Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe igifungo kisumbuyeho cyakatiwe Idamange wahamijwe ibyaha birimo ibyo yakoreye kuri YouTube

radiotv10by radiotv10
30/03/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hatangajwe igifungo kisumbuyeho cyakatiwe Idamange wahamijwe ibyaha birimo ibyo yakoreye kuri YouTube
Share on FacebookShare on Twitter

Idamange Iryamugwiza Yvonnne wari wakatiwe gufungwa imyaka 15 ahamijwe ibyaha birimo guteza imvururu muri rubanda, yongerewe igihano nyuma yuko Ubushinjacyaha bujuririye iki yari yahanishijwe mbere.

Urukiko rw’Ubujurire rwari rwajuririwe n’Ubushinjacyaha, rwemeje ishingiro bw’ubu bujurire, ndetse rwemeza ko hari ibyaha bititaweho ubwo Urukiko Rukuru rwakatiraga Idamange igifungo cy’imyaka 15.

Uru rukiko rwari rwajuririwe, mu cyemezo rwasomye kuri uyu wa Kane tariki 30 Werurwe 2023, rwanzuye ko Idamange ahamwa n’ibyaha yahamijwe n’Urukiko rwaburanishije urubanza rwa mbere, hakiyongeraho n’icyaha cyo kwigomeka ku buyobozi ndetse no gutanga sheki itazigamiye.

Umucamanza w’Urukiko rw’Ubujurire yemeje ko Idamange ahanishwa gufungwa imyaka 17 n’amezi atandatu (6) no gutanga ihazabu ya Miliyoni 4 Frw.

Mu gihe Urukiko Rukuru rwari rwakatiye Idamange Iramugwiza Yvonne igihano cyo gufungwa imyaka 15 no gutanga ihazabu ya miliyoni 2 Frw, ubwo rwamuhamyaga ibyaha birimo guteza imvururu muri rubanda no gutangaza amakuru y’ibihuha.

Ubushinjacyaha bwajuririye Urukiko rw’Ubujurire, bwari bwarugaragarije ko hari ibyaha bitigeze bihabwa agaciro mu kumuhanisha kiriya gihano, ari byo; kwigomeka ku buyobozi n’icyaha cyo gutanga sheki itazigamiye.

Bwasabaga Urukiko rw’Ubujurire kongera igihano cyari cyahawe Idamange, kikagera ku gifungo cy’imyaka 21 ndetse rukanamuca ihazabu ya miliyoni 8 Frw.

Idamange Iryamugwiza Yvonne yatawe muri yombi muri Gashyantare 2021, nyuma y’ibiganiro yatambutsaga kuri YouTube, byumvikanagamo ubutumwa bugize ibyaha birimo gupfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi nk’aho yavugaga imibiri y’inzirakarengane zayizize, yagizwe ibicuruzwa kuko abazisura basiga amafaranga.

Nanone kandi hari ikiganiro yatangiyemo ubutumwa asaba abantu bose kwitabira imyigaragambyo ku Biro by’Umukuru w’Igihugu ngo bakagenda bitwaje bibiliya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + nineteen =

Previous Post

Igikomangoma cy’u Bwongereza cyanze kuba Ibwami yakoze ibyatunguye benshi

Next Post

Umuhanzi Nyarwanda ukunzwe kurusha abandi muri Kenya yamenyekanye

Related Posts

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida wa Côte...

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

by radiotv10
09/12/2025
0

Abatwara abagenzi n’imizigo ku magare bakorera mu mujyi wa Gisenyi, binubira ikibazo cyo kutagira parking, bigatuma amagare yabo ahora mu...

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y'amazi meza anyura mu Mudugudu...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

IZIHERUKA

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we
FOOTBALL

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

by radiotv10
09/12/2025
0

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

09/12/2025
U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Nyarwanda ukunzwe kurusha abandi muri Kenya yamenyekanye

Umuhanzi Nyarwanda ukunzwe kurusha abandi muri Kenya yamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.