Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hasohotse Heineken itarangwamo umusemburo yanyobwa na buri wese

radiotv10by radiotv10
03/12/2022
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hasohotse Heineken itarangwamo umusemburo yanyobwa na buri wese
Share on FacebookShare on Twitter

Uruganda rutunganya rukanacuruza ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, Bralirwa Plc, rwamuritse ikinyobwa gishya cya Heineken kitarimo umusemburo na mucye (Heineken® 0.0), kandi gifite icyanga kitagereranywa, ku buryo yaba umurokore ndetse n’utaruzuza imyaka 18, bazabasha kuyinywa.

Iki kinyobwa cya Heineken® 0.0 cyamuritswe na Bralirwa Plc kuri uyu wa Gatanu tariki 02 Ukuboza 2022, kinjiye mu binyobwa by’uru ruganda kizatuma buri wese abasha kwisanga mu binyobwa byarwo.

Uru ruganda ruvuga ko intego y’iyi Heineken itarimo umusemburo na mucye, ari ugukomeza guha abakiliya bayo amahirwe yo kwihitiramo ubwoko bw’ibinyobwa bifuza.

Ubuyobozi bwa Bralirwa buvuga ko bushyize imbere amahitamo y’abakiliya, ku buryo n’abatanywa ibisembuye bagomba kugerwaho n’ibinyobwa nk’ibi bifite icyanga kandi bigezweho.

Bwagize buti “Aka gashya kagamije gufasha ab’ibitsina byombi, abagabo n’abagore bakunda icyanga cy’inzoga ariko bakaba batanywa ibirimo umusemburo cyangwa badashaka kubinywa mu bihe runaka.”

Mu Rwanda kandi hasanzwe hariho amategeko atemerera abantu gutwara ibinyabiziga banyoye ibisindisha ngo barenze ikigero cy’umusemburo runaka, ku buryo iki kinyobwa cya Heineken itarimo umusemburo, kije ari igisubizo.

Ubuyobozi bwa Bralirwa buvuga kandi iki kinyobwa kizananyobwa na buri wese hatabayeho imbogamizi z’imyaka dore ko mu Rwanda abana bataruzuza imyaka 18 batemerewe kunywa ibinyobwa bisembuye.

Iki kinyobwa cyashyizwe hanze kiri ki giciro cyoroheye buri wese kuko icupa rya 330ml rizajya rigura 1 500 Frw.

Bralirwa Plc ni kompanyi ya 20 yenga ikinyobwa cya Heineken ku Mugabane wa Afurika no mu burasirazuba bwo hagati bw’u Burayi, ikaba ibaye iy’ 108 ku isi ishyize hanze iki kinyobwa cya Heineken itabamo umusemburo.

Umuyobozio bwa Bralirwa yamuritse iyi Heineken
Buri wese yayinywa

Photos © Inyarwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × five =

Previous Post

Amakuru mashya ku wamamaye muri Film yakunzwe ku Isi uri mu mazi abira kubera gukorakora umugore

Next Post

Hatangajwe za Miliyari Leta imaze kwigomwa mu guhangana n’itumbagira ry’ibiciro bya Lisansi

Related Posts

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Kigali, Rwanda - Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda ) is excited to announce an exclusive 5% cashback for MoMoApp...

IZIHERUKA

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge
MU RWANDA

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe za Miliyari Leta imaze kwigomwa mu guhangana n’itumbagira ry’ibiciro bya Lisansi

Hatangajwe za Miliyari Leta imaze kwigomwa mu guhangana n’itumbagira ry’ibiciro bya Lisansi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.