Sunday, November 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
04/07/2025
in MU RWANDA
0
Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buravuga ko impinduka z’ibendera ry’Igihugu riri ku mpuzankano zazo zimaze iminsi zigaragara, zigamije gukomeza kunoza imyambaro yazo, no gutuma ritagaragara cyane nk’uko iryari ririho ryari rimeze.

Ni nyuma yuko kuva mu ntangiro z’uku kwezi, impuzankano y’Ingabo z’u Rwanda yagaragayeho impinduka ku ibendera riba riri ku kaboko k’ibumoso.

Iri bendera ry’u Rwanda, rigaragara mu mabara asanzwe yaryo, ariko yijimye, bitandukanye n’uko byari bisanzwe, kuko iryari risanzweho ryagaragaraga mu mabara yerurutse.

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga; yatangaje ko impinduka zakozwe ku mpuzankano ya RDF, ari kuri iri bendera gusa, aho ryashyizwe mu mabara yijimye. Ati “Ka kandi karabonaga cyane, aka karijimye. Ntakindi.”

Yakomeje agaragaza impamvu, ko ari “ukuvanaho ariya mabara acyeye, nk’uko n’impuzankano twavuye ku mabara amwe tukajya ku yandi, kugira ngo ntabone cyane nk’uko yabonaga.”

Umuvugizi wa RDF, Brig Gen Ronald Rwivanga, avuga ko “Ubundi impuzankano ya gisirikare igomba kugira camouflage [kuba ikintu kitagaragara cyane].”

Muri 2015, Ingabo z’u Rwanda zari zahinduye impuzankano zazo, aho abasirikare bahawe iyo mu bwoko butatu, yambarwa bitewe n’ibikorwa baba barimo, irimo iyo mu kazi ko mu biro, iyo hanze y’ibiro n’iyo birori.

Mu ntangiro za 2023 kandi Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, bwakoze impinduka ku miterere y’amwe mu mapeti, kuva ku yo ku rwego rwo hasi kugera ku Bofisiye bato, nk’urugero aho ku yari asanzwe ari udasharu tugonze, yashyizweho akamenyetso gasa nk’umutemere.

Icyo gihe kandi amapeti yatangiye kujya yambarwa mu gituza aho kuba ku ntugu, bikorwa mu bihe runaka, aho na byo byakozwe hagamijwe ibizwi nka camouflage kuko aya mapeti yambawe mu gituza adahita yigaragaza nk’uko biba bimeze iyo yambawe ku ntugu.

Uko ibendera ririho ubu risa. Maj Gen Alexis Kagame-Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara
Iryari risanzweho ryari ryagaragaraga cyane

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − four =

Previous Post

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

Next Post

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Related Posts

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

by radiotv10
01/11/2025
0

The nationwide identity verification and photo registration exercise for Rwanda’s new digital ID system began in Huye, Gisagara and Nyanza...

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

by radiotv10
01/11/2025
0

There’s a growing buzz and growing worry about internships in Rwanda that pay little or nothing. For many graduates, internships...

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

by radiotv10
01/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 62 y’amavuko ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yafatiwe ku Biro by'Umurenge wa Rubengera mu Karere ka...

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

by radiotv10
01/11/2025
0

A 62-year-old man suspected of taking part in the 1994 Genocide against the Tutsi was arrested at the Rubengera Sector...

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

by radiotv10
31/10/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Mozambique, Gen Júlio dos Santos Jane wasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu mujyi wa wa...

IZIHERUKA

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda
AMAHANGA

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

by radiotv10
01/11/2025
0

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

01/11/2025
BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

01/11/2025
Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

01/11/2025
Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

01/11/2025
Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

31/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.