Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatahuwe ko hari abasirikare barinda Tshisekedi batawe muri yombi mu Bwongereza

radiotv10by radiotv10
21/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Hatahuwe ko hari abasirikare barinda Tshisekedi batawe muri yombi mu Bwongereza
Share on FacebookShare on Twitter

Hamenyekanye amakuru ko abasirikare babiri bari mu baherekeje Perezida Félix Tshisekedi mu Bwongereza, barimo ufite ipeti rya Lieutenant Colonel, batawe muri yombi i Londres.

Aba basirikare batawe muri yombi ubwo bari baherekeje Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi mu ruzinduko akerutse kugirira mu Bwongereza.

Aba basirikare babiri bari muri batanu baherekeje Tshisekedi, ni Lieutenant Colonel Josué Kasongo Nteki na Capitaine Tabu Eboma Tema,

bamaze amasaha ane bafunzwe.

Abashinzwe gucunga umutekano ku Kibuga cy’Ingege mu Bwongereza bataye muri yombi aba basirikare nyuma yo kubasangana imbunda batari bamenyekanishije.

Ubusanzwe ngo abarinda abakuru b’Ibihugu bagiriye uruzinduko mu Bwongereza, ntibaba bafite uburenganzira bwo kwitwaza intwaro.

Cplnews.net dukesha aya makuru, ivuga ko Ambasaderi w’u Bwongereza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yababajwe na kiriya gikorwa cyakozwe n’abasirikare barinda Tshisekedi.

Aganira n’Umunyamakuru Pero Luwara, Ambasaderi w’u Bwongereza muri Congo, yagize ati “Pero biteye isoni biteye isoni muvandimwe. Abasirikare babiri barinda Perezida Tshisekedi batawe muri yombi i Londres, byababaje Igihugu cyanjye.”

Aba basirikare batawe muri yombi bakigera ku Kibuga cy’Indege cya Healthrow nyuma yo kwinangira bakanga gukurikiza amabwiriza y’umutekano wo ku kibuga cy’indege kuko banze kunyura aho gusakirwa, ari na bwo bahise babasaka bakabasangana izo mbunda za masotera.

Inzego zishinzwe umutekano ku kibuga cy’Indege, zahise zibata muri yombi, ndetse bategeka ko indege yari itwaye Perezida Tshisekedi iba ihagaze, ku buryo hiyambajwe ibiganiro bya dipolomasi, bakaza kurekurwa nyuma y’amasa ane.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Jp says:
    3 years ago

    Bakekako ikinyabupfura gike batunze I wabo bakijyana n’ahandi bikabahira se?
    Genda Congo upfuye rubi🙆🙆

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 7 =

Previous Post

Na satani izamwihakana- Shaddyboo yaneguye uwamushushanyije akamugira ukuntu gutangaje

Next Post

Hamenyekanye igihano cyakatiwe uwamaze imyaka 3 asambanya umwana we akamutera inda ubugirakabiri

Related Posts

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

by radiotv10
18/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 76 wo mu Murenge wa Rangiro mu Karere ka Nyamasheke, wari wavuye iwe agiye kuvumba inzoga yari yahishijwe...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe criticizes renowned Congolese Doctor for ignoring key facts in his statement

by radiotv10
18/11/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has expressed surprise that Dr. Denis Mukwege, a Congolese medical...

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

by radiotv10
18/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, baravuga ko abakozi bari gucukura imiyoboro y’amazi bigabije imirima...

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

by radiotv10
18/11/2025
0

Abahinzi b'ikawa bo mu Murenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi, bavuga ko izo bari bamaranye imyaka irenga 40 zitari...

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

IZIHERUKA

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi
IMYIDAGADURO

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

by radiotv10
18/11/2025
0

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

18/11/2025
Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

18/11/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

18/11/2025
Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

18/11/2025
Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso

Hamenyekanye igihano cyakatiwe uwamaze imyaka 3 asambanya umwana we akamutera inda ubugirakabiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.