Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwabaye umuyobozi mu nzego nkuru z’u Rwanda uregwaga gusambanya umwana

radiotv10by radiotv10
07/03/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwabaye umuyobozi mu nzego nkuru z’u Rwanda uregwaga gusambanya umwana
Share on FacebookShare on Twitter

Uwabaye Umunyamabanga Uhoraho mu yahoze ari Minisiteri Ishinzwe Gucunga ibiza n’Impunzi (MIDIMAR), yahamijwe icyaha cyo gusambanya umwana w’umukobwa, ahanishwa gufungwa imyaka 10.

Ni Ruvebana Antoine wahoze kuri uyu mwanya w’Umunyamabanga Uhoraho muri MIDIMARI hagati ya 2012 na 2017 wahamijwe iki cyaha n’Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo.

Mu iburana, Ubushinjacyaha bwasobanuriye Urukiko ko Ruvebana yakoze ibi byaha hagati ya 2003 na 2013, buvuga ko uretse gusambanya ku gahato umwana utari wujuje imyaka y’ubukure, hari n’abandi bakobwa benshi yasambanyije ku gahato.

Ubushinjacyaha bwavugaga ko hagendewe ku buhamya bwatanzwe n’umukobwa yasambanyije ndetse n’icyemezo cy’amavuko cyagaragaza ko yamusambanyije ataruzuza imyaka y’ubukure.

Hari n’amakuru yari yarasohotse mbere avuga ko umwe muri abo bakobwa basambanyijwe n’uyu wahoze ari umuyobozi mu nzego nkuru z’Igihugu, byamuviriyemo ikibazo cy’ihungabana rikomeye.

Mu iburanisha, Ubushinjacyaha bwagaragarije Urukiko icyemezo cya muganga w’imitekerereze ya muntu, cyagaragazaga ko uwo mukobwa yagizweho ingaruka n’ibyo yakorewe na Ruvebana.

Ubushinjacyaha bwanashingiye kandi ku buhamya bwatanzwe n’umugore wa Ruvebana, bwasabaga Urukiko kumuhamya ibyaha, rukamukatira gufungwa imyaka 25.

Uregwa we yaburanye ahakana ibyaha, aho yavugaga ko ari ibinyoma byahimbwe n’umugore we washakaga gatanya, bityo agakoresha ibyo binyoma ngo abone igituma batandukana.

Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo, rushingiye ku bimenyetso byatanzwe n’Ubushinjacyaha, rwanzuye ko Ruvebana ahamwa n’icyaha cyo gusambanya umwana, rumukatira gufungwa imyaka 10.

Ruvebana yatawe muri yombi mu mpera z’umwaka ushize wa 2022, icyo gihe Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwari rwamutaye muri yombi, rwavugaga ko akekwaho icyaha cyo gusambanya abakobwa benshi.

Ubwo Ruvebana yafungwaga, byavugwaga ko abo bakobwa akurikiranyweho gusambanya, yabikoze mu bihe bitandukanye byatambutse kandi ko bamwe yabasambanyaga batarageza imyaka y’ubukure.

Ni ibyaha byavuzwe ko yabikoze hagati y’umwaka wa 2003 ndetse na 2013, aho byavugwaga ko hari n’abavuze ko yabasambanyije ubwo yakoraga muri Ambasade y’u Rwanda mu Busuwisi, ariko batigeze babihingutsa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 8 =

Previous Post

Perezida Kagame yaganiriye na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza ingingo zikomeye

Next Post

Inkuru y’incamugongo kuri General ufite amateka akomeye mu Rwanda

Related Posts

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

by radiotv10
12/01/2026
0

The Minister of Infrastructure announced that drivers of vehicles carrying many passengers such as public transport vehicles and school buses...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law
MU RWANDA

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

by radiotv10
12/01/2026
0

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru y’incamugongo kuri General ufite amateka akomeye mu Rwanda

Inkuru y’incamugongo kuri General ufite amateka akomeye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.