Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatahuwe ko hari abasirikare barinda Tshisekedi batawe muri yombi mu Bwongereza

radiotv10by radiotv10
21/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Hatahuwe ko hari abasirikare barinda Tshisekedi batawe muri yombi mu Bwongereza
Share on FacebookShare on Twitter

Hamenyekanye amakuru ko abasirikare babiri bari mu baherekeje Perezida Félix Tshisekedi mu Bwongereza, barimo ufite ipeti rya Lieutenant Colonel, batawe muri yombi i Londres.

Aba basirikare batawe muri yombi ubwo bari baherekeje Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi mu ruzinduko akerutse kugirira mu Bwongereza.

Aba basirikare babiri bari muri batanu baherekeje Tshisekedi, ni Lieutenant Colonel Josué Kasongo Nteki na Capitaine Tabu Eboma Tema,

bamaze amasaha ane bafunzwe.

Abashinzwe gucunga umutekano ku Kibuga cy’Ingege mu Bwongereza bataye muri yombi aba basirikare nyuma yo kubasangana imbunda batari bamenyekanishije.

Ubusanzwe ngo abarinda abakuru b’Ibihugu bagiriye uruzinduko mu Bwongereza, ntibaba bafite uburenganzira bwo kwitwaza intwaro.

Cplnews.net dukesha aya makuru, ivuga ko Ambasaderi w’u Bwongereza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yababajwe na kiriya gikorwa cyakozwe n’abasirikare barinda Tshisekedi.

Aganira n’Umunyamakuru Pero Luwara, Ambasaderi w’u Bwongereza muri Congo, yagize ati “Pero biteye isoni biteye isoni muvandimwe. Abasirikare babiri barinda Perezida Tshisekedi batawe muri yombi i Londres, byababaje Igihugu cyanjye.”

Aba basirikare batawe muri yombi bakigera ku Kibuga cy’Indege cya Healthrow nyuma yo kwinangira bakanga gukurikiza amabwiriza y’umutekano wo ku kibuga cy’indege kuko banze kunyura aho gusakirwa, ari na bwo bahise babasaka bakabasangana izo mbunda za masotera.

Inzego zishinzwe umutekano ku kibuga cy’Indege, zahise zibata muri yombi, ndetse bategeka ko indege yari itwaye Perezida Tshisekedi iba ihagaze, ku buryo hiyambajwe ibiganiro bya dipolomasi, bakaza kurekurwa nyuma y’amasa ane.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Jp says:
    3 years ago

    Bakekako ikinyabupfura gike batunze I wabo bakijyana n’ahandi bikabahira se?
    Genda Congo upfuye rubi🙆🙆

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + twenty =

Previous Post

Na satani izamwihakana- Shaddyboo yaneguye uwamushushanyije akamugira ukuntu gutangaje

Next Post

Hamenyekanye igihano cyakatiwe uwamaze imyaka 3 asambanya umwana we akamutera inda ubugirakabiri

Related Posts

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya
FOOTBALL

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

by radiotv10
20/01/2026
0

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

20/01/2026
Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

20/01/2026
Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso

Hamenyekanye igihano cyakatiwe uwamaze imyaka 3 asambanya umwana we akamutera inda ubugirakabiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.