Sunday, February 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatahuwe umusore wibaga insinga ku mapiloni ngo azigurishe mu ‘njyamani’

radiotv10by radiotv10
19/11/2022
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Hatahuwe umusore wibaga insinga ku mapiloni ngo azigurishe mu ‘njyamani’
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Kagari ka Ngarama mu Murenge wa Ngarama mu Karere ka Gatsibo, hatahuwe umusore wibaga insinga ku mapiloni ngo azigurishe mu byuma bishaje [bizwi nk’injyamani], aho Polisi yazimusanganye iwabo.

Uyu musore witwa Uhawumugisha Enock w’imyaka 20, yafashwe ku wa Kane tariki 17 Ugushyingo 2022, ubwo Polisi yamusanganaga imifuka ibiri irimo izo nsinga iwabo mu Mudugu wa Ibare.

Ni insinga yakataga nkingi z’amashanyarazi (Pylons), kugira ngo azazigurishe mu byuma bishaje asanzwe acuruza.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, Superintendent of Police (SP) Hamdun Twizeyimana yavuze ko abaturage bo mu tugari twa Nyarubungo na Kigasa two mu Murenge wa Ngarama bari bamaze iminsi bagaragaza ikibazo cy’ibura ry’umuriro w’amashanyarazi bitewe n’insinga z’amashanyarazi zigenda zikatwa zikibwa n’abantu batazwi.

Yavuze ko mu bakekwaga ko bakata izo nsinga, harimo uyu Uhawumugisha. Ati “Hahise hategurwa igikorwa cyo kumusaka, abapolisi bageze iwabo mu rugo mu Mudugudu wa Ibare bamusangana imifuka ibiri irimo insinga z’amashanyarazi zipima 52Kgs ahita atabwa muri yombi.”

Polisi y’u Rwanda ivuga ko uyu musore yiyemereye ko izo nsinga ari ize yari kugurisha mu bindi byuma bishaje asanzwe acuruza, cyakora avuga ko na we yagiye azizanirwa n’abandi bantu atabashije kugaragaza imyirondoro yabo.

Nyuma yo gufatwa, uyu musore n’insinga yafatanywe yahise ashyikirizwa urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera kuri sitasiyo ya Ngarama kugira ngo hakomeze iperereza mu gihe hagishakishwa abandi babigizemo uruhare ngo na bo bafatwe bashyikirizwe ubutabera.

 

ICYO ITEGEKO RITEGANYA

Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ingingo ya 182 ivuga ko Umuntu wese usenya cyangwa wonona ku bw’inabi, ku buryo ubwo ari bwo bwose, inyubako yose cyangwa igice kimwe cyayo, inzu, iteme, urugomero, uruhombo rw’amazi n’inzira yarwo, inzira ya gari ya moshi cyangwa ibikoresho ibyo ari byo byose by’itumanaho cyangwa by’ingufu z’amashanyarazi, amariba cyangwa izindi nyubako zose bitari ibye, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu (3) ariko kitarenze imyaka itanu (5) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni 3 ariko atarenze miliyoni 5.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Umukunzi Radiotv10 says:
    3 years ago

    Mwaramutse neza,nitwa Radio 10 umukunzi nkunda kugurikira cyane izi inkuru mutugezaho nukuli turabashimira cyane kutuzanira platform nkiyi kuri facebook iduha amakuru aba yabaye mubihe bitandukanye umunsi k’umunsi by’umwihariko iyi inkuru uwayanditse yanditse neza cyane kandi irimo amakuru yose nkenerwa(amafoto,aho byabereye,umuntu n’amazina n’imyaka yiwe,intevention ya polisi) nifuzaga kumenya mbese iyi inkuru ikoze neza. please nizindi nkuru zijye ziza nibura zimeze gutya kuko abasomyi turahari kandi nubwo tudakunda kwandika kenshi ariko turasoma kandi dukunda Radiotv10 gahundazayo zose tubakurikira buri munsi .Muri abambere ,Mugire amahoro@Imana ibane namwe!!!

