Wednesday, February 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Hatangajwe icyatumye ikipe ya Volleyball ikomeye mu Rwanda yirukana uwayiyoboraga

radiotv10by radiotv10
13/03/2023
in SIPORO
1
Hatangajwe icyatumye ikipe ya Volleyball ikomeye mu Rwanda yirukana uwayiyoboraga
Share on FacebookShare on Twitter

Inama y’ubutegetsi ya Gisagara Volleyball Club iri mu makipe ya Volleyball akomeye mu Rwanda no muri Afurika, yirukanye Mudahemuka Clovis wari umuyobozi wayo kubera umwuka mubi umaze iminsi muri iyi kipe byanatumye iyi kipe yitwara nabi.

Amakuru y’iyirukanwa rya Mudahemuka Clovis, yamenyekanye kuri iki Cyumweru tariki 12 Werurwe 2023, nyuma yuko hasohotse ibaruwa y’ubuyobozi bw’iyi kipe ya Gisagara Volleyball Club.

Iyi baruwa yashyirwaho umukono n’umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi bw’ikipe ya  Gisagara Volleyball club, Kubumwe Celestin, ivuga ko uyu muyobozi yavanywe mu nshingano kubera umwuka mubi  amaze igihe  muri iyi kipe byanatumye inanirwa kwitwara neza ariko kandi muri 2021 yarabaye iya Gatatu ku Mugabane wa Afurika.

Celestin yagize ati “Mudahemuka Clovis asabwe guhita akora ihererekanyabubasha na Muhire Norbert wari umuyobozi wungirije mu ikipe.”

Bimwe mu byaranze ingoma ya Mudahemuka Clovis, muri Ikipe ya Gisagara Volleyball Club, harimo kuba yarashoboye kwegukana ibikombe bibiri umwaka ushize w’Imikino ari byo Memorial Rutsindura na Gisaka Open Tournament.

Nubwo yagerageje gutwarwa Shampiyona ndetse n’irushanwa rya Tax Payers yatsindiwe ku mukino wa nyuma na REG Volleyball Club.

Kwirukanwa kwa Clovis kuje gukurikira igenda ry’umutoza NYIRIMANA Fidel wagiranye n’iyo kipe ibihe byiza mu mukino wa Volleyball ndetse akaba ari umwe mu batoza beza u Rwanda rufite muri uyu mukino.

Annet KAMUKAMA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Clementine Mukarebero says:
    3 years ago

    Ndabona kumwirukana ari umukire wacu bigoye gsa nta kundi ubwo twizere ko bikosoka

    Reply

Leave a Reply to Clementine Mukarebero Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 8 =

Previous Post

Umuryango ukomeye ku Isi wakuriye inzira ku murima DRCongo

Next Post

Imitwe ibiri ifasha FARDC yagabye ibitero ku Banyamulenge ibyayibayeho ntiyabitekerezaga

Related Posts

Abatoza bose ba Etincelles FC bahagaritswe

Abatoza bose ba Etincelles FC bahagaritswe

by radiotv10
03/02/2026
0

Abatoza bose b'ikipe ya Etincelles FC barimo umutoza mukuru, Masudi Djuma, bahagaritswe nyuma y’umusaruro mubi ndetse n’umubano utari mwiza hagati...

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Amakuru mashya agezweho ku munyamakuru wa Siporo uzwi mu Rwanda

by radiotv10
03/02/2026
0

Umunyamakuru Nduwayezu Ndibyariye Jean de Dieu wamamaye nka Jado Max uzwi mu biganiro bya Siporo, byumwihariko ibitambuka ku maradiyo, yatangiye...

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

by radiotv10
30/01/2026
0

Nyuma yo guhanishwa na CAF imikino itanu no gucibwa amande angana n’amadolari ibihumbi 100 ($100,000), umutoza w’ikipe y’igihugu ya Senegal,...

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

IZIHERUKA

Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe
MU RWANDA

Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe

by radiotv10
04/02/2026
0

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Abarimo mutekano bakurikiranyweho urupfu rw’uwari amaze amezi abiri abuze akaza kuboneka mu cyobo kiri mu nzu y’uwo yakoreraga

04/02/2026
Ubuhanuzi Bruce Melodie yabwiwe n’uwahanuriye ibindi byamamare nyarwanda ibitarasohoye

Ubuhanuzi Bruce Melodie yabwiwe n’uwahanuriye ibindi byamamare nyarwanda ibitarasohoye

03/02/2026
Amakuru mashya: U Rwanda rwaherereje Mozambique ubutabazi nyuma y’ibiza bikomeye byayibasiye

Amakuru mashya: U Rwanda rwaherereje Mozambique ubutabazi nyuma y’ibiza bikomeye byayibasiye

03/02/2026
Dr.Murangira yagize icyo avuga ku wagaragaye ahohotera umwana ngo akurure abamureba ku mbuga nkoranyambaga

Dr.Murangira yagize icyo avuga ku wagaragaye ahohotera umwana ngo akurure abamureba ku mbuga nkoranyambaga

03/02/2026
Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

03/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imitwe ibiri ifasha FARDC yagabye ibitero ku Banyamulenge ibyayibayeho ntiyabitekerezaga

Imitwe ibiri ifasha FARDC yagabye ibitero ku Banyamulenge ibyayibayeho ntiyabitekerezaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe

Abarimo mutekano bakurikiranyweho urupfu rw’uwari amaze amezi abiri abuze akaza kuboneka mu cyobo kiri mu nzu y’uwo yakoreraga

Ubuhanuzi Bruce Melodie yabwiwe n’uwahanuriye ibindi byamamare nyarwanda ibitarasohoye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.