Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwabaye umuyobozi mu nzego nkuru z’u Rwanda uregwaga gusambanya umwana

radiotv10by radiotv10
07/03/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwabaye umuyobozi mu nzego nkuru z’u Rwanda uregwaga gusambanya umwana
Share on FacebookShare on Twitter

Uwabaye Umunyamabanga Uhoraho mu yahoze ari Minisiteri Ishinzwe Gucunga ibiza n’Impunzi (MIDIMAR), yahamijwe icyaha cyo gusambanya umwana w’umukobwa, ahanishwa gufungwa imyaka 10.

Ni Ruvebana Antoine wahoze kuri uyu mwanya w’Umunyamabanga Uhoraho muri MIDIMARI hagati ya 2012 na 2017 wahamijwe iki cyaha n’Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo.

Mu iburana, Ubushinjacyaha bwasobanuriye Urukiko ko Ruvebana yakoze ibi byaha hagati ya 2003 na 2013, buvuga ko uretse gusambanya ku gahato umwana utari wujuje imyaka y’ubukure, hari n’abandi bakobwa benshi yasambanyije ku gahato.

Ubushinjacyaha bwavugaga ko hagendewe ku buhamya bwatanzwe n’umukobwa yasambanyije ndetse n’icyemezo cy’amavuko cyagaragaza ko yamusambanyije ataruzuza imyaka y’ubukure.

Hari n’amakuru yari yarasohotse mbere avuga ko umwe muri abo bakobwa basambanyijwe n’uyu wahoze ari umuyobozi mu nzego nkuru z’Igihugu, byamuviriyemo ikibazo cy’ihungabana rikomeye.

Mu iburanisha, Ubushinjacyaha bwagaragarije Urukiko icyemezo cya muganga w’imitekerereze ya muntu, cyagaragazaga ko uwo mukobwa yagizweho ingaruka n’ibyo yakorewe na Ruvebana.

Ubushinjacyaha bwanashingiye kandi ku buhamya bwatanzwe n’umugore wa Ruvebana, bwasabaga Urukiko kumuhamya ibyaha, rukamukatira gufungwa imyaka 25.

Uregwa we yaburanye ahakana ibyaha, aho yavugaga ko ari ibinyoma byahimbwe n’umugore we washakaga gatanya, bityo agakoresha ibyo binyoma ngo abone igituma batandukana.

Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo, rushingiye ku bimenyetso byatanzwe n’Ubushinjacyaha, rwanzuye ko Ruvebana ahamwa n’icyaha cyo gusambanya umwana, rumukatira gufungwa imyaka 10.

Ruvebana yatawe muri yombi mu mpera z’umwaka ushize wa 2022, icyo gihe Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwari rwamutaye muri yombi, rwavugaga ko akekwaho icyaha cyo gusambanya abakobwa benshi.

Ubwo Ruvebana yafungwaga, byavugwaga ko abo bakobwa akurikiranyweho gusambanya, yabikoze mu bihe bitandukanye byatambutse kandi ko bamwe yabasambanyaga batarageza imyaka y’ubukure.

Ni ibyaha byavuzwe ko yabikoze hagati y’umwaka wa 2003 ndetse na 2013, aho byavugwaga ko hari n’abavuze ko yabasambanyije ubwo yakoraga muri Ambasade y’u Rwanda mu Busuwisi, ariko batigeze babihingutsa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 3 =

Previous Post

Perezida Kagame yaganiriye na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza ingingo zikomeye

Next Post

Inkuru y’incamugongo kuri General ufite amateka akomeye mu Rwanda

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

IZIHERUKA

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo
IBYAMAMARE

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru y’incamugongo kuri General ufite amateka akomeye mu Rwanda

Inkuru y’incamugongo kuri General ufite amateka akomeye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.