Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hasohotse Heineken itarangwamo umusemburo yanyobwa na buri wese

radiotv10by radiotv10
03/12/2022
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hasohotse Heineken itarangwamo umusemburo yanyobwa na buri wese
Share on FacebookShare on Twitter

Uruganda rutunganya rukanacuruza ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, Bralirwa Plc, rwamuritse ikinyobwa gishya cya Heineken kitarimo umusemburo na mucye (Heineken® 0.0), kandi gifite icyanga kitagereranywa, ku buryo yaba umurokore ndetse n’utaruzuza imyaka 18, bazabasha kuyinywa.

Iki kinyobwa cya Heineken® 0.0 cyamuritswe na Bralirwa Plc kuri uyu wa Gatanu tariki 02 Ukuboza 2022, kinjiye mu binyobwa by’uru ruganda kizatuma buri wese abasha kwisanga mu binyobwa byarwo.

Uru ruganda ruvuga ko intego y’iyi Heineken itarimo umusemburo na mucye, ari ugukomeza guha abakiliya bayo amahirwe yo kwihitiramo ubwoko bw’ibinyobwa bifuza.

Ubuyobozi bwa Bralirwa buvuga ko bushyize imbere amahitamo y’abakiliya, ku buryo n’abatanywa ibisembuye bagomba kugerwaho n’ibinyobwa nk’ibi bifite icyanga kandi bigezweho.

Bwagize buti “Aka gashya kagamije gufasha ab’ibitsina byombi, abagabo n’abagore bakunda icyanga cy’inzoga ariko bakaba batanywa ibirimo umusemburo cyangwa badashaka kubinywa mu bihe runaka.”

Mu Rwanda kandi hasanzwe hariho amategeko atemerera abantu gutwara ibinyabiziga banyoye ibisindisha ngo barenze ikigero cy’umusemburo runaka, ku buryo iki kinyobwa cya Heineken itarimo umusemburo, kije ari igisubizo.

Ubuyobozi bwa Bralirwa buvuga kandi iki kinyobwa kizananyobwa na buri wese hatabayeho imbogamizi z’imyaka dore ko mu Rwanda abana bataruzuza imyaka 18 batemerewe kunywa ibinyobwa bisembuye.

Iki kinyobwa cyashyizwe hanze kiri ki giciro cyoroheye buri wese kuko icupa rya 330ml rizajya rigura 1 500 Frw.

Bralirwa Plc ni kompanyi ya 20 yenga ikinyobwa cya Heineken ku Mugabane wa Afurika no mu burasirazuba bwo hagati bw’u Burayi, ikaba ibaye iy’ 108 ku isi ishyize hanze iki kinyobwa cya Heineken itabamo umusemburo.

Umuyobozio bwa Bralirwa yamuritse iyi Heineken
Buri wese yayinywa

Photos © Inyarwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

Amakuru mashya ku wamamaye muri Film yakunzwe ku Isi uri mu mazi abira kubera gukorakora umugore

Next Post

Hatangajwe za Miliyari Leta imaze kwigomwa mu guhangana n’itumbagira ry’ibiciro bya Lisansi

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe za Miliyari Leta imaze kwigomwa mu guhangana n’itumbagira ry’ibiciro bya Lisansi

Hatangajwe za Miliyari Leta imaze kwigomwa mu guhangana n’itumbagira ry’ibiciro bya Lisansi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.