Tuesday, May 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

radiotv10by radiotv10
19/12/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Icyotonderwa: Ifoto ntabwo ari iyafashwe vuba aha, ni iyifashishijwe

Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma yuko hazamutse umwuka mubi hagati y’ibi Bihugu byombi, kandi ko u Rwanda rwizeye ko inama nk’izo nizikomeza zaba inzira nziza yo gusohoka mu bibazo.

Minisitiri Nduhungirehe yabitangaje mu kiganiro yagiranye na France 24, cyagarutse ku bibazo byo mu karere u Rwanda ruherereyemo by’umwihariko ibiri hagati y’iki Gihugu na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’u Burundi.

Ubwo Ihuriro AFC/M23 ryafataga umujyi wa Uvira mu cyumweru gishize, u Burundi bwazamuye ibirego by’ibinyoma, bushinja Ingabo z’u Rwanda kugira uruhare muri biriya bitero byasize Ingabo z’u Burundi zikijijwe n’amaguru zigahungira mu Gihugu cyazo, nyuma yo gukubitwa incuro n’abarwanyi ba AFC/M23.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Bizimana Edouard aherutse gutangaza ko ngo Ingabo z’u Rwanda zafatanyije na AFC/M23 kugaba ibitero ku Ngabo z’u Burundi zari muri Kivu y’Epfo.

Ibi birego by’ibinyima ariko byahise binamaganwa na Guverinoma y’u Rwanda, yashyize hanze itangazo tariki 10 Ukuboza, ivuga ko ahubwo Igisirikare cy’u Burundi ari cyo cyarashe mu bice byo muri DRC byegereye u Rwanda nka Kamanyola.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe; muri iki kiganiro yagiranye na France 24, yamaganye n’ubundi biriya birego by’ibinyoma.

Yagize ati “Ntabwo ari byo, ahubwo ni ibisasu by’u Burundi byarashwe mu mujyi wa Kamanyola binatuma hari Abanyekongo bahungira mu Rwanda muri Bugarama.”

Nanone kandi amakuru yaturukaga i Burundi yavugaga ko igisirikare cy’iki Gihugu cyari cyatangiye kohereza abasirikare benshi mu bice byegereye u Rwanda ndetse n’intwaro zirimo iza rutura.

Minisitiri Nduhungirehe; yavuze ko ubwo hazamukaga uyu mwuka mubi hagati y’u Rwanda n’u Burundi, habaye ibiganiro byahuje abo mu nzego z’umutekano.

Ati “Ku Burundi, inama yabaye muri iyi weekend [impera z’icyumweru gishize] hagati y’inzego z’umutekano z’Ibihugu byombi, yari igamije kuganira ku mwuka wari wazamutse, kandi twizeye ko izi nama nizikomeza tuzizeyeho inzira yo gusohoka muri ibyo bibazo, ndetse n’ibibazo by’akarere ndetse no gukurikiza amasezerano y’amahoro.”

Imyaka igiye kuba ibiri u Burundi bwongeye gufunga imipaka yo ku butaka ibuhuza n’u Rwanda, aho kuva muri Mutarama 2024 Leta ya kiriya Gihugu yafashe icyo cyemezo.

Mu kiganiro Perezida Paul Kagame aherutse kugirana n’itangazamakuru, yavuze ko u Rwanda n’u Burundi bisanzwe bihurira mu biganiro, ariko ko kugeza ubu ibibazo biri hagati y’Ibihugu byombi bikiri uko byari bimeze.

RADIOTV10

Comments 1

  1. N. Elias says:
    5 months ago

    Hello,
    Ngewe ubwanga ndabashimira nivuye inyuma kubw’ amakuru mutugezaho umunsi ku munsi.
    Ikindi Kandi ndashima ingabo z’ u Rwanda RDF kubw’ umutekano dufite nizo tuwukesha.

    So, intambara ntiyubaka irasenya
    Niyo mpamvu ntawakwishimira ko umwuka mubi ukomeza gututumba hagati yacu, nkabanyarwana ndetse nabarundi.
    Mureke twitege ko ibi biganiro bizagira umusaruro uhagije.

    Reply

Leave a Reply to N. Elias Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 4 =

Previous Post

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Next Post

Should parents still choose careers for their children?

