Saturday, November 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatahuwe ko hari abasirikare barinda Tshisekedi batawe muri yombi mu Bwongereza

radiotv10by radiotv10
21/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Hatahuwe ko hari abasirikare barinda Tshisekedi batawe muri yombi mu Bwongereza
Share on FacebookShare on Twitter

Hamenyekanye amakuru ko abasirikare babiri bari mu baherekeje Perezida Félix Tshisekedi mu Bwongereza, barimo ufite ipeti rya Lieutenant Colonel, batawe muri yombi i Londres.

Aba basirikare batawe muri yombi ubwo bari baherekeje Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi mu ruzinduko akerutse kugirira mu Bwongereza.

Aba basirikare babiri bari muri batanu baherekeje Tshisekedi, ni Lieutenant Colonel Josué Kasongo Nteki na Capitaine Tabu Eboma Tema,

bamaze amasaha ane bafunzwe.

Abashinzwe gucunga umutekano ku Kibuga cy’Ingege mu Bwongereza bataye muri yombi aba basirikare nyuma yo kubasangana imbunda batari bamenyekanishije.

Ubusanzwe ngo abarinda abakuru b’Ibihugu bagiriye uruzinduko mu Bwongereza, ntibaba bafite uburenganzira bwo kwitwaza intwaro.

Cplnews.net dukesha aya makuru, ivuga ko Ambasaderi w’u Bwongereza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yababajwe na kiriya gikorwa cyakozwe n’abasirikare barinda Tshisekedi.

Aganira n’Umunyamakuru Pero Luwara, Ambasaderi w’u Bwongereza muri Congo, yagize ati “Pero biteye isoni biteye isoni muvandimwe. Abasirikare babiri barinda Perezida Tshisekedi batawe muri yombi i Londres, byababaje Igihugu cyanjye.”

Aba basirikare batawe muri yombi bakigera ku Kibuga cy’Indege cya Healthrow nyuma yo kwinangira bakanga gukurikiza amabwiriza y’umutekano wo ku kibuga cy’indege kuko banze kunyura aho gusakirwa, ari na bwo bahise babasaka bakabasangana izo mbunda za masotera.

Inzego zishinzwe umutekano ku kibuga cy’Indege, zahise zibata muri yombi, ndetse bategeka ko indege yari itwaye Perezida Tshisekedi iba ihagaze, ku buryo hiyambajwe ibiganiro bya dipolomasi, bakaza kurekurwa nyuma y’amasa ane.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Jp says:
    3 years ago

    Bakekako ikinyabupfura gike batunze I wabo bakijyana n’ahandi bikabahira se?
    Genda Congo upfuye rubi🙆🙆

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − five =

Previous Post

Na satani izamwihakana- Shaddyboo yaneguye uwamushushanyije akamugira ukuntu gutangaje

Next Post

Hamenyekanye igihano cyakatiwe uwamaze imyaka 3 asambanya umwana we akamutera inda ubugirakabiri

Related Posts

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

by radiotv10
01/11/2025
0

The nationwide identity verification and photo registration exercise for Rwanda’s new digital ID system began in Huye, Gisagara and Nyanza...

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

by radiotv10
01/11/2025
0

There’s a growing buzz and growing worry about internships in Rwanda that pay little or nothing. For many graduates, internships...

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

by radiotv10
01/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 62 y’amavuko ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yafatiwe ku Biro by'Umurenge wa Rubengera mu Karere ka...

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

by radiotv10
01/11/2025
0

A 62-year-old man suspected of taking part in the 1994 Genocide against the Tutsi was arrested at the Rubengera Sector...

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

by radiotv10
31/10/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Mozambique, Gen Júlio dos Santos Jane wasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu mujyi wa wa...

IZIHERUKA

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda
AMAHANGA

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

by radiotv10
01/11/2025
0

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

01/11/2025
BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

01/11/2025
Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

01/11/2025
Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

01/11/2025
Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

31/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso

Hamenyekanye igihano cyakatiwe uwamaze imyaka 3 asambanya umwana we akamutera inda ubugirakabiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.