Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe amakuru arambuye ku musirikare wa Congo warashwe na RDF n’icyakurikiyeho

radiotv10by radiotv10
04/03/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Undi musirikare wa FARDC warasiwe ku butaka bw’u Rwanda hamenyekanye uko yabugezeho

Ifoto y'umusirikare warashwe muri Kamena 2022

Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwemeje ko umusirikare umwe wo mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) yishwe arasiwe ku butaka bw’u Rwanda ubwo yinjiraga arasa ku basirikare ba RDF, ndetse bunavuga icyakurikiyeho.

Ibi byabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 03 Werurwe 2023 ubwo uyu musirikare wa FARDC yinjiraga arasa ku basirikare ba RDF bari ku mipaka ihuza u Rwanda na DRC ya Grande Barrière na Petite Barrière.

RDF ivuga ko byabaye ahagana saa kumi n’imwe n’iminota mirongo itatu n’itanu (17:35’) kuri iyi mipaka yombi iri mu Karere ka Rubavu mu Ntara y’Iburengerazuba.

Itangazo ry’Ingabo z’u Rwanda rigira riti “Abasirikare ba RDF bahise na bo bamurasa bica umusirikare wa FARDC wari ku butaka bw’u Rwanda.”

Iri tangazo rikomeza rigagaragaza icyahise gikurikiraho nyuma yuko uyu musirikare wa FARDC avogereye ubutaka bw’u Rwanda akaza anarasa abasirikare b’u Rwanda.

Riti “Abandi basirikare ba FARDC bahise batangira kurasa ku birindiro bya RDF, bituma habago gukozanyaho by’igihe gito. Ubu hari ituze.”

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buvuga ko ubu bushotoranyi ari ubundi buje bwiyongera ku bundi bwinshi bw’abasirikare ba DRC bagiye bavogera ubutaka bw’u Rwanda.

RDF itangaza ko yahise imenyesha itsinda rya gisirikare rihuriweho mu karere rishinzwe kugenzura ibikorwa bya gisirikare mu karere EJVM (Extended Joint Verification Mechanism).

Mu gihe kitarenze umwaka, ubushotoranyi nk’ubu bw’abasirikare ba Congo bavogera u Rwanda bakinjira barasa, bubaye inshuro zirenze eshatu kuko.

Mu gitondo cyo ku ya 17 Kamena umwaka ushize wa 2022 hari undi musirikare wa FARDC winjiriye kuri Petite Barrière arasa abaturage bambukaga ndetse n’abashinzwe umutekano, na we agahita araswa akahasiga ubuzima.

Tariki 04 Kanama 2022, na bwo hari umusirikare wa FARDC warasiwe mu Mudugudu wa Cyamabuye mu Kagari ka Rusura Umurenge wa Busasamana mu Karere ka Rubavu, ubwo yirukanka ku bana bari baragiye intama ashaka kuzibaka, akaza gushiduka yarenze umupaka uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Mu gicukuru cyo ku ya 19 Ugushyingo 2022, ahagana saa saba z’ijoro, na bwo hari undi musirikare wa FARDC warasiwe ku butaka bw’u Rwanda, na bwo ubwo yinjiriraga kuri Petite Barrière arasa abasirikare b’u Rwanda, na bo bahita bamurasa ahasiga ubuzima.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 16 =

Previous Post

IFOTO: Akazuye umutima…Miss Elsa yateye imitoma nshimangirarukundo umugabo we Prince Kid

Next Post

Perezida Macron yasesekaye muri DRCongo yakirwa bidasanzwe

Related Posts

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

IZIHERUKA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Macron yasesekaye muri DRCongo yakirwa bidasanzwe

Perezida Macron yasesekaye muri DRCongo yakirwa bidasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.