• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe ibyaha bikurikiranywe ku barimu n’umunyeshuri ba Kaminuza imwe mu Rwanda n’uburyo byakozwe

radiotv10by radiotv10
27/06/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hatangajwe ibyaha bikurikiranywe ku barimu n’umunyeshuri ba Kaminuza imwe mu Rwanda n’uburyo byakozwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abarimu babiri n’umunyeshuri umwe, ba Kaminuza y’Ubukerarugendo n’Ubucuruzi (UTB) ishami rya Gisenyi, batawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rubakurikiranyeho ibyaha birimo gusaba no kwakira indonke, aho bavugwaho kwakira agera kuri miliyoni 3 Frw yatangwaga n’abanyeshuri ngo babone amanota bataruhiye.

Abatawe muri yombi, barimo uwitwa Theoneste na Sylvain bombi bafite imyaka 50 buri umwe; bakaba ari abarimu ba UTB, ndetse na Dieudonne w’imyaka 27, akaba umunyeshuri muri iyi kaminuza.

Uko ari batatu bakurikiranyweho ibyaha bibiri, ari byo gusaba no kwakira indonke, ndetse n’icyaha cyo kuba icyitso mu ikorwa ry’icyaha cyo gusaba no kwakira indonke.

Ni icyaha cyakorewe mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, ahaherereye ishami rya UTB, aho abatawe muri yombi bacumbikiwe kuri Sitasiyo ya RIB ya Gisenyi, ndetse dosiye y’ikirego cyabo, ikaba yaramaze gukorwa yaranashyikirijwe Ubushinjacyaha.

Dr Murangira B. Thierry, Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, avuga ko aba barimu bakoze ibi byaha mu mwaka w’amashuri wa 2022-2023.

Ati “Basabye bakanakira indonke y’agera kuri 3 033 700 Frw nk’ikiguzi cyo kugira ngo babone amanota yo mu ishuri batakoreye.”

Ni mu gihe uyu munyeshuri bafunganywe kuva tariki 19 Kamena 2024, we akurikiranyweho icyaha cyo kuba icyitso muri iki cyaha cyo kwaka indonke, dore ko ari we wanyuzwagaho ayo mafaranga nk’umukomisiyoneri yahabwaga n’abanyeshuri, ubundi akaba ari we uyashyikiriza aba barimu.

Dr Murangira avuga ko iyi ruswa idakwiye kwihanganirwa, kuko ifite byinshi yakwangiza kuko uretse kugira ingaruka ku ireme ry’uburezi, byanagera no ku murimo no mu zindi nzego zizakorwamo n’abize muri ubwo buryo.

Ati “Ntabwo bikwiye ko umuntu ufite inshingano z’uburezi gusaba no kwakira indoke ngo atange amanota umunyeshuri atakoreye.”

Dr Murangira yasabye abanyeshuri bafite amakuru ku bikorwa nk’ibi, ko bayaha RIB, cyangwa bakabimenyesha uru Rwego bakoresheje imeri, ubundi rugakora iperereza rigamije kubica.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 12 =

Previous Post

Hari ikindi Gihugu cyageragejwemo ‘Coup d’Etat’ irapfuba

Next Post

Kenya: Nyuma y’uko imyigaragambyo ikajije umurego Perezida yatangaje icyemezo cyari giterezanyijwe amatsiko

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Kenya: Nyuma y’uko imyigaragambyo ikajije umurego Perezida yatangaje icyemezo cyari giterezanyijwe amatsiko

Kenya: Nyuma y’uko imyigaragambyo ikajije umurego Perezida yatangaje icyemezo cyari giterezanyijwe amatsiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.