Saturday, November 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe ibyaha bikomeye biregwa Visi Perezida wa Sudani y’Epfo

radiotv10by radiotv10
12/09/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hatangajwe ibyaha bikomeye biregwa Visi Perezida wa Sudani y’Epfo
Share on FacebookShare on Twitter

Inzego z’ubutabera muri Sudani y’Epfo, zatangaje ko Riek Machar-Visi Perezida w’iki Gihugu akurikiranyweho ibyaha byo kugambirira kugambanira Igihugu, n’ibindi byaha bikomeye.

Ibi byatumye hongera kuzamuka impungenge ko iki Gihugu cyo mu burasirazuba bwa Afurika gishobora kongera gusubira mu ntambara y’abenegihugu.

Kuva mu kwezi kwa Werurwe 2025, Machar afungiye iwe mu rugo, aho akomeje gucungirwa, nyuma yuko Guverinoma arimo y’inzibacyuho, yamushinje ibikorwa byo gushaka guhungabanya ubutegetsi bwa Perezida Salva Kiir.

Usibye icyaha cyo kugambanira Igihugu, Riek Machar n’abandi barindwi, bakurikiranweho ibyaha byo kwica abantu, gucura imigambi mibisha, iterabwoba, gusenya ibikorwa remezo bya Leta n’iby’ingabo, ndetse n’ibyaha byibasira inyokomuntu.

Ibyo byaha aregwa byakomotse ku gikorwa cy’ubugizi bwa nabi cyabaye mu kwezi kwa Werurwe, ubwo umutwe w’inyeshyamba uzwi nka White Army wigaruriraga ikigo cya gisirikare cya leta, ukica umuyobozi wacyo n’abandi bagikoragamo.

Itangazo ryasohowe kuri uyu wa 11 nzeri 2025 na Minisiteri y’Ubutabera, rivuga ko igitero cyabereye i Nasir, mu Ntara ya Upper Nile, cyatewe inkunga na Riek Machar n’abandi banyapolitiki

Nubwo igihe Machar azagerezwa Imbere y’urukiko kitatangajwe, itangazo rya Minisiteri y’Ubutabera rivuga ko we n’abandi baregwa hamwe bamaze kumenyeshwa ibyaha baregwa kandi ko uburenganzira bwo kuburana buzubahirizwa nkuko biteganywa n’Itegeko Nshinga.

Icyakora umuvugizi wa Machar, Puok Both Baluang, yavuze ko ibirego ashinjwa bishingiye ku mpamvu za politiki, kandi bigamije kugira ngo ashyirwe ku ruhunde. Yavuze ko kandi batizeye ubutabera bwa Sudani y’Epfo kuko butigenga, bushobora kuyoborwa mu nyungu za politiki.

Kurega Riek Machar ibi byaha, bishobora kurushaho guhungabanya umutekano wa Sudani y’Epfo, mu gihe Guverinoma y’iki Gihugu isanzwe iri ku gitutu cy’abayisaba gushyira mu bikorwa amasezerano y’amahoro, yashyizweho ubukono ku wa 22 Gashyantare 2020, hagati ya Salva kiir na Riek Machar, yo gukumira ko hakongera kwaduka intambara y’abanyagihugu.

Salva Kiir na Riek Machar bombi ni abayobozi bakoze amateka muri Sudani y’Epfo, kuko bafatanyije kuyobora umutwe w’inyeshyamba wa Sudan People’s Liberation Movement (SPLM) waharaniye ubwigenge bw’iki Gihugu kugeza kibubonye muri 2011.

Ariko aba bombi bakomoka mu moko ahanganye. Kiir akomoka mu ba-Dinka, ari bo benshi mu Gihugu, naho Machar akomoka mu ba-Nuer ba kabiri mu bwinshi.

Intambara y’abo yombi yatangiye mu myaka ya 1990s, ubwo Machar yayoboraga igice cyitandukanyije n’umutwe w’inyeshyamba wa SPLM cyashinjwaga kuwugambanira muri icyo gihe.

Ingabo zari zishyigikiye Machar zateguye ubwicanyi  bwibasiraga Aba-Dinka, bikaza kurakaza Kiir wari umuyobozi w’inyeshyamba za SPLM.

Ayo makimbirane y’abanyasudani yadindije urugamba rwo gushaka ubwigenge, ariko yanateye urwikekwe rutarangiye hagati ya Kiir na Machar.

Abasesenguzi bavuga ko n’iyo bafatanya kuyobora Igihugu, Kiir na Machar badahuza, kandi amakimbirane yabo yakomeje kwiyongera uko imyaka igenda ishira, aho Riek Machar ashaka umwanya wo kuyobora Igihugu, mu gihe Salva Kiir akomeje kwanga kuva ku butegetsi.

Muri 2013, Kiir akoresheje urwitwazo rw’uko hari hategurwa ihirikwa ry’ubutegetsi, yirukanye Machar wari Minisitiri w’Intebe we. Ibintu byatumye mu murwa mukuru I Juba haduka imirwano hagati y’ingabo za leta zishyigikiye Salva Kiir n’izari zishyigikiye Riek Machar, iyo ntambara y’abenegihugu yahitanye abantu bagera ku bihumbi 400 muri Sudani y’Epfo.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + seven =

Previous Post

Rwanda condemns Israel strike in Doha, affirms solidarity with Qatar

Next Post

Ntibanyurwa n’igisubizo bakunze guhabwa ku mbogamizi batahwemye kugaragaza

Related Posts

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

by radiotv10
31/10/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryamaganye ibyo gufungura Ikibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Goma, byavugiwe...

Eng.-AFC/M23 responds to France’s remarks about reopening Goma International Airport

Eng.-AFC/M23 responds to France’s remarks about reopening Goma International Airport

by radiotv10
31/10/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo (DRC), has strongly criticized France’s recent remarks...

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

by radiotv10
30/10/2025
0

Umuryango urwanya Ubushomeri n’Iyicarubozo ALUCHOTO watanze umuburo ko Abarundi baba mu Bihugu bimwe nka Tanzania na Malawi, bari gukorerwa ibikorwa...

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

by radiotv10
30/10/2025
0

Urukiko rwa Gisirikare rw’i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rwakatiye igihano cy’umwaka usubitse umusirikarekazi Adjudante Béanche Sarah Ebabi...

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
29/10/2025
0

Ifoto y’imodoka yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi bivugwa ko ari umutamenwa, yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, ni iyo ingabo z’iki Gihugu zamurikiye...

IZIHERUKA

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding
MU RWANDA

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

by radiotv10
31/10/2025
0

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

31/10/2025
Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

31/10/2025
Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

31/10/2025
Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

31/10/2025
Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

31/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntibanyurwa n’igisubizo bakunze guhabwa ku mbogamizi batahwemye kugaragaza

Ntibanyurwa n’igisubizo bakunze guhabwa ku mbogamizi batahwemye kugaragaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.