Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hasobanuwe umwuka wari mu biganiro bya mbere byahuje M23 n’abarimo FARDC

radiotv10by radiotv10
14/12/2022
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Hasobanuwe umwuka wari mu biganiro bya mbere byahuje M23 n’abarimo FARDC
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wamaze kwitwa uw’iterabwoba na Guverinona ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku nshuro ya mbere kuva wakubura imirwano, wagiranye ibiganiro n’ingabo zirimo iza Leta (FARDC), byabaye imbonankubone kandi mu mahoro n’ituze.

Ibi biganiro byabaye ku wa Mbere w’iki cyumweru tariki 12 Ukuboza 2022, bibera mu gace ka Kibumba kari mu bigenzurwa n’umutwe wa M23.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bwa M23 ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Ukuboza 2022, uyu mutwe utangira uvuga ko ushima imbaraga ziri kugaragazwa n’abayobozi bo mu karere bifuza ko ibibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikemuka mu nzira z’amahoro.

M23 ivuga ko iri tangazo rigamije kumenyesha abatuye mu Gihugu cya Congo Kinshasa ndetse n’umuryango mpuzamahanga ko ku wa Mbere tariki 12 Ukuboza 2022, M23 yakiriye i Kibumba intumwa zinyuranye zirimo itsinda rihuriweho ryo kugenzura iyubahirizwa ry’imyanzuro yafashwe.

Iri tsinda kandi ririmo abahagarariye ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO), Itsinda ry’Ingabo rishinzwe kugenzura imipaka mu karere (EJVM), abahagarariye itsinda ry’ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba ndetse n’abahagarariye igisirikare cya Leta ya Congo (FARDC).

M23 ikomeza igira iti “Ibiganiro hagati ya M23 n’intumwa zavuzwe haruguru, byabereye i Kibumba mu mwuka utuje. Kandi M23 yiteguye neza inama itaha.”

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka, risoza rivuga ko uyu mutwe wongera gutanga impuruza ku mahanga kuri Jenoside iri gukorerwa bamwe mu banyekongo bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Ibiganiro byabaye mu mahoro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 1 =

Previous Post

Impanuka y’imodoka itwara abagenzi ‘yacitse feri’ ikagonga izindi yakangaranyije abayibonye

Next Post

Ngoma: Abemerewe Inka bagahabwa ingurube baravuga icyemezo gikomeye bashobora gufata

Related Posts

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Nyuma yuko bivuzwe ko kajugujugu yakoreye impanuka mu Kiyaga cya Tanganyika muri Teritwari ya Fizi muri Kivu y’Epfo, yari ivuye...

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) kimaze iminsi gishoje intambara mu mirwano ikomeje kubera mu bice birimo Kamanyola...

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

by radiotv10
08/12/2025
0

Perezida wa Benin, Patrice Talon yatangaje ko nyuma yuko itsinda ry’abasirikare ritangaje ko ryahiritse ubutegetsi bwe, ibintu byasubiye ku murongo,...

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

by radiotv10
08/12/2025
0

Benin’s President Patrice Talon has announced that after a group of soldiers claimed to have overthrown his government, the situation...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwamaganye bwivuye inyuma ibitero y’ibisasu bya rutura bimaze iminsi...

IZIHERUKA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23
AMAHANGA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngoma: Abemerewe Inka bagahabwa ingurube baravuga icyemezo gikomeye bashobora gufata

Ngoma: Abemerewe Inka bagahabwa ingurube baravuga icyemezo gikomeye bashobora gufata

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.