Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

radiotv10by radiotv10
17/12/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongereye ibindi Bihugu birindwi ku rutonde rw’ibihugu abaturage babyo batemerewe kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Mu itangazo Ibiro bya Perezida wa Amerika, White House, byashyize ahagaragara kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 17 Ukuboza 2025, rivuga ko Perezida Trump yasinye iteka ribuza abaturage ba Burkina Faso, Mali, Niger, South Sudan na Siriya, ndetse n’abafite impapuro z’ingendo zatanzwe n’Ubutegetsi bwa Palestine, kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Iki cyemezo kandi cyafashwe no ku baturage ba Laos na Sierra Leone, ibihugu byari bisanzwe byarafatiwe izi ngamba mu buryo bw’agateganyo.

Ibiro bya Perezida wa Amerika, White House, byatangaje ko icyo cyemezo kizatangira gukurikizwa kuva ku wa 1 Mutarama 2026.

Ibi bibaye mu gihe no muri Kamena uyu mwaka, Trump yari yasinye iteka ribuza abaturage b’ibindi bihugu 12 kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, avuga ko byari ngombwa mu kwirinda ko igihugu cye gikomeza kwinjirwamo n’abantu bashobora guhungabanya umutekano w’igihugu.

Perezida Trump kandi yashyize umukono ku iteka ryo kongera no gukaza amabwiriza yo kwinjira muri Amerika ku baturage bava mu bihugu bikennye n’ibirangwamo umutekano muke.

Izo ngamba zikurikizwa ku bimukira no ku batari abimukira, barimo ba mukerarugendo, abanyeshuri n’abaza gukorera ubucuruzi muri icyo gihugu.

Kuva yasubira ku butegetsi muri Mutarama 2025, Trump yashyize imbere ishyirwa mu bikorwa ry’amategeko akumira abimukira, ashyira abashinzwe umutekano benshi mu mijyi minini ya Amerika ituwemo cyane n’abimukira, ndetse anabuza abashaka ubuhungiro banyuze ku mupaka wa Amerika na Mexique kwinjira mu gihugu.

Ingamba zo gukaza amategeko akumira abimukira muri Amerika zarushijeho gukazwa nyuma y’urupfu rw’abasirikare babiri ba Amerika babarizwa mu mutwe wa National Guard, barasiwe i Washington, D.C., mu kwezi gushize.

Abashinzwe iperereza bavuze ko icyo gitero cyo kurasa cyakozwe n’Umunya-Afuganistani winjiye muri Amerika mu 2021.

Nyuma y’iminsi mike habaye uko kurasa, Trump yarahiye ko azahagarika burundu kwakira abimukira baturuka mu bihugu byose bikennye, n’ubwo atagaragaje amazina y’ibyo bihugu.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + three =

Previous Post

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Next Post

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Related Posts

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

by radiotv10
22/01/2026
0

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko abarwanyi b’abacancuro b’Abanyaburayi, bongeye kugaragara bakorana na...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

by radiotv10
22/01/2026
0

Umuhuzabikorwa mu bya gisirikare w’Ihuriro AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga yibukije abayobozi muri iri Huriro ko bakiri mu ntambara, kandi...

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

by radiotv10
22/01/2026
0

Urwego rw’uburezi mu Gihugu cy’u Burundi ruravugwamo ihungabana ryatewe n’abarimu benshi bataye akazi kuva umwaka w’amashuri wa 2025-2026 watangira, aho...

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.