Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe igifungo kisumbuyeho cyakatiwe Idamange wahamijwe ibyaha birimo ibyo yakoreye kuri YouTube

radiotv10by radiotv10
30/03/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hatangajwe igifungo kisumbuyeho cyakatiwe Idamange wahamijwe ibyaha birimo ibyo yakoreye kuri YouTube
Share on FacebookShare on Twitter

Idamange Iryamugwiza Yvonnne wari wakatiwe gufungwa imyaka 15 ahamijwe ibyaha birimo guteza imvururu muri rubanda, yongerewe igihano nyuma yuko Ubushinjacyaha bujuririye iki yari yahanishijwe mbere.

Urukiko rw’Ubujurire rwari rwajuririwe n’Ubushinjacyaha, rwemeje ishingiro bw’ubu bujurire, ndetse rwemeza ko hari ibyaha bititaweho ubwo Urukiko Rukuru rwakatiraga Idamange igifungo cy’imyaka 15.

Uru rukiko rwari rwajuririwe, mu cyemezo rwasomye kuri uyu wa Kane tariki 30 Werurwe 2023, rwanzuye ko Idamange ahamwa n’ibyaha yahamijwe n’Urukiko rwaburanishije urubanza rwa mbere, hakiyongeraho n’icyaha cyo kwigomeka ku buyobozi ndetse no gutanga sheki itazigamiye.

Umucamanza w’Urukiko rw’Ubujurire yemeje ko Idamange ahanishwa gufungwa imyaka 17 n’amezi atandatu (6) no gutanga ihazabu ya Miliyoni 4 Frw.

Mu gihe Urukiko Rukuru rwari rwakatiye Idamange Iramugwiza Yvonne igihano cyo gufungwa imyaka 15 no gutanga ihazabu ya miliyoni 2 Frw, ubwo rwamuhamyaga ibyaha birimo guteza imvururu muri rubanda no gutangaza amakuru y’ibihuha.

Ubushinjacyaha bwajuririye Urukiko rw’Ubujurire, bwari bwarugaragarije ko hari ibyaha bitigeze bihabwa agaciro mu kumuhanisha kiriya gihano, ari byo; kwigomeka ku buyobozi n’icyaha cyo gutanga sheki itazigamiye.

Bwasabaga Urukiko rw’Ubujurire kongera igihano cyari cyahawe Idamange, kikagera ku gifungo cy’imyaka 21 ndetse rukanamuca ihazabu ya miliyoni 8 Frw.

Idamange Iryamugwiza Yvonne yatawe muri yombi muri Gashyantare 2021, nyuma y’ibiganiro yatambutsaga kuri YouTube, byumvikanagamo ubutumwa bugize ibyaha birimo gupfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi nk’aho yavugaga imibiri y’inzirakarengane zayizize, yagizwe ibicuruzwa kuko abazisura basiga amafaranga.

Nanone kandi hari ikiganiro yatangiyemo ubutumwa asaba abantu bose kwitabira imyigaragambyo ku Biro by’Umukuru w’Igihugu ngo bakagenda bitwaje bibiliya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Igikomangoma cy’u Bwongereza cyanze kuba Ibwami yakoze ibyatunguye benshi

Next Post

Umuhanzi Nyarwanda ukunzwe kurusha abandi muri Kenya yamenyekanye

Related Posts

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

IZIHERUKA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo
MU RWANDA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Nyarwanda ukunzwe kurusha abandi muri Kenya yamenyekanye

Umuhanzi Nyarwanda ukunzwe kurusha abandi muri Kenya yamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.