Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe ibyavugiwe mu biganiro bya Perezida Ruto na Kenyatta bahuye bitari byitezwe

radiotv10by radiotv10
11/12/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hatangajwe ibyavugiwe mu biganiro bya Perezida Ruto na Kenyatta bahuye bitari byitezwe
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Perezida William Ruto wa Kenya asuye mu rugo uwo yasimbuye Uhuru Kenyatta bigeze kutajya imbizi, hatangajwe ibyo baganiriye mu uru ruzinduko rwabayeho mu buryo butari bwitezwe.

Ni igikorwa cyabaye ku wa Mbere tariki 09 Ukuboza 2024, aho Perezida Willam Ruto yasuraga Uhuru Kenyatta iwe mu gace ka Ichaweri muri Gatundu South muri Kiambu.

Abanyapolitiki bahuye nyuma y’imyaka ikabakaba itatu, havugwa urunturuntu muri politiki yabo, dore ko nubwo umwe yabereye undi Visi Perezida, ariko urugendo rwo gukorana kwabo rwarangiye nabi batajya imbizi.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Kenya, ubwo aba bombi bari bakimara guhura, byavuzwe ko bagaragaje ko hakenewe inzira zo “gushaka ubumwe muri Guverinoma ndetse no mu Gihugu cyacu kugira ngo twihutishe iterambere ry’Igihugu, hanashyirwa mu bikorwa icyerekezo cy’iterambere.”

Mu itangazo ryatanzwe na Uhuru Kenyatta, na we yavuze ko bamwe mu banyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi bagiye bahura n’ihohoterwa bagiye bashinja ubutegetsi buriho, anavuga kandi ko kugira opozisiyo bikenewe, ndetse no gukorera mu mucyo.

Yagize ati “Ku giti cye, Ruto yemeye ko Politiki igomba kutagira uwo iheza ndetse no kurandura ibibazo bitari ngombwa, ndetse no kwiyemeza inzira z’ubwiyunge. Yanavuze kandi ko umwuka mubi wazamuwe n’amatora, warangiye, rero hakaba hagezweho igihe cyo gushyira imbere ahazaza nk’abashyize hamwe.”

Inararibonye muri Politiki muri Kenya, Moses Kuria usanzwe ari n’Umjyanama Wihariye mu Biro by’Umukuru w’Igihugu, yavuze ko uku guhura kwa Uhuru na Ruto, ari intangiriro z’Igihugu gishya cyunze ubumwe.

Ati “Gushyira akadomo ku bibazo ndetse no kubabarirana biroroshye kurusha guhangana n’ingaruka z’ibibazo byabaho mu gihe Igihugu cyagiye mu murongo mubi. Ku bw’iyo mpamvu ndashimira Perezida Kenyatta na Perezida Ruto, ku kuba bahisemo gushyira imbere inyungu z’Igihugu kurusha ibyo baba batumvikanaho hagati yabo.”

Iyi mpuguke muri Politiki, ivuga ko uku gushyira hamwe kwa Perezida Ruto n’uwo yasimbuye, bigomba kuzanira ineza Igihugu, kuko bombi ari abanyapolitiki bafite ubunararibonye, ku buryo bakungurana ibitekerezo biganisha Kenya n’Abanyakenya aheza.

Perezida Ruto yasuye Uhuru Kenyatta mu buryo butari bwitezwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + four =

Previous Post

U Rwanda rwahawe inkunga y’inguzanyo ya miliyari 34 Frw

Next Post

Ibiro bya Perezida wa S.Korea byasatswe n’igipolisi nyuma yuko akoze ibitavugwaho rumwe

Related Posts

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

by radiotv10
16/12/2025
0

Abasirikare b’u Burundi bari bakiri mu Ntara ya Kivu y’Epfo, nyuma yo gutsindwa n’abarwanyi ba AFC/M23, biravugwa ko batangiye gucyurwa...

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

by radiotv10
16/12/2025
0

Arikiyepisikopi wa Arikidiyoseze ya Kinshasa, Karidinali Fridolin Ambongo; yongeye kugira inama Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ko bukwiye...

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

by radiotv10
16/12/2025
0

Abaturage bo mu Mujyi wa Uvira, baramukiye mu gisa n’imyigaragambyo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rigiye kuwurekura nyuma y’iminsi...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ryemeye gukura abasirikare baryo mu Mujyi wa...

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-The situation in Uvira after AFC/M23 announces its decision to withdraw

by radiotv10
16/12/2025
0

Residents of Uvira City took to the streets in form of protest after the AFC/M23 Coalition announced that it would...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23
AMAHANGA

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

by radiotv10
16/12/2025
0

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

16/12/2025
Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-The situation in Uvira after AFC/M23 announces its decision to withdraw

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibiro bya Perezida wa S.Korea byasatswe n’igipolisi nyuma yuko akoze ibitavugwaho rumwe

Ibiro bya Perezida wa S.Korea byasatswe n’igipolisi nyuma yuko akoze ibitavugwaho rumwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.