Saturday, October 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe amakuru arambuye ku mugambi mubisha FARDC na FDLR bafitiye Abanyamulenge

radiotv10by radiotv10
07/08/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Hatangajwe amakuru arambuye ku mugambi mubisha FARDC na FDLR bafitiye Abanyamulenge
Share on FacebookShare on Twitter

Me Moïse Nyarugabo wabaye mu nzego nkuru mu butegetsi bwa DRC, yamaganye ibitero bikomeje kugabwa n’abahuzamugambi bahuriyemo FARDC, FDLR na Wazalendo, mu bice binyuranye byo mu majyepfo ya Minembwe, avuga kandi ko imigambi yabyo ikomeje.

Nyarugabo wabaye Minisitiri w’Ubukungu muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ukunze kuvugira Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bazwi nk’Abanyamulenge bakunze kugirirwa nabi n’Ubutegetsi bw’Igihugu cyabo, yatanze iyi mpuruza mu nyandiko yashyize hanze.

Uyu munyapolitiki w’Umunyekongo, watangiye ubutumwa bwe asaba ko ubutegetsi bwa Congo ko bukwiye kubahiriza amasezerano yo guhagarika imirwano, yavuze ko hirya y’ejo hashize, ubwo ni ku wa Kabiri, tariki 05 Kanama 2025, “abahuzamugambi mubi ba FARDC, Wazalendo, FDLR n’abandi bafatanyije bagize igisirikare ariko kidafite ibendera bagabye ibitero mu gitondo cya kare mu duce twa Rugezi na Irumba mu majyepfo ya Minembwe.”

Akomeza avuga kandi ko ari na ko byagenze “mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Kanama 2025, aho aba barwanyi nubundi bagabye ibitero mu bice byo mu Burengerazuba no mu Majyaruguru ya Minembwe, nka Marunde, Firo muri Luhemba, Bilalo Mbili, Rwitsankuku no muri santere ya Mikenke yibasiwe cyane kuko irimo Abanyamulenge bavanywe mu byabo.”

Yakomeje avuga kandi ko ibitero bigikomeje, aho izi mpunzi zavuye aho zari zicumbitse zikongera zigahungira mu bice by’imisozi.

Ati “Ibindi bitero kandi biritezwe mu bihe no mu minsi izaza uhereye kuri Point zero muri Teritwari ya Fizi, bizanakorerwa rimwe n’ibizibasira ibice by’Abanyamulenge bo muri Teritwari ya Uvira muri Gurupoma za Bijombo, Kigoma na Itara.”

Yakomeje agira ati “Umuntu yakwibaza impamvu cyangwa ibisobanuro by’ibi bitero bigabwa muri Minembwe no mu Misozi miremire. Ni iyihe ntego ya Kinshasa [ubutegetsi bwa DRC] bwatangije ibitero byinshi ahandi hantu henshi? Ese iby’i Doha byo bite byabyo?”

Me Moïse Nyarugabo yakomeje avuga kandi ko Guverinoma ya DRC n’abafatanyabikorwa bayo, bafunze inzira zose ziva mu masoko yo muri biriya bice kugira ngo bakoreshe inkambi yashyirwagamo abavanywe mu byabo muri Minembwe, nk’aho bategurira ibi bitero, ariko abantu bakaba bakomeje kuruca bakarumira.

Ati “Ariko uko byagenda kose abakomeje kuruca bakarumira n’abafunga amaso, ntibazongera kubona urwitwazo rwo kuba hari icyo batakoze, bagomba kuzabiryozwa n’amateka.”

Yaboneyeho kugira inama aba bari muri ibi bikorwa bibi, byumwihariko yibutsa Wazalendo ko uko byagenda kose bagomba kubana mu Gihugu cyabo nk’Abanyekongo, kandi ko imigambi mibisha yabo yo kurandura ubu bwoko itazagerwaho nk’uko FARDC imaze imyaka umunani yose iwufatanyamo na FDLR.

Ibi bitero biravugwa mu gihe mu minsi ishize Ubutegetsi bwa Congo bwagiranye amasezerano na Guverinoma y’u Rwanda agamije kuzanira amahoro uburasirazuba bwa DRC, kimwe n’amahame ubu butegetsi bwasinyanye na AFC/M23.

