Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Hatangajwe igihano cyakatiwe Kazungu wiyemereye ko yishe abantu barenga 10

radiotv10by radiotv10
08/03/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Menya impamvu yatumye hasubikwa ubugirakabiri urubanza rwa Kazungu utakandagiye ku Rukiko
Share on FacebookShare on Twitter

Kazungu Denis wari ukurikiranyweho ibyaha birimo kwica abantu 14 biganjemo abakobwa akabashyingura mu cyobo yari yaracukuye aho yabaga, yahamijwe ibyaha yaregwa, akatirwa gufungwa burundu.

Ni icyemezo cyasomwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge kuri uyu wa Gatanu tariki 08 Werurwe 2024, rwemeje ko ibyaha byose byaregwaga uyu musore bimuhama.

Umucamanza w’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, yavuze ko nyuma yo gusuzuma ibyatangajwe n’Ubushinjacyaha, ndetse n’ubuhamya bwatanzwe kuri Kazungu, Urukiko rusanga uregwa yarakoze ibyaha akurikiranyweho, bityo ko ahanishwa gufungwa burundu.

Ni igihano cyari cyasabwe n’Ubushinjacyaha mu rubanza rwabaye tariki 09 Gashyantare 2024, aho bwasobanuye imikorere y’ibyaha 10 bishinjwa Kazungu Denis, na we wabyiyemereye.

Ubushinjacyaha bwagaragaje ko mu kwica abantu 14, Kazungu ari umugambi yabaga yaracuze kuko yabatahanaga iwe, nk’abagiye kwinezezanya, yabagezayo akabatera ubwoba akoresheje ibikoresho bitandukanye, ubundi akabica abanje kubambura ibyo babaga bafite byose.

Uregwa wakunze kwemera ibyaha ashinjwa, muri iri buranisha na bwo yongeye kubyemera, aho yagize ati “Mu byo bandeze byose, ntacyo nongeraho, byose narabikoze.”

Kazungu kandi yaboneyeho gusaba imbabazi, Perezida wa Repubulika Paul Kagame ndetse n’Abanyarwanda bose muri rusange, by’umwihariko abo yiciye ababo, anasaba Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge kuzaca inkoni izamba rukamugabanyiriza igihano cy’igifungo cya burundu yari amaze gusabirwa n’Ubushinjacyaha.

Kazungu Denis yari akurikiranyweho kandi icyaha cyo gusambanya ku gahato abagore, kuko bamwe mu bo yicaga, yabanzaga kubasambanya ubundi akabona kubivugana akabashyingura mu cyobo yari yaracukuye mu nzu y’aho yari acumbitse mu Kagari ka Busanza mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − one =

Previous Post

Abagabo ubwo mutureba turirarira- Perezida Kagame yasobanuye ko ibyo abagabo bageraho bitashoboka hatari abagore

Next Post

Igisubizo cya Perezida Kagame ku mugore wa mbere afatiraho icyitegererezo

Related Posts

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

IZIHERUKA

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4
IBYAMAMARE

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo cya Perezida Kagame ku mugore wa mbere afatiraho icyitegererezo

Igisubizo cya Perezida Kagame ku mugore wa mbere afatiraho icyitegererezo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.