Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe amakuru arambuye ku mugambi mubisha FARDC na FDLR bafitiye Abanyamulenge

radiotv10by radiotv10
07/08/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Hatangajwe amakuru arambuye ku mugambi mubisha FARDC na FDLR bafitiye Abanyamulenge
Share on FacebookShare on Twitter

Me Moïse Nyarugabo wabaye mu nzego nkuru mu butegetsi bwa DRC, yamaganye ibitero bikomeje kugabwa n’abahuzamugambi bahuriyemo FARDC, FDLR na Wazalendo, mu bice binyuranye byo mu majyepfo ya Minembwe, avuga kandi ko imigambi yabyo ikomeje.

Nyarugabo wabaye Minisitiri w’Ubukungu muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ukunze kuvugira Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bazwi nk’Abanyamulenge bakunze kugirirwa nabi n’Ubutegetsi bw’Igihugu cyabo, yatanze iyi mpuruza mu nyandiko yashyize hanze.

Uyu munyapolitiki w’Umunyekongo, watangiye ubutumwa bwe asaba ko ubutegetsi bwa Congo ko bukwiye kubahiriza amasezerano yo guhagarika imirwano, yavuze ko hirya y’ejo hashize, ubwo ni ku wa Kabiri, tariki 05 Kanama 2025, “abahuzamugambi mubi ba FARDC, Wazalendo, FDLR n’abandi bafatanyije bagize igisirikare ariko kidafite ibendera bagabye ibitero mu gitondo cya kare mu duce twa Rugezi na Irumba mu majyepfo ya Minembwe.”

Akomeza avuga kandi ko ari na ko byagenze “mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Kanama 2025, aho aba barwanyi nubundi bagabye ibitero mu bice byo mu Burengerazuba no mu Majyaruguru ya Minembwe, nka Marunde, Firo muri Luhemba, Bilalo Mbili, Rwitsankuku no muri santere ya Mikenke yibasiwe cyane kuko irimo Abanyamulenge bavanywe mu byabo.”

Yakomeje avuga kandi ko ibitero bigikomeje, aho izi mpunzi zavuye aho zari zicumbitse zikongera zigahungira mu bice by’imisozi.

Ati “Ibindi bitero kandi biritezwe mu bihe no mu minsi izaza uhereye kuri Point zero muri Teritwari ya Fizi, bizanakorerwa rimwe n’ibizibasira ibice by’Abanyamulenge bo muri Teritwari ya Uvira muri Gurupoma za Bijombo, Kigoma na Itara.”

Yakomeje agira ati “Umuntu yakwibaza impamvu cyangwa ibisobanuro by’ibi bitero bigabwa muri Minembwe no mu Misozi miremire. Ni iyihe ntego ya Kinshasa [ubutegetsi bwa DRC] bwatangije ibitero byinshi ahandi hantu henshi? Ese iby’i Doha byo bite byabyo?”

Me Moïse Nyarugabo yakomeje avuga kandi ko Guverinoma ya DRC n’abafatanyabikorwa bayo, bafunze inzira zose ziva mu masoko yo muri biriya bice kugira ngo bakoreshe inkambi yashyirwagamo abavanywe mu byabo muri Minembwe, nk’aho bategurira ibi bitero, ariko abantu bakaba bakomeje kuruca bakarumira.

Ati “Ariko uko byagenda kose abakomeje kuruca bakarumira n’abafunga amaso, ntibazongera kubona urwitwazo rwo kuba hari icyo batakoze, bagomba kuzabiryozwa n’amateka.”

Yaboneyeho kugira inama aba bari muri ibi bikorwa bibi, byumwihariko yibutsa Wazalendo ko uko byagenda kose bagomba kubana mu Gihugu cyabo nk’Abanyekongo, kandi ko imigambi mibisha yabo yo kurandura ubu bwoko itazagerwaho nk’uko FARDC imaze imyaka umunani yose iwufatanyamo na FDLR.

Ibi bitero biravugwa mu gihe mu minsi ishize Ubutegetsi bwa Congo bwagiranye amasezerano na Guverinoma y’u Rwanda agamije kuzanira amahoro uburasirazuba bwa DRC, kimwe n’amahame ubu butegetsi bwasinyanye na AFC/M23.

Nubwo hasinywe aya masezerano n’ariya mahame, ubutegetsi bwa Congo bwavuzweho gukomeza kugaragaza umugambi mubisha, aho ubwo hasinywaga ibi byose, bwo bwari bukomeje kurunda intwaro n’abasirikare muri biriya bice.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × two =

Previous Post

Ibivugwa ku ijyanwa mu bitaro ry’umuhanzi w’Umunya-Uganda Weasel umugabo w’Umunyarwandakazi Teta bavuzweho gupfubirana

Next Post

Eng.-More details announced about the conspiracy by FARDC and FDLR against Banyamulenge

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-More details announced about the conspiracy by FARDC and FDLR against Banyamulenge

Eng.-More details announced about the conspiracy by FARDC and FDLR against Banyamulenge

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.