Nubwo hasinywe aya masezerano n’ariya mahame, ubutegetsi bwa Congo bwavuzweho gukomeza kugaragaza umugambi mubisha, aho ubwo hasinywaga ibi byose, bwo bwari bukomeje kurunda intwaro n’abasirikare muri biriya bice.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 12 =

Previous Post

Ibivugwa ku ijyanwa mu bitaro ry’umuhanzi w’Umunya-Uganda Weasel umugabo w’Umunyarwandakazi Teta bavuzweho gupfubirana

Next Post

Eng.-More details announced about the conspiracy by FARDC and FDLR against Banyamulenge

Related Posts

Amakuru akomeje kuza ari incamugongo ku mibare y’abagiriye ibyago aho basengeraga muri Ethiopia

Amakuru akomeje kuza ari incamugongo ku mibare y’abagiriye ibyago aho basengeraga muri Ethiopia

by radiotv10
03/10/2025
0

Nyuma n’impanuka y’urusengero rwubakwaga mu Karere ka Amhara muri Ethiopia rugwiriye abantu bari mu masengesho, imibare y’abo yahitanye ndetse n’abakomeretse...

Igihano cy’urupfu cyakatiwe Joseph Kabila wayoboye Congo gikomeje guhagurukirwa

Igihano cy’urupfu cyakatiwe Joseph Kabila wayoboye Congo gikomeje guhagurukirwa

by radiotv10
02/10/2025
0

Nyuma yuko Urukiko Rukuru rwa Gisirikare i Kinshasa rukatiye igihano cy’urupfu Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya...

Icyo AFC/M23 yahise itangaza ku gihano cy’urupfu cyakatiwe Kabila cyatumye abanyapolitiki bahaguruka

Icyo AFC/M23 yahise itangaza ku gihano cy’urupfu cyakatiwe Kabila cyatumye abanyapolitiki bahaguruka

by radiotv10
01/10/2025
0

Umuhuzabikorwa Wungirije wa AFC/M23, Betrand Bisimwa yatangaje ko gukatira igihano cy’urupfu Joseph Kabila wabaye Perezida wa DRC, ahamijwe ibyaha bishingiye...

Ni iki Urukiko rwa Gisirikare rwagendeyeho rukatira igihano cy’urupfu Kabila wayoboye Congo

Ni iki Urukiko rwa Gisirikare rwagendeyeho rukatira igihano cy’urupfu Kabila wayoboye Congo

by radiotv10
01/10/2025
0

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rwahamije ibyaha Joseph Kabila Kabange wayoboye iki Gihugu, rumukatira igihano...

Qatar yagaragaje uko yakiriye imbabazi yasabwe na Israel nyuma y’iminsi barebana ikijisho

Qatar yagaragaje uko yakiriye imbabazi yasabwe na Israel nyuma y’iminsi barebana ikijisho

by radiotv10
30/09/2025
0

Minisitiri w’Intebe wa Qatar yavuze ko Igihugu cye cyiteguye gukomeza ibikorwa byo gushaka iherezo ry’intambara muri Gaza, nyuma yuko mugenzi...

IZIHERUKA

Why Rwanda’s new Digital ID matters, and how it will transform access to services
IMIBEREHO MYIZA

Why Rwanda’s new Digital ID matters, and how it will transform access to services

by radiotv10
04/10/2025
0

Kayonza: Igikekwa ku rupfu rw’umugabo, umugore n’umwana wabo basanzwe mu nzu barapfuye

Kayonza: Yicishijwe amabuye n’abacukuraga amabuye y’agaciro mu buryo butemewe

03/10/2025
ZACU TV yinjiye mu mikoranire na RwandAir inamurika filimi nshya zirimo izo kwitega muri 2026

ZACU TV yinjiye mu mikoranire na RwandAir inamurika filimi nshya zirimo izo kwitega muri 2026

03/10/2025
Ku nshuro ya kabiri Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahawe impando y’imodoka y’akataraboneka n’umugabo we

Ku nshuro ya kabiri Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahawe impando y’imodoka y’akataraboneka n’umugabo we

03/10/2025
10 Must-watch movies this weekend: From thrills to romance

10 Must-watch movies this weekend: From thrills to romance

03/10/2025
Mujye muzirikana ko gukorera Abanyarwanda ariwo murimo wanyu w’ibanze-P.Kagame abwira abinjiye muri RDF

Mujye muzirikana ko gukorera Abanyarwanda ariwo murimo wanyu w’ibanze-P.Kagame abwira abinjiye muri RDF

03/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-More details announced about the conspiracy by FARDC and FDLR against Banyamulenge

Eng.-More details announced about the conspiracy by FARDC and FDLR against Banyamulenge

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Rwanda’s new Digital ID matters, and how it will transform access to services

Kayonza: Yicishijwe amabuye n’abacukuraga amabuye y’agaciro mu buryo butemewe

ZACU TV yinjiye mu mikoranire na RwandAir inamurika filimi nshya zirimo izo kwitega muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.