Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe ibyaha bikurikiranywe ku barimu n’umunyeshuri ba Kaminuza imwe mu Rwanda n’uburyo byakozwe

radiotv10by radiotv10
27/06/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hatangajwe ibyaha bikurikiranywe ku barimu n’umunyeshuri ba Kaminuza imwe mu Rwanda n’uburyo byakozwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abarimu babiri n’umunyeshuri umwe, ba Kaminuza y’Ubukerarugendo n’Ubucuruzi (UTB) ishami rya Gisenyi, batawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rubakurikiranyeho ibyaha birimo gusaba no kwakira indonke, aho bavugwaho kwakira agera kuri miliyoni 3 Frw yatangwaga n’abanyeshuri ngo babone amanota bataruhiye.

Abatawe muri yombi, barimo uwitwa Theoneste na Sylvain bombi bafite imyaka 50 buri umwe; bakaba ari abarimu ba UTB, ndetse na Dieudonne w’imyaka 27, akaba umunyeshuri muri iyi kaminuza.

Uko ari batatu bakurikiranyweho ibyaha bibiri, ari byo gusaba no kwakira indonke, ndetse n’icyaha cyo kuba icyitso mu ikorwa ry’icyaha cyo gusaba no kwakira indonke.

Ni icyaha cyakorewe mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, ahaherereye ishami rya UTB, aho abatawe muri yombi bacumbikiwe kuri Sitasiyo ya RIB ya Gisenyi, ndetse dosiye y’ikirego cyabo, ikaba yaramaze gukorwa yaranashyikirijwe Ubushinjacyaha.

Dr Murangira B. Thierry, Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, avuga ko aba barimu bakoze ibi byaha mu mwaka w’amashuri wa 2022-2023.

Ati “Basabye bakanakira indonke y’agera kuri 3 033 700 Frw nk’ikiguzi cyo kugira ngo babone amanota yo mu ishuri batakoreye.”

Ni mu gihe uyu munyeshuri bafunganywe kuva tariki 19 Kamena 2024, we akurikiranyweho icyaha cyo kuba icyitso muri iki cyaha cyo kwaka indonke, dore ko ari we wanyuzwagaho ayo mafaranga nk’umukomisiyoneri yahabwaga n’abanyeshuri, ubundi akaba ari we uyashyikiriza aba barimu.

Dr Murangira avuga ko iyi ruswa idakwiye kwihanganirwa, kuko ifite byinshi yakwangiza kuko uretse kugira ingaruka ku ireme ry’uburezi, byanagera no ku murimo no mu zindi nzego zizakorwamo n’abize muri ubwo buryo.

Ati “Ntabwo bikwiye ko umuntu ufite inshingano z’uburezi gusaba no kwakira indoke ngo atange amanota umunyeshuri atakoreye.”

Dr Murangira yasabye abanyeshuri bafite amakuru ku bikorwa nk’ibi, ko bayaha RIB, cyangwa bakabimenyesha uru Rwego bakoresheje imeri, ubundi rugakora iperereza rigamije kubica.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 10 =

Previous Post

Hari ikindi Gihugu cyageragejwemo ‘Coup d’Etat’ irapfuba

Next Post

Kenya: Nyuma y’uko imyigaragambyo ikajije umurego Perezida yatangaje icyemezo cyari giterezanyijwe amatsiko

Related Posts

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu muhango wabereye muri White House-Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na...

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

IZIHERUKA

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye
MU RWANDA

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

04/12/2025
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

04/12/2025
Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Nyuma y’uko imyigaragambyo ikajije umurego Perezida yatangaje icyemezo cyari giterezanyijwe amatsiko

Kenya: Nyuma y’uko imyigaragambyo ikajije umurego Perezida yatangaje icyemezo cyari giterezanyijwe amatsiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.