Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe ibyaha bikekwa ku ‘mupfumu’ uzwi mu Rwanda watawe muri yombi

radiotv10by radiotv10
05/11/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hatangajwe ibyaha bikekwa ku ‘mupfumu’ uzwi mu Rwanda watawe muri yombi
Share on FacebookShare on Twitter

Rurangirwa Wilson uzwi nk’umupfumurabihe Salongo, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, rumukurikiranyeho ibyaha birimo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe hashingiwe ku kuba yarizezaga abantu ko afite imbaraga zidasanzwe zanagaruza ibyibwe.

Umupfumu Salongo yatawe muri yombi mu cyumweru gishize tariki 31 Ukwakira 2024, nk’uko byemejwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB.

Uyu wiyita umupfumu, usanzwe atuye mu Mudugudu wa Rugarama II mu Kagari ka Nyamata mu Murenge wa Nyamata, afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Nyamata mu Karere ka Bugesera.

Gusa ibikorwa akurikiranyweho by’ubupfumu, asanzwe abikorera mu Mudugudu wa Mayange mu Mkagari mu Kagari ka Maranyundo, ahanasanzwe ibyo yakoreshaga birimo impu z’ibisimba.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry avuga ko Rurangirwa Wilson uzwi nka Salongo yatawe muri yombi nyuma yo gukorwaho iperereza ku byaha akurikiranyweho birimo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, yagiye aregwa n’abantu batandukanye.

Ati “Yaregwaga n’abantu batandukanye akabizeza ko ari umuvuzi gakondo ufite imbaraga zidasanzwe zo kugaruza ibyibwe ndetse n’ubushobozi bwo kuvura indwara zitandukanye.”

Salongo akurikiranyweho kandi ibindi byaha birimo guhimba, guhindura inyandiko cyangwa gukoresha inyandiko mpimbano, icyaha cyo kwiyitirira urwego rw’umwuga, impamyabushobozi, impamyabumenyi cyangwa ubushobozi buhabwa umuntu wujuje ibyangombwa n’icyaha cy’iyezandonke.

Dr Murangira avuga kandi ko uyu Salongo yizezaga abantu ibitangaza bidashoboka birimo kubizeza ko avura inyatsi, ndetse n’ababuze urubyaro akaba yabasha kurubaha.

Ati “Ikibabaje muri ibi byose, uyu Salongo wasangaga yamamazwa cyane n’imbuga nkoranyambaga nk’umuntu udasanzwe.”

Mu minsi ishize hari haherutse kugaragazwa ikibuga cya Basketball cyubatswe n’uyu Salongo, yubakiye abaturage, ngo bajye babasha kubona aho bidagadurira.

Uyu wiyita umupfumu kandi yasanganwe ibyo yakoreshaga muri ibi bikorwa bye, birimo impu z’ibisimba, n’amagi n’ibindi bikoresho yavugaga ko yakoreshaga mu bupfumu bwe.

Umupfumu Salongo yatawe muri yombi
Ibikoresho yasanganywe aho yakoreraga ubupfumu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − thirteen =

Previous Post

Icyo RDF ibona cyihishe inyuma y’ibihuha byazamuwe ko abasirikare bayo bari i Maputo

Next Post

Rusizi: Abahinzi b’umuceri bigeze kugarukwaho na Perezida Kagame bongeye kumwenyura

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Abahinzi b’umuceri bigeze kugarukwaho na Perezida Kagame bongeye kumwenyura

Rusizi: Abahinzi b’umuceri bigeze kugarukwaho na Perezida Kagame bongeye kumwenyura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.