Saturday, October 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe ibyavugiwe mu biganiro bya Perezida Ruto na Kenyatta bahuye bitari byitezwe

radiotv10by radiotv10
11/12/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hatangajwe ibyavugiwe mu biganiro bya Perezida Ruto na Kenyatta bahuye bitari byitezwe
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Perezida William Ruto wa Kenya asuye mu rugo uwo yasimbuye Uhuru Kenyatta bigeze kutajya imbizi, hatangajwe ibyo baganiriye mu uru ruzinduko rwabayeho mu buryo butari bwitezwe.

Ni igikorwa cyabaye ku wa Mbere tariki 09 Ukuboza 2024, aho Perezida Willam Ruto yasuraga Uhuru Kenyatta iwe mu gace ka Ichaweri muri Gatundu South muri Kiambu.

Abanyapolitiki bahuye nyuma y’imyaka ikabakaba itatu, havugwa urunturuntu muri politiki yabo, dore ko nubwo umwe yabereye undi Visi Perezida, ariko urugendo rwo gukorana kwabo rwarangiye nabi batajya imbizi.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Kenya, ubwo aba bombi bari bakimara guhura, byavuzwe ko bagaragaje ko hakenewe inzira zo “gushaka ubumwe muri Guverinoma ndetse no mu Gihugu cyacu kugira ngo twihutishe iterambere ry’Igihugu, hanashyirwa mu bikorwa icyerekezo cy’iterambere.”

Mu itangazo ryatanzwe na Uhuru Kenyatta, na we yavuze ko bamwe mu banyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi bagiye bahura n’ihohoterwa bagiye bashinja ubutegetsi buriho, anavuga kandi ko kugira opozisiyo bikenewe, ndetse no gukorera mu mucyo.

Yagize ati “Ku giti cye, Ruto yemeye ko Politiki igomba kutagira uwo iheza ndetse no kurandura ibibazo bitari ngombwa, ndetse no kwiyemeza inzira z’ubwiyunge. Yanavuze kandi ko umwuka mubi wazamuwe n’amatora, warangiye, rero hakaba hagezweho igihe cyo gushyira imbere ahazaza nk’abashyize hamwe.”

Inararibonye muri Politiki muri Kenya, Moses Kuria usanzwe ari n’Umjyanama Wihariye mu Biro by’Umukuru w’Igihugu, yavuze ko uku guhura kwa Uhuru na Ruto, ari intangiriro z’Igihugu gishya cyunze ubumwe.

Ati “Gushyira akadomo ku bibazo ndetse no kubabarirana biroroshye kurusha guhangana n’ingaruka z’ibibazo byabaho mu gihe Igihugu cyagiye mu murongo mubi. Ku bw’iyo mpamvu ndashimira Perezida Kenyatta na Perezida Ruto, ku kuba bahisemo gushyira imbere inyungu z’Igihugu kurusha ibyo baba batumvikanaho hagati yabo.”

Iyi mpuguke muri Politiki, ivuga ko uku gushyira hamwe kwa Perezida Ruto n’uwo yasimbuye, bigomba kuzanira ineza Igihugu, kuko bombi ari abanyapolitiki bafite ubunararibonye, ku buryo bakungurana ibitekerezo biganisha Kenya n’Abanyakenya aheza.

Perezida Ruto yasuye Uhuru Kenyatta mu buryo butari bwitezwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 1 =

Previous Post

U Rwanda rwahawe inkunga y’inguzanyo ya miliyari 34 Frw

Next Post

Ibiro bya Perezida wa S.Korea byasatswe n’igipolisi nyuma yuko akoze ibitavugwaho rumwe

Related Posts

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

by radiotv10
25/10/2025
0

Umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon, Issa Tchiroma Bakary, wamaze kwitangaza nk’uwatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu, yatangaje ko igihe hatangazwa...

Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

by radiotv10
24/10/2025
0

Abantu 25 baburiye ubuzima mu mpanuka yabereye muri Leta ya Andhra Pradesh mu majyepfo y’u Buhindi, nyuma yuko bisi itwara...

Sarközy wabaye Perezida w’u Bufaransa uherutse kwishyikiriza Gereza ngo afungwe hatangajwe ibyo atazemererwa

Sarközy wabaye Perezida w’u Bufaransa uherutse kwishyikiriza Gereza ngo afungwe hatangajwe ibyo atazemererwa

by radiotv10
24/10/2025
0

Minisitiri w’Umutekano mu Bufaransa, yavuze ko Nicolas Sarközy wayoboye iki Gihugu, mu myaka itanu azamara muri Gereza La Santé afungiyemo,...

Trump yavuze icyumvikana nk’igitangaza kidasanzwe azakora naramuka yongeye gutorwa

Ingaruka z’ibihano bishya bya Trump zahise zigaragaza ku isoko ry’igicuruzwa gifatiye runini byinshi ku Isi

by radiotv10
24/10/2025
0

Ibihano Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Turmp yafatitye kompanyi ebyiri zicuruza ibikomoka kuri petrole zo mu Burusiya,...

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

by radiotv10
22/10/2025
0

Ubwoba bwatashye abatuye mu gace ka Kashebere ko muri Teritwari ya Walikale muri Kivu ya Ruguru kubera indege y’intambara yo...

IZIHERUKA

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA
FOOTBALL

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

by radiotv10
25/10/2025
0

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

25/10/2025
Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

25/10/2025
Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

25/10/2025
Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

25/10/2025
Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

25/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibiro bya Perezida wa S.Korea byasatswe n’igipolisi nyuma yuko akoze ibitavugwaho rumwe

Ibiro bya Perezida wa S.Korea byasatswe n’igipolisi nyuma yuko akoze ibitavugwaho rumwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.