Thursday, June 5, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe igifungo kisumbuyeho cyakatiwe Idamange wahamijwe ibyaha birimo ibyo yakoreye kuri YouTube

radiotv10by radiotv10
30/03/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hatangajwe igifungo kisumbuyeho cyakatiwe Idamange wahamijwe ibyaha birimo ibyo yakoreye kuri YouTube
Share on FacebookShare on Twitter

Idamange Iryamugwiza Yvonnne wari wakatiwe gufungwa imyaka 15 ahamijwe ibyaha birimo guteza imvururu muri rubanda, yongerewe igihano nyuma yuko Ubushinjacyaha bujuririye iki yari yahanishijwe mbere.

Urukiko rw’Ubujurire rwari rwajuririwe n’Ubushinjacyaha, rwemeje ishingiro bw’ubu bujurire, ndetse rwemeza ko hari ibyaha bititaweho ubwo Urukiko Rukuru rwakatiraga Idamange igifungo cy’imyaka 15.

Uru rukiko rwari rwajuririwe, mu cyemezo rwasomye kuri uyu wa Kane tariki 30 Werurwe 2023, rwanzuye ko Idamange ahamwa n’ibyaha yahamijwe n’Urukiko rwaburanishije urubanza rwa mbere, hakiyongeraho n’icyaha cyo kwigomeka ku buyobozi ndetse no gutanga sheki itazigamiye.

Umucamanza w’Urukiko rw’Ubujurire yemeje ko Idamange ahanishwa gufungwa imyaka 17 n’amezi atandatu (6) no gutanga ihazabu ya Miliyoni 4 Frw.

Mu gihe Urukiko Rukuru rwari rwakatiye Idamange Iramugwiza Yvonne igihano cyo gufungwa imyaka 15 no gutanga ihazabu ya miliyoni 2 Frw, ubwo rwamuhamyaga ibyaha birimo guteza imvururu muri rubanda no gutangaza amakuru y’ibihuha.

Ubushinjacyaha bwajuririye Urukiko rw’Ubujurire, bwari bwarugaragarije ko hari ibyaha bitigeze bihabwa agaciro mu kumuhanisha kiriya gihano, ari byo; kwigomeka ku buyobozi n’icyaha cyo gutanga sheki itazigamiye.

Bwasabaga Urukiko rw’Ubujurire kongera igihano cyari cyahawe Idamange, kikagera ku gifungo cy’imyaka 21 ndetse rukanamuca ihazabu ya miliyoni 8 Frw.

Idamange Iryamugwiza Yvonne yatawe muri yombi muri Gashyantare 2021, nyuma y’ibiganiro yatambutsaga kuri YouTube, byumvikanagamo ubutumwa bugize ibyaha birimo gupfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi nk’aho yavugaga imibiri y’inzirakarengane zayizize, yagizwe ibicuruzwa kuko abazisura basiga amafaranga.

Nanone kandi hari ikiganiro yatangiyemo ubutumwa asaba abantu bose kwitabira imyigaragambyo ku Biro by’Umukuru w’Igihugu ngo bakagenda bitwaje bibiliya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 3 =

Previous Post

Igikomangoma cy’u Bwongereza cyanze kuba Ibwami yakoze ibyatunguye benshi

Next Post

Umuhanzi Nyarwanda ukunzwe kurusha abandi muri Kenya yamenyekanye

Related Posts

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb. Ernest Rwamucyo warangije inshingano zo guhagararira u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yashyikirije Perezida wa Kenya, William Ruto impapuro zo...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

by radiotv10
04/06/2025
0

Umuyobozi Wungirije ushinzwe amasomo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kabgayi B mu Karere ka Muhanga, ukurikiranyweho ibikorwa bigize icyaha cy’ihohotera rishingiye...

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

by radiotv10
04/06/2025
0

Abana barenga 200 biga mu bigo bitatu by’amashuri abanza mu Mujyi wa Kigali, bakiriwe na Polisi y’u Rwanda ku Cyicaro...

Gatsibo: Aborozi b’inka bari mu rujijo ku ndwara ifite ubukana yadutse mu matungo yabo

Gatsibo: Aborozi b’inka bari mu rujijo ku ndwara ifite ubukana yadutse mu matungo yabo

by radiotv10
04/06/2025
0

Bamwe mu borozi b’inka bo mu Murenge wa Rwimbogo, baravuga ko hari indwara batazi ikiyitera iri gufata amatungo yabo ku...

Uhagarariye u Rwanda muri Canada yagenewe igihembo cya Ambasaderi w’umwaka

Uhagarariye u Rwanda muri Canada yagenewe igihembo cya Ambasaderi w’umwaka

by radiotv10
04/06/2025
0

Ambasaderi Higiro Prosper uhagarariye u Rwanda muri Canada, yashyikirijwe igihembo nka Ambasaderi w’umwaka muri iki Gihugu cyo ku Mugabane wa...

IZIHERUKA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye
AMAHANGA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

04/06/2025
Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

04/06/2025
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

04/06/2025
Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

04/06/2025
Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

04/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Nyarwanda ukunzwe kurusha abandi muri Kenya yamenyekanye

Umuhanzi Nyarwanda ukunzwe kurusha abandi muri Kenya yamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.