Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Hatangajwe igihano cyakatiwe Kazungu wiyemereye ko yishe abantu barenga 10

radiotv10by radiotv10
08/03/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Menya impamvu yatumye hasubikwa ubugirakabiri urubanza rwa Kazungu utakandagiye ku Rukiko
Share on FacebookShare on Twitter

Kazungu Denis wari ukurikiranyweho ibyaha birimo kwica abantu 14 biganjemo abakobwa akabashyingura mu cyobo yari yaracukuye aho yabaga, yahamijwe ibyaha yaregwa, akatirwa gufungwa burundu.

Ni icyemezo cyasomwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge kuri uyu wa Gatanu tariki 08 Werurwe 2024, rwemeje ko ibyaha byose byaregwaga uyu musore bimuhama.

Umucamanza w’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, yavuze ko nyuma yo gusuzuma ibyatangajwe n’Ubushinjacyaha, ndetse n’ubuhamya bwatanzwe kuri Kazungu, Urukiko rusanga uregwa yarakoze ibyaha akurikiranyweho, bityo ko ahanishwa gufungwa burundu.

Ni igihano cyari cyasabwe n’Ubushinjacyaha mu rubanza rwabaye tariki 09 Gashyantare 2024, aho bwasobanuye imikorere y’ibyaha 10 bishinjwa Kazungu Denis, na we wabyiyemereye.

Ubushinjacyaha bwagaragaje ko mu kwica abantu 14, Kazungu ari umugambi yabaga yaracuze kuko yabatahanaga iwe, nk’abagiye kwinezezanya, yabagezayo akabatera ubwoba akoresheje ibikoresho bitandukanye, ubundi akabica abanje kubambura ibyo babaga bafite byose.

Uregwa wakunze kwemera ibyaha ashinjwa, muri iri buranisha na bwo yongeye kubyemera, aho yagize ati “Mu byo bandeze byose, ntacyo nongeraho, byose narabikoze.”

Kazungu kandi yaboneyeho gusaba imbabazi, Perezida wa Repubulika Paul Kagame ndetse n’Abanyarwanda bose muri rusange, by’umwihariko abo yiciye ababo, anasaba Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge kuzaca inkoni izamba rukamugabanyiriza igihano cy’igifungo cya burundu yari amaze gusabirwa n’Ubushinjacyaha.

Kazungu Denis yari akurikiranyweho kandi icyaha cyo gusambanya ku gahato abagore, kuko bamwe mu bo yicaga, yabanzaga kubasambanya ubundi akabona kubivugana akabashyingura mu cyobo yari yaracukuye mu nzu y’aho yari acumbitse mu Kagari ka Busanza mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 3 =

Previous Post

Abagabo ubwo mutureba turirarira- Perezida Kagame yasobanuye ko ibyo abagabo bageraho bitashoboka hatari abagore

Next Post

Igisubizo cya Perezida Kagame ku mugore wa mbere afatiraho icyitegererezo

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo cya Perezida Kagame ku mugore wa mbere afatiraho icyitegererezo

Igisubizo cya Perezida Kagame ku mugore wa mbere afatiraho icyitegererezo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.