Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hasobanuwe umwuka wari mu biganiro bya mbere byahuje M23 n’abarimo FARDC

radiotv10by radiotv10
14/12/2022
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Hasobanuwe umwuka wari mu biganiro bya mbere byahuje M23 n’abarimo FARDC
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wamaze kwitwa uw’iterabwoba na Guverinona ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku nshuro ya mbere kuva wakubura imirwano, wagiranye ibiganiro n’ingabo zirimo iza Leta (FARDC), byabaye imbonankubone kandi mu mahoro n’ituze.

Ibi biganiro byabaye ku wa Mbere w’iki cyumweru tariki 12 Ukuboza 2022, bibera mu gace ka Kibumba kari mu bigenzurwa n’umutwe wa M23.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bwa M23 ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Ukuboza 2022, uyu mutwe utangira uvuga ko ushima imbaraga ziri kugaragazwa n’abayobozi bo mu karere bifuza ko ibibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikemuka mu nzira z’amahoro.

M23 ivuga ko iri tangazo rigamije kumenyesha abatuye mu Gihugu cya Congo Kinshasa ndetse n’umuryango mpuzamahanga ko ku wa Mbere tariki 12 Ukuboza 2022, M23 yakiriye i Kibumba intumwa zinyuranye zirimo itsinda rihuriweho ryo kugenzura iyubahirizwa ry’imyanzuro yafashwe.

Iri tsinda kandi ririmo abahagarariye ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO), Itsinda ry’Ingabo rishinzwe kugenzura imipaka mu karere (EJVM), abahagarariye itsinda ry’ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba ndetse n’abahagarariye igisirikare cya Leta ya Congo (FARDC).

M23 ikomeza igira iti “Ibiganiro hagati ya M23 n’intumwa zavuzwe haruguru, byabereye i Kibumba mu mwuka utuje. Kandi M23 yiteguye neza inama itaha.”

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka, risoza rivuga ko uyu mutwe wongera gutanga impuruza ku mahanga kuri Jenoside iri gukorerwa bamwe mu banyekongo bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Ibiganiro byabaye mu mahoro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × five =

Previous Post

Impanuka y’imodoka itwara abagenzi ‘yacitse feri’ ikagonga izindi yakangaranyije abayibonye

Next Post

Ngoma: Abemerewe Inka bagahabwa ingurube baravuga icyemezo gikomeye bashobora gufata

Related Posts

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

by radiotv10
29/12/2025
0

The High Command of the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC) has distanced itself from the hate...

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

by radiotv10
29/12/2025
0

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko Maj Gen Sylvain Ekenge wari Umuvugizi w'Igisirikare cy'iki Gihugu-FARDC, yahagaritswe...

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
29/12/2025
0

Abantu banyuranye barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, bamaganye imvugo yuzuye ingengabitekerezo mbi y’Umuvugizi wa FARDC, Maj Gen Sylvain Ekenge...

Eng.-FARDC spokesperson Maj. Gen. Ekenge suspended following widely criticized remarks

Eng.-FARDC spokesperson Maj. Gen. Ekenge suspended following widely criticized remarks

by radiotv10
29/12/2025
0

Reports from the Democratic Republic of Congo indicate that Major General Sylvain Ekenge, the Spokesperson of the Armed Forces of...

IZIHERUKA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe
AMAHANGA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngoma: Abemerewe Inka bagahabwa ingurube baravuga icyemezo gikomeye bashobora gufata

Ngoma: Abemerewe Inka bagahabwa ingurube baravuga icyemezo gikomeye bashobora gufata

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.