Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

radiotv10by radiotv10
19/12/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Icyotonderwa: Ifoto ntabwo ari iyafashwe vuba aha, ni iyifashishijwe

Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma yuko hazamutse umwuka mubi hagati y’ibi Bihugu byombi, kandi ko u Rwanda rwizeye ko inama nk’izo nizikomeza zaba inzira nziza yo gusohoka mu bibazo.

Minisitiri Nduhungirehe yabitangaje mu kiganiro yagiranye na France 24, cyagarutse ku bibazo byo mu karere u Rwanda ruherereyemo by’umwihariko ibiri hagati y’iki Gihugu na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’u Burundi.

Ubwo Ihuriro AFC/M23 ryafataga umujyi wa Uvira mu cyumweru gishize, u Burundi bwazamuye ibirego by’ibinyoma, bushinja Ingabo z’u Rwanda kugira uruhare muri biriya bitero byasize Ingabo z’u Burundi zikijijwe n’amaguru zigahungira mu Gihugu cyazo, nyuma yo gukubitwa incuro n’abarwanyi ba AFC/M23.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Bizimana Edouard aherutse gutangaza ko ngo Ingabo z’u Rwanda zafatanyije na AFC/M23 kugaba ibitero ku Ngabo z’u Burundi zari muri Kivu y’Epfo.

Ibi birego by’ibinyima ariko byahise binamaganwa na Guverinoma y’u Rwanda, yashyize hanze itangazo tariki 10 Ukuboza, ivuga ko ahubwo Igisirikare cy’u Burundi ari cyo cyarashe mu bice byo muri DRC byegereye u Rwanda nka Kamanyola.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe; muri iki kiganiro yagiranye na France 24, yamaganye n’ubundi biriya birego by’ibinyoma.

Yagize ati “Ntabwo ari byo, ahubwo ni ibisasu by’u Burundi byarashwe mu mujyi wa Kamanyola binatuma hari Abanyekongo bahungira mu Rwanda muri Bugarama.”

Nanone kandi amakuru yaturukaga i Burundi yavugaga ko igisirikare cy’iki Gihugu cyari cyatangiye kohereza abasirikare benshi mu bice byegereye u Rwanda ndetse n’intwaro zirimo iza rutura.

Minisitiri Nduhungirehe; yavuze ko ubwo hazamukaga uyu mwuka mubi hagati y’u Rwanda n’u Burundi, habaye ibiganiro byahuje abo mu nzego z’umutekano.

Ati “Ku Burundi, inama yabaye muri iyi weekend [impera z’icyumweru gishize] hagati y’inzego z’umutekano z’Ibihugu byombi, yari igamije kuganira ku mwuka wari wazamutse, kandi twizeye ko izi nama nizikomeza tuzizeyeho inzira yo gusohoka muri ibyo bibazo, ndetse n’ibibazo by’akarere ndetse no gukurikiza amasezerano y’amahoro.”

Imyaka igiye kuba ibiri u Burundi bwongeye gufunga imipaka yo ku butaka ibuhuza n’u Rwanda, aho kuva muri Mutarama 2024 Leta ya kiriya Gihugu yafashe icyo cyemezo.

Mu kiganiro Perezida Paul Kagame aherutse kugirana n’itangazamakuru, yavuze ko u Rwanda n’u Burundi bisanzwe bihurira mu biganiro, ariko ko kugeza ubu ibibazo biri hagati y’Ibihugu byombi bikiri uko byari bimeze.

RADIOTV10

Comments 1

  1. N. Elias says:
    4 months ago

    Hello,
    Ngewe ubwanga ndabashimira nivuye inyuma kubw’ amakuru mutugezaho umunsi ku munsi.
    Ikindi Kandi ndashima ingabo z’ u Rwanda RDF kubw’ umutekano dufite nizo tuwukesha.

    So, intambara ntiyubaka irasenya
    Niyo mpamvu ntawakwishimira ko umwuka mubi ukomeza gututumba hagati yacu, nkabanyarwana ndetse nabarundi.
    Mureke twitege ko ibi biganiro bizagira umusaruro uhagije.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × five =

Previous Post

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Next Post

Should parents still choose careers for their children?

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.