Related Posts

Rwanda plans to convert fuel vehicles to electric and gas

Rwanda plans to convert fuel vehicles to electric and gas

by radiotv10
05/05/2026
0

The Ministry of Infrastructure has announced plans to convert vehicles that use petroleum products (petrol and diesel) into ones powered...

Iby’ingenzi wamenya ku gihano nsimburagifungo cy’imirimo y’inyungu rusange ivugwa mu gihano nk’icyakatiwe DJ Toxxyk

Iby’ingenzi wamenya ku gihano nsimburagifungo cy’imirimo y’inyungu rusange ivugwa mu gihano nk’icyakatiwe DJ Toxxyk

by radiotv10
05/05/2026
0

Mu bihano byakatiwe Umuvangamiziki Shema Arnold de Bosscher uzwi nka Dj Toxxyk, harimo icy'imirimo y'inyungu rusange, aho itegeko riteganya iki...

Nyuma ya RDB ikindi kigo cyatangaje ko cyahagaritse by’agateganyo serivisi zitangirwa ku biro byacyo

Nyuma ya RDB ikindi kigo cyatangaje ko cyahagaritse by’agateganyo serivisi zitangirwa ku biro byacyo

by radiotv10
05/05/2026
0

Ubuyobozi bw'lkigo cy'lgihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA), bwatangaje ko serivisi zitangirwa ku biro byacyo, zabaye zihagaze mu gihe kitazwi, kikamenyesha...

Eng.-Rwanda seeks re-election for the fifth term to the ITU Council

Eng.-Rwanda seeks re-election for the fifth term to the ITU Council

by radiotv10
05/05/2026
0

Rwanda has submitted its candidacy to be re-elected to the Council of the International Telecommunication Union (ITU) for the fifth...

Hatangajwe umubare w’abana bose banditswe mu irangamimerere mu Rwanda muri 2025

Hatangajwe umubare w’abana bose banditswe mu irangamimerere mu Rwanda muri 2025

by radiotv10
05/05/2026
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR), cyatangaje ko mu mwaka wa 2025, umubare w’abana banditswe mu irangamimerere mu Rwanda ari 356 838,...

IZIHERUKA

Rwanda plans to convert fuel vehicles to electric and gas
MU RWANDA

Rwanda plans to convert fuel vehicles to electric and gas

by radiotv10
05/05/2026
0

Iby’ingenzi wamenya ku gihano nsimburagifungo cy’imirimo y’inyungu rusange ivugwa mu gihano nk’icyakatiwe DJ Toxxyk

Iby’ingenzi wamenya ku gihano nsimburagifungo cy’imirimo y’inyungu rusange ivugwa mu gihano nk’icyakatiwe DJ Toxxyk

05/05/2026
Indege y’umunyapolitiki uri muri Guverinoma ya Congo imaze imyaka 19 iparitse i Burayi byarangiye ifatiriwe

Indege y’umunyapolitiki uri muri Guverinoma ya Congo imaze imyaka 19 iparitse i Burayi byarangiye ifatiriwe

05/05/2026
Umunyemari Lugumi yagaragaje ikindi kimenyetso ntashidikanywaho ko ari mu rukundo na Alliah Cool

Umunyemari Lugumi yagaragaje ikindi kimenyetso ntashidikanywaho ko ari mu rukundo na Alliah Cool

05/05/2026
Nyuma ya RDB ikindi kigo cyatangaje ko cyahagaritse by’agateganyo serivisi zitangirwa ku biro byacyo

Nyuma ya RDB ikindi kigo cyatangaje ko cyahagaritse by’agateganyo serivisi zitangirwa ku biro byacyo

05/05/2026
Eng.-Rwanda seeks re-election for the fifth term to the ITU Council

Eng.-Rwanda seeks re-election for the fifth term to the ITU Council

05/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda plans to convert fuel vehicles to electric and gas

Iby’ingenzi wamenya ku gihano nsimburagifungo cy’imirimo y’inyungu rusange ivugwa mu gihano nk’icyakatiwe DJ Toxxyk

Indege y’umunyapolitiki uri muri Guverinoma ya Congo imaze imyaka 19 iparitse i Burayi byarangiye ifatiriwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.