ko adashaka kuzahura na Putin

Menya ingaruka zasizwe n’imvura itamenyerewe mu Rwanda yaguye ijoro ryose ivanzemo n’inkuba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.