Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe ibyaha bikurikiranywe ku barimu n’umunyeshuri ba Kaminuza imwe mu Rwanda n’uburyo byakozwe

radiotv10by radiotv10
27/06/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hatangajwe ibyaha bikurikiranywe ku barimu n’umunyeshuri ba Kaminuza imwe mu Rwanda n’uburyo byakozwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abarimu babiri n’umunyeshuri umwe, ba Kaminuza y’Ubukerarugendo n’Ubucuruzi (UTB) ishami rya Gisenyi, batawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rubakurikiranyeho ibyaha birimo gusaba no kwakira indonke, aho bavugwaho kwakira agera kuri miliyoni 3 Frw yatangwaga n’abanyeshuri ngo babone amanota bataruhiye.

Abatawe muri yombi, barimo uwitwa Theoneste na Sylvain bombi bafite imyaka 50 buri umwe; bakaba ari abarimu ba UTB, ndetse na Dieudonne w’imyaka 27, akaba umunyeshuri muri iyi kaminuza.

Uko ari batatu bakurikiranyweho ibyaha bibiri, ari byo gusaba no kwakira indonke, ndetse n’icyaha cyo kuba icyitso mu ikorwa ry’icyaha cyo gusaba no kwakira indonke.

Ni icyaha cyakorewe mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, ahaherereye ishami rya UTB, aho abatawe muri yombi bacumbikiwe kuri Sitasiyo ya RIB ya Gisenyi, ndetse dosiye y’ikirego cyabo, ikaba yaramaze gukorwa yaranashyikirijwe Ubushinjacyaha.

Dr Murangira B. Thierry, Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, avuga ko aba barimu bakoze ibi byaha mu mwaka w’amashuri wa 2022-2023.

Ati “Basabye bakanakira indonke y’agera kuri 3 033 700 Frw nk’ikiguzi cyo kugira ngo babone amanota yo mu ishuri batakoreye.”

Ni mu gihe uyu munyeshuri bafunganywe kuva tariki 19 Kamena 2024, we akurikiranyweho icyaha cyo kuba icyitso muri iki cyaha cyo kwaka indonke, dore ko ari we wanyuzwagaho ayo mafaranga nk’umukomisiyoneri yahabwaga n’abanyeshuri, ubundi akaba ari we uyashyikiriza aba barimu.

Dr Murangira avuga ko iyi ruswa idakwiye kwihanganirwa, kuko ifite byinshi yakwangiza kuko uretse kugira ingaruka ku ireme ry’uburezi, byanagera no ku murimo no mu zindi nzego zizakorwamo n’abize muri ubwo buryo.

Ati “Ntabwo bikwiye ko umuntu ufite inshingano z’uburezi gusaba no kwakira indoke ngo atange amanota umunyeshuri atakoreye.”

Dr Murangira yasabye abanyeshuri bafite amakuru ku bikorwa nk’ibi, ko bayaha RIB, cyangwa bakabimenyesha uru Rwego bakoresheje imeri, ubundi rugakora iperereza rigamije kubica.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + twelve =

Previous Post

Hari ikindi Gihugu cyageragejwemo ‘Coup d’Etat’ irapfuba

Next Post

Kenya: Nyuma y’uko imyigaragambyo ikajije umurego Perezida yatangaje icyemezo cyari giterezanyijwe amatsiko

Related Posts

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

IZIHERUKA

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away
MU RWANDA

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Nyuma y’uko imyigaragambyo ikajije umurego Perezida yatangaje icyemezo cyari giterezanyijwe amatsiko

Kenya: Nyuma y’uko imyigaragambyo ikajije umurego Perezida yatangaje icyemezo cyari giterezanyijwe amatsiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.