Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

radiotv10by radiotv10
30/07/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko ikibazo cy’ibura ry’amazi riri kugaragara muri iyi minsi, cyatewe n’igabanuka ry’ayo mu mugezi wa Nyabarongo ugaburira inganda zitunganya amazi akoreshwa n’abatuye Umujyi wa Kigali, inavuga ikiri gukorwa ngo iki kibazo kigabanuke.

Mu bice binyuranye byo mu Mujyi wa Kigali, hamaze iminsi humvikana ibura ry’amazi, aho bamwe bavuga ko hari n’abashobora kumara ibyumweru bibiri batazi uko amazi ya WASAC asa.

Dr Jimmy Gasore wasuye Uruganda rutunganya amazi rwa Nzove ku mugezi wa Nyabarongo, yatangaje ko uru ruzinduko rugamije gusuzuma imiterere y’iki kibazo cyakajije uburemere.

Avuga ko n’ubusanzwe mu bihe by’impeshyi amazi agabanuka bitewe no kuba ingano y’akoreshwa muri ibyo bihe yiyongera kubera ababa bayakeneye mu bikorwa binyuranye.

Ati “Abantu badasanzwe buhira ubusitani, baruhira; abasanzwe bafite amazi y’imvura bifashisha mu masuku ntibakiyafite, ariko iyi mpeshyi byakabije cyane.”

Dr Jimmy Gasore avuga ko uretse kuba ingano y’amazi akenerwa yariyongereye, ariko haniyongeraho n’ikibazo cyo kuba aho aturuka kugira ngo ajye gutunganywa, na ho yagabanutse.

Ati “Twabonye ko mu by’ukuri ikibazo gikomeye ari igabanuka ry’amazi y’uyu mugezi wa Nyabarongo kandi inganda zombi yaba urwa Kanzenze, ndetse n’urwo mu Nzove, ni ho zikomora amazi.”

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo wagaragaje aho Umugezi wa Nyabarongo uba ugera no mu bihe by’izuba, yavuze ko igabanuka ry’amazi yawo muri iyi Mpeshyi ryakabije.

Ati “Amazi yaragabanutse cyane. Ni ikibazo kiduhangayikishije ariko kandi Leta irimo irashaka ibisubizo birambye byo kugira ngo iki kibazo gikemuke mu Mujyi wa Kigali n’ahandi mu Gihugu.”

Dr Jimmy Gasore avuga ko kimwe mu bikorwa bitegerejwemo ibisubizo, ari Uruganda rwa Karenge ruzagaburira amazi mu mujyi wa Rwamagana n’uwa Kigali.

Avuga ko uru ruganda rwa Karenge ruzaboneka mu myaka ibiri iri imbere, ariko ko hagati aho hanategerejwe kongerera ubushobozi urwa Nzove.

Ati “Ubu rushobora kuduha metero kibe ibihumbi mirongo inani (80 000 m³) tuzarwongerera ubushobozi rugero ku bihumbi 120.”

Ahumuriza Abanyakigali bashobora kumva ko iyo myaka ibiri ari myinshi, akavuga ko ikigiye gushyirwamo ingufu cyanatangiye gushyirwa mu bikorwa, ari ugusaranganya amazi ahari.

Ati “Uburyo bikorwa mu Mujyi wa Kigali, ntabwo ubona bisaranganyije neza, hari ababona amazi buri munsi agashobora kuhira ubusitani bwe, hari n’umuntu umara ibyumweru bibiri atabonye amazi. Twashyizeho itsinda rijya mu baturage rikiga neza uko imiyoboro yacu iteye, ku buryo tuvuga ngo amazi ahari asaranganywe byibuze buri wese agire igihe abonera amazi kandi akimenyeshwe.”

Dr Jimmy Gasore avuga ko ubu bugenzuzi buriho bukorwa, buzatuma nibura abaturage bamenya gahunda y’igihe babonera amazi, ndetse babasha no gushyiraho uburyo bubabereye bwatuma bayakoresha neza bitewe n’ayo bavomye igihe yaje.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 14 =

Previous Post

Abanyaburayi bateye umugongo icyifuzo cya America ku iherezo ry’intambara ya Israel na Palestine

Next Post

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Related Posts

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

by radiotv10
30/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 48 wari uzwiho ubusinzi, yasanzwe yapfuye mu mukingo wa metero zirindwi mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka...

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko kuba Guverinoma y’u Rwanda yaremeye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro na...

Bride Price: Cultural treasure or commercial transaction?

Bride Price: Cultural treasure or commercial transaction?

by radiotv10
30/07/2025
0

In many African societies and beyond, the tradition of bride price also known as "lobola" in Southern Africa or "inkwano"...

IZIHERUKA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage
MU RWANDA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.