    Reply

Leave a Reply to Umukunzi Radiotv10 Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 14 =

Previous Post

IFOTO: Umuganga wafotowe ahetse umwana w’umurwayi yakoze benshi ku mutima

Next Post

Mu muryango uyobowe na Mushikiwabo Congo yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma

Related Posts

Muri Gasabo haravugwa umugabo bita ‘Pasiteri’ ukekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito bashakanye

Muri Gasabo haravugwa umugabo bita ‘Pasiteri’ ukekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito bashakanye

by radiotv10
07/02/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Nduba mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali bakunze kwita Pasiteri, akurikiranyweho kwica umugore...

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jamaica yasuye iz’u Rwanda zagiye gutanga umusanzu

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jamaica yasuye iz’u Rwanda zagiye gutanga umusanzu

by radiotv10
07/02/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jamayika (JDF), Vice Admiral Antonette Wemyss-Gorman, yasuye abasirikare b'u Rwanda bari mu gace kitwa Trelawny, zagiye...

When Is the Right Age for Kids to Have Phones and social media?

When Is the Right Age for Kids to Have Phones and social media?

by radiotv10
07/02/2026
0

Walk into any home, bus, or school yard today and you will see it: children holding phones, scrolling, laughing, watching...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibyavugiwe mu rubanza rwa Mugisha uba muri America ukekwaho kwica agongeye mugenzi we i Kigali

by radiotv10
06/02/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we Ngabo Eric amugongeye ku kabari ko...

Minisitiri yagaragaje ishusho y’uburezi bw’u Rwanda mu myaka 32 ishize

Minisitiri yagaragaje ishusho y’uburezi bw’u Rwanda mu myaka 32 ishize

by radiotv10
06/02/2026
0

Minisitiri w’Uburezi, Nsengimana Joseph yagaragaje ko mu myaka 32 ishize u Rwanda rwateye intambwe ishimishije mu rwego rw’uburezi nk'inkingi ya...

IZIHERUKA

Gukundana hagati y’abakozi babiri bakorana hari icyo bitwaye?: Kuki hari aho babibuzanya
IMYIDAGADURO

Gukundana hagati y’abakozi babiri bakorana hari icyo bitwaye?: Kuki hari aho babibuzanya

by radiotv10
07/02/2026
0

Muri Gasabo haravugwa umugabo bita ‘Pasiteri’ ukekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito bashakanye

Muri Gasabo haravugwa umugabo bita ‘Pasiteri’ ukekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito bashakanye

07/02/2026
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jamaica yasuye iz’u Rwanda zagiye gutanga umusanzu

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jamaica yasuye iz’u Rwanda zagiye gutanga umusanzu

07/02/2026
Ntiharamenyekana abari inyuma y’igitero cyagabwe aho abantu basengeraga muri Pakistan kigahitana benshi

Ntiharamenyekana abari inyuma y’igitero cyagabwe aho abantu basengeraga muri Pakistan kigahitana benshi

07/02/2026
When Is the Right Age for Kids to Have Phones and social media?

When Is the Right Age for Kids to Have Phones and social media?

07/02/2026
AFC/M23 yagaragarije ab’i Goma ko ubuyobozi bwayo bwamaze gushinga imizi

AFC/M23 yagaragarije ab’i Goma ko ubuyobozi bwayo bwamaze gushinga imizi

06/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu muryango uyobowe na Mushikiwabo Congo yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma

Mu muryango uyobowe na Mushikiwabo Congo yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gukundana hagati y’abakozi babiri bakorana hari icyo bitwaye?: Kuki hari aho babibuzanya

Muri Gasabo haravugwa umugabo bita ‘Pasiteri’ ukekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito bashakanye

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jamaica yasuye iz’u Rwanda zagiye gutanga umusanzu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.