Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe amakuru arambuye ku musirikare wa Congo warashwe na RDF n’icyakurikiyeho

radiotv10by radiotv10
04/03/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Undi musirikare wa FARDC warasiwe ku butaka bw’u Rwanda hamenyekanye uko yabugezeho

Ifoto y'umusirikare warashwe muri Kamena 2022

Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwemeje ko umusirikare umwe wo mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) yishwe arasiwe ku butaka bw’u Rwanda ubwo yinjiraga arasa ku basirikare ba RDF, ndetse bunavuga icyakurikiyeho.

Ibi byabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 03 Werurwe 2023 ubwo uyu musirikare wa FARDC yinjiraga arasa ku basirikare ba RDF bari ku mipaka ihuza u Rwanda na DRC ya Grande Barrière na Petite Barrière.

RDF ivuga ko byabaye ahagana saa kumi n’imwe n’iminota mirongo itatu n’itanu (17:35’) kuri iyi mipaka yombi iri mu Karere ka Rubavu mu Ntara y’Iburengerazuba.

Itangazo ry’Ingabo z’u Rwanda rigira riti “Abasirikare ba RDF bahise na bo bamurasa bica umusirikare wa FARDC wari ku butaka bw’u Rwanda.”

Iri tangazo rikomeza rigagaragaza icyahise gikurikiraho nyuma yuko uyu musirikare wa FARDC avogereye ubutaka bw’u Rwanda akaza anarasa abasirikare b’u Rwanda.

Riti “Abandi basirikare ba FARDC bahise batangira kurasa ku birindiro bya RDF, bituma habago gukozanyaho by’igihe gito. Ubu hari ituze.”

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buvuga ko ubu bushotoranyi ari ubundi buje bwiyongera ku bundi bwinshi bw’abasirikare ba DRC bagiye bavogera ubutaka bw’u Rwanda.

RDF itangaza ko yahise imenyesha itsinda rya gisirikare rihuriweho mu karere rishinzwe kugenzura ibikorwa bya gisirikare mu karere EJVM (Extended Joint Verification Mechanism).

Mu gihe kitarenze umwaka, ubushotoranyi nk’ubu bw’abasirikare ba Congo bavogera u Rwanda bakinjira barasa, bubaye inshuro zirenze eshatu kuko.

Mu gitondo cyo ku ya 17 Kamena umwaka ushize wa 2022 hari undi musirikare wa FARDC winjiriye kuri Petite Barrière arasa abaturage bambukaga ndetse n’abashinzwe umutekano, na we agahita araswa akahasiga ubuzima.

Tariki 04 Kanama 2022, na bwo hari umusirikare wa FARDC warasiwe mu Mudugudu wa Cyamabuye mu Kagari ka Rusura Umurenge wa Busasamana mu Karere ka Rubavu, ubwo yirukanka ku bana bari baragiye intama ashaka kuzibaka, akaza gushiduka yarenze umupaka uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Mu gicukuru cyo ku ya 19 Ugushyingo 2022, ahagana saa saba z’ijoro, na bwo hari undi musirikare wa FARDC warasiwe ku butaka bw’u Rwanda, na bwo ubwo yinjiriraga kuri Petite Barrière arasa abasirikare b’u Rwanda, na bo bahita bamurasa ahasiga ubuzima.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × one =

Previous Post

IFOTO: Akazuye umutima…Miss Elsa yateye imitoma nshimangirarukundo umugabo we Prince Kid

Next Post

Perezida Macron yasesekaye muri DRCongo yakirwa bidasanzwe

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi
AMAHANGA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

by radiotv10
14/12/2025
0

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

14/12/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

13/12/2025
Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Macron yasesekaye muri DRCongo yakirwa bidasanzwe

Perezida Macron yasesekaye muri DRCongo yakirwa bidasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.