Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatahuwe ko hari abasirikare barinda Tshisekedi batawe muri yombi mu Bwongereza

radiotv10by radiotv10
21/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Hatahuwe ko hari abasirikare barinda Tshisekedi batawe muri yombi mu Bwongereza
Share on FacebookShare on Twitter

Hamenyekanye amakuru ko abasirikare babiri bari mu baherekeje Perezida Félix Tshisekedi mu Bwongereza, barimo ufite ipeti rya Lieutenant Colonel, batawe muri yombi i Londres.

Aba basirikare batawe muri yombi ubwo bari baherekeje Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi mu ruzinduko akerutse kugirira mu Bwongereza.

Aba basirikare babiri bari muri batanu baherekeje Tshisekedi, ni Lieutenant Colonel Josué Kasongo Nteki na Capitaine Tabu Eboma Tema,

bamaze amasaha ane bafunzwe.

Abashinzwe gucunga umutekano ku Kibuga cy’Ingege mu Bwongereza bataye muri yombi aba basirikare nyuma yo kubasangana imbunda batari bamenyekanishije.

Ubusanzwe ngo abarinda abakuru b’Ibihugu bagiriye uruzinduko mu Bwongereza, ntibaba bafite uburenganzira bwo kwitwaza intwaro.

Cplnews.net dukesha aya makuru, ivuga ko Ambasaderi w’u Bwongereza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yababajwe na kiriya gikorwa cyakozwe n’abasirikare barinda Tshisekedi.

Aganira n’Umunyamakuru Pero Luwara, Ambasaderi w’u Bwongereza muri Congo, yagize ati “Pero biteye isoni biteye isoni muvandimwe. Abasirikare babiri barinda Perezida Tshisekedi batawe muri yombi i Londres, byababaje Igihugu cyanjye.”

Aba basirikare batawe muri yombi bakigera ku Kibuga cy’Indege cya Healthrow nyuma yo kwinangira bakanga gukurikiza amabwiriza y’umutekano wo ku kibuga cy’indege kuko banze kunyura aho gusakirwa, ari na bwo bahise babasaka bakabasangana izo mbunda za masotera.

Inzego zishinzwe umutekano ku kibuga cy’Indege, zahise zibata muri yombi, ndetse bategeka ko indege yari itwaye Perezida Tshisekedi iba ihagaze, ku buryo hiyambajwe ibiganiro bya dipolomasi, bakaza kurekurwa nyuma y’amasa ane.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Jp says:
    3 years ago

    Bakekako ikinyabupfura gike batunze I wabo bakijyana n’ahandi bikabahira se?
    Genda Congo upfuye rubi🙆🙆

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 20 =

Previous Post

Na satani izamwihakana- Shaddyboo yaneguye uwamushushanyije akamugira ukuntu gutangaje

Next Post

Hamenyekanye igihano cyakatiwe uwamaze imyaka 3 asambanya umwana we akamutera inda ubugirakabiri

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi
MU RWANDA

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso

Hamenyekanye igihano cyakatiwe uwamaze imyaka 3 asambanya umwana we akamutera inda ubugirakabiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.