Polisi ya Kenya ikomeje guhangana n’urubyiruko rw’Aba-Gen Z ruri mu myigaragambyo yakajije umurego, yatangaje ko yataye muri yombi Umupolisi warashe umuturage, kandi akaba agomba kugezwa imbere y’urukiko.
Ni nyuma yuko uyu muturage usanzwe ari umucuruzi arashwe kuri uyu wa Kabiri mu myigaragambyo iri kubera i Nairobi ihanganishije urubyiruko ruzwi nk’Aba-Gen Z na polisi y’iki Gihugu.
Mu itangazo ryashyizwe hanze na Polisi y’Igihugu ya Kenya, (NPS), yatangaje ko yababajwe n’iki gikorwa cyakozwe n’umupolisi warashe uwo muturage akoresheje imbunda yifashishwa mu guhosha imyigaragambyo.
Polisi ya Kenya yagize iti “Nyuma y’ibi byabaye, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’Igihugu yatanze itegeko ko hahita hatabwa muri yombi kandi hakazagezwa mu nkiko umupolisi wabikoze. Umupolisi wabikoze yatawe muri yombi.”
Polisi ya Kenya ivuga ko uwo muntu warashwe yajyanywe kwa muganga ubu akaba ari kwitabwaho, yavuze kandi ko hari itsinda ry’abantu bafite intwaro muri iyi myigaragambyo iri kubera mu murwa mukuru w’iki Gihugu i Nairobi.
Iti “Uru rwego rufata mu buryo budasanzwe amatsina y’abantu atemewe kandi ntirushobora kubyihanganira na gato. Abantu nk’abo bazakurikiranwa uko bikwiye hakurikijwe amategeko.”
Polisi ya Kenya kandi yatangaje ko yatangiye iperereza ryo kumenya no guhangana n’abo banyabyaha bagaragara mu bikorwa bitemewe n’amategeko.
Iyi myigaragambyo y’Urubyiruko, yadutse nyuma y’urupfu rw’umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga muri Kenya, Albert Ojwang wapfiye muri kasho ya Polisi, bikaza kuvugwa ko yapfuye biturutse ku kintu yakubiswe.
RADIOTV10