Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe ibyavugiwe mu biganiro bya Perezida Ruto na Kenyatta bahuye bitari byitezwe

radiotv10by radiotv10
11/12/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hatangajwe ibyavugiwe mu biganiro bya Perezida Ruto na Kenyatta bahuye bitari byitezwe
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Perezida William Ruto wa Kenya asuye mu rugo uwo yasimbuye Uhuru Kenyatta bigeze kutajya imbizi, hatangajwe ibyo baganiriye mu uru ruzinduko rwabayeho mu buryo butari bwitezwe.

Ni igikorwa cyabaye ku wa Mbere tariki 09 Ukuboza 2024, aho Perezida Willam Ruto yasuraga Uhuru Kenyatta iwe mu gace ka Ichaweri muri Gatundu South muri Kiambu.

Abanyapolitiki bahuye nyuma y’imyaka ikabakaba itatu, havugwa urunturuntu muri politiki yabo, dore ko nubwo umwe yabereye undi Visi Perezida, ariko urugendo rwo gukorana kwabo rwarangiye nabi batajya imbizi.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Kenya, ubwo aba bombi bari bakimara guhura, byavuzwe ko bagaragaje ko hakenewe inzira zo “gushaka ubumwe muri Guverinoma ndetse no mu Gihugu cyacu kugira ngo twihutishe iterambere ry’Igihugu, hanashyirwa mu bikorwa icyerekezo cy’iterambere.”

Mu itangazo ryatanzwe na Uhuru Kenyatta, na we yavuze ko bamwe mu banyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi bagiye bahura n’ihohoterwa bagiye bashinja ubutegetsi buriho, anavuga kandi ko kugira opozisiyo bikenewe, ndetse no gukorera mu mucyo.

Yagize ati “Ku giti cye, Ruto yemeye ko Politiki igomba kutagira uwo iheza ndetse no kurandura ibibazo bitari ngombwa, ndetse no kwiyemeza inzira z’ubwiyunge. Yanavuze kandi ko umwuka mubi wazamuwe n’amatora, warangiye, rero hakaba hagezweho igihe cyo gushyira imbere ahazaza nk’abashyize hamwe.”

Inararibonye muri Politiki muri Kenya, Moses Kuria usanzwe ari n’Umjyanama Wihariye mu Biro by’Umukuru w’Igihugu, yavuze ko uku guhura kwa Uhuru na Ruto, ari intangiriro z’Igihugu gishya cyunze ubumwe.

Ati “Gushyira akadomo ku bibazo ndetse no kubabarirana biroroshye kurusha guhangana n’ingaruka z’ibibazo byabaho mu gihe Igihugu cyagiye mu murongo mubi. Ku bw’iyo mpamvu ndashimira Perezida Kenyatta na Perezida Ruto, ku kuba bahisemo gushyira imbere inyungu z’Igihugu kurusha ibyo baba batumvikanaho hagati yabo.”

Iyi mpuguke muri Politiki, ivuga ko uku gushyira hamwe kwa Perezida Ruto n’uwo yasimbuye, bigomba kuzanira ineza Igihugu, kuko bombi ari abanyapolitiki bafite ubunararibonye, ku buryo bakungurana ibitekerezo biganisha Kenya n’Abanyakenya aheza.

Perezida Ruto yasuye Uhuru Kenyatta mu buryo butari bwitezwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 11 =

Previous Post

U Rwanda rwahawe inkunga y’inguzanyo ya miliyari 34 Frw

Next Post

Ibiro bya Perezida wa S.Korea byasatswe n’igipolisi nyuma yuko akoze ibitavugwaho rumwe

Related Posts

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu muhanda wa Goma-Rutshuru werecyeza muri Pariki y’Igihugu ya Virunga, abarwanyi b’umutwe wa AFC/M23 baguye mu gico cy’inyeshyamba za Wazalendo...

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

by radiotv10
26/12/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; yatangaje ko nk’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, yagabye igitero simusiga ku...

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

by radiotv10
26/12/2025
0

The President of the United States of America, Donald Trump, has confirmed that, in his capacity as Commander-in-Chief of the...

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

by radiotv10
26/12/2025
0

Umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Colonel mu gisirikare cy’u Burundi uherutse kurasirwa ku rugamba rwo guhangana na AFC/M23, byamenyekanye ko...

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Muri Nigeria, igisasu cyaturikiye mu musigiti uherereye mu mujyi wa Maiduguri, muri Leta ya Borno, gihitana abantu batanu, abandi 35...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibiro bya Perezida wa S.Korea byasatswe n’igipolisi nyuma yuko akoze ibitavugwaho rumwe

Ibiro bya Perezida wa S.Korea byasatswe n’igipolisi nyuma yuko akoze ibitavugwaho rumwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.