Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Hatangajwe igihano cyakatiwe Kazungu wiyemereye ko yishe abantu barenga 10

radiotv10by radiotv10
08/03/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Menya impamvu yatumye hasubikwa ubugirakabiri urubanza rwa Kazungu utakandagiye ku Rukiko
Share on FacebookShare on Twitter

Kazungu Denis wari ukurikiranyweho ibyaha birimo kwica abantu 14 biganjemo abakobwa akabashyingura mu cyobo yari yaracukuye aho yabaga, yahamijwe ibyaha yaregwa, akatirwa gufungwa burundu.

Ni icyemezo cyasomwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge kuri uyu wa Gatanu tariki 08 Werurwe 2024, rwemeje ko ibyaha byose byaregwaga uyu musore bimuhama.

Umucamanza w’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, yavuze ko nyuma yo gusuzuma ibyatangajwe n’Ubushinjacyaha, ndetse n’ubuhamya bwatanzwe kuri Kazungu, Urukiko rusanga uregwa yarakoze ibyaha akurikiranyweho, bityo ko ahanishwa gufungwa burundu.

Ni igihano cyari cyasabwe n’Ubushinjacyaha mu rubanza rwabaye tariki 09 Gashyantare 2024, aho bwasobanuye imikorere y’ibyaha 10 bishinjwa Kazungu Denis, na we wabyiyemereye.

Ubushinjacyaha bwagaragaje ko mu kwica abantu 14, Kazungu ari umugambi yabaga yaracuze kuko yabatahanaga iwe, nk’abagiye kwinezezanya, yabagezayo akabatera ubwoba akoresheje ibikoresho bitandukanye, ubundi akabica abanje kubambura ibyo babaga bafite byose.

Uregwa wakunze kwemera ibyaha ashinjwa, muri iri buranisha na bwo yongeye kubyemera, aho yagize ati “Mu byo bandeze byose, ntacyo nongeraho, byose narabikoze.”

Kazungu kandi yaboneyeho gusaba imbabazi, Perezida wa Repubulika Paul Kagame ndetse n’Abanyarwanda bose muri rusange, by’umwihariko abo yiciye ababo, anasaba Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge kuzaca inkoni izamba rukamugabanyiriza igihano cy’igifungo cya burundu yari amaze gusabirwa n’Ubushinjacyaha.

Kazungu Denis yari akurikiranyweho kandi icyaha cyo gusambanya ku gahato abagore, kuko bamwe mu bo yicaga, yabanzaga kubasambanya ubundi akabona kubivugana akabashyingura mu cyobo yari yaracukuye mu nzu y’aho yari acumbitse mu Kagari ka Busanza mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

Abagabo ubwo mutureba turirarira- Perezida Kagame yasobanuye ko ibyo abagabo bageraho bitashoboka hatari abagore

Next Post

Igisubizo cya Perezida Kagame ku mugore wa mbere afatiraho icyitegererezo

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo cya Perezida Kagame ku mugore wa mbere afatiraho icyitegererezo

Igisubizo cya Perezida Kagame ku mugore wa mbere afatiraho icyitegererezo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.