• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwabaye umuyobozi mu nzego nkuru z’u Rwanda uregwaga gusambanya umwana

radiotv10by radiotv10
07/03/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwabaye umuyobozi mu nzego nkuru z’u Rwanda uregwaga gusambanya umwana
Share on FacebookShare on Twitter

Uwabaye Umunyamabanga Uhoraho mu yahoze ari Minisiteri Ishinzwe Gucunga ibiza n’Impunzi (MIDIMAR), yahamijwe icyaha cyo gusambanya umwana w’umukobwa, ahanishwa gufungwa imyaka 10.

Ni Ruvebana Antoine wahoze kuri uyu mwanya w’Umunyamabanga Uhoraho muri MIDIMARI hagati ya 2012 na 2017 wahamijwe iki cyaha n’Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo.

Mu iburana, Ubushinjacyaha bwasobanuriye Urukiko ko Ruvebana yakoze ibi byaha hagati ya 2003 na 2013, buvuga ko uretse gusambanya ku gahato umwana utari wujuje imyaka y’ubukure, hari n’abandi bakobwa benshi yasambanyije ku gahato.

Ubushinjacyaha bwavugaga ko hagendewe ku buhamya bwatanzwe n’umukobwa yasambanyije ndetse n’icyemezo cy’amavuko cyagaragaza ko yamusambanyije ataruzuza imyaka y’ubukure.

Hari n’amakuru yari yarasohotse mbere avuga ko umwe muri abo bakobwa basambanyijwe n’uyu wahoze ari umuyobozi mu nzego nkuru z’Igihugu, byamuviriyemo ikibazo cy’ihungabana rikomeye.

Mu iburanisha, Ubushinjacyaha bwagaragarije Urukiko icyemezo cya muganga w’imitekerereze ya muntu, cyagaragazaga ko uwo mukobwa yagizweho ingaruka n’ibyo yakorewe na Ruvebana.

Ubushinjacyaha bwanashingiye kandi ku buhamya bwatanzwe n’umugore wa Ruvebana, bwasabaga Urukiko kumuhamya ibyaha, rukamukatira gufungwa imyaka 25.

Uregwa we yaburanye ahakana ibyaha, aho yavugaga ko ari ibinyoma byahimbwe n’umugore we washakaga gatanya, bityo agakoresha ibyo binyoma ngo abone igituma batandukana.

Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo, rushingiye ku bimenyetso byatanzwe n’Ubushinjacyaha, rwanzuye ko Ruvebana ahamwa n’icyaha cyo gusambanya umwana, rumukatira gufungwa imyaka 10.

Ruvebana yatawe muri yombi mu mpera z’umwaka ushize wa 2022, icyo gihe Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwari rwamutaye muri yombi, rwavugaga ko akekwaho icyaha cyo gusambanya abakobwa benshi.

Ubwo Ruvebana yafungwaga, byavugwaga ko abo bakobwa akurikiranyweho gusambanya, yabikoze mu bihe bitandukanye byatambutse kandi ko bamwe yabasambanyaga batarageza imyaka y’ubukure.

Ni ibyaha byavuzwe ko yabikoze hagati y’umwaka wa 2003 ndetse na 2013, aho byavugwaga ko hari n’abavuze ko yabasambanyije ubwo yakoraga muri Ambasade y’u Rwanda mu Busuwisi, ariko batigeze babihingutsa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − six =

Previous Post

Perezida Kagame yaganiriye na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza ingingo zikomeye

Next Post

Inkuru y’incamugongo kuri General ufite amateka akomeye mu Rwanda

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Inkuru y’incamugongo kuri General ufite amateka akomeye mu Rwanda

Inkuru y’incamugongo kuri General ufite amateka akomeye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.