• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

radiotv10by radiotv10
17/12/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongereye ibindi Bihugu birindwi ku rutonde rw’ibihugu abaturage babyo batemerewe kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Mu itangazo Ibiro bya Perezida wa Amerika, White House, byashyize ahagaragara kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 17 Ukuboza 2025, rivuga ko Perezida Trump yasinye iteka ribuza abaturage ba Burkina Faso, Mali, Niger, South Sudan na Siriya, ndetse n’abafite impapuro z’ingendo zatanzwe n’Ubutegetsi bwa Palestine, kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Iki cyemezo kandi cyafashwe no ku baturage ba Laos na Sierra Leone, ibihugu byari bisanzwe byarafatiwe izi ngamba mu buryo bw’agateganyo.

Ibiro bya Perezida wa Amerika, White House, byatangaje ko icyo cyemezo kizatangira gukurikizwa kuva ku wa 1 Mutarama 2026.

Ibi bibaye mu gihe no muri Kamena uyu mwaka, Trump yari yasinye iteka ribuza abaturage b’ibindi bihugu 12 kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, avuga ko byari ngombwa mu kwirinda ko igihugu cye gikomeza kwinjirwamo n’abantu bashobora guhungabanya umutekano w’igihugu.

Perezida Trump kandi yashyize umukono ku iteka ryo kongera no gukaza amabwiriza yo kwinjira muri Amerika ku baturage bava mu bihugu bikennye n’ibirangwamo umutekano muke.

Izo ngamba zikurikizwa ku bimukira no ku batari abimukira, barimo ba mukerarugendo, abanyeshuri n’abaza gukorera ubucuruzi muri icyo gihugu.

Kuva yasubira ku butegetsi muri Mutarama 2025, Trump yashyize imbere ishyirwa mu bikorwa ry’amategeko akumira abimukira, ashyira abashinzwe umutekano benshi mu mijyi minini ya Amerika ituwemo cyane n’abimukira, ndetse anabuza abashaka ubuhungiro banyuze ku mupaka wa Amerika na Mexique kwinjira mu gihugu.

Ingamba zo gukaza amategeko akumira abimukira muri Amerika zarushijeho gukazwa nyuma y’urupfu rw’abasirikare babiri ba Amerika babarizwa mu mutwe wa National Guard, barasiwe i Washington, D.C., mu kwezi gushize.

Abashinzwe iperereza bavuze ko icyo gitero cyo kurasa cyakozwe n’Umunya-Afuganistani winjiye muri Amerika mu 2021.

Nyuma y’iminsi mike habaye uko kurasa, Trump yarahiye ko azahagarika burundu kwakira abimukira baturuka mu bihugu byose bikennye, n’ubwo atagaragaje amazina y’ibyo bihugu.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 2 =

Previous Post

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Next Post

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

Next Post
Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.