Saturday, May 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe igihano gisabirwa umugore wemeye ko yiyiciye uruhinja akirubyara akarutsindagira mu musarani

radiotv10by radiotv10
10/02/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Uw’i Nyabihu wari umaze iminsi ibiri i Rubavu yakuyemo inda abaturanyi baramutahura
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore wo mu Murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge ukurikiranyweho kwica umwana we akimubyara yarangiza akamutsindagira mu musarani, bikamenyekana nyuma y’ibyumweru 2, yasabiwe gufungwa imyaka 7.

Uyu mugore utuye mu Mudugudu wa Karukoro, Akagari ka Gasharu, mu Murenge wa Nyamirambo, yaburanishijwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge kuri uyu wa Kane tariki 09 Gashyantare 2023.

Akekwaho kwica umwana akimubyara, yarangiza umurambo we akawutsindagirira mu musarani, ubundi akaryumaho.

Iki cyaha akekwaho, cyamenyekanya tariki 17 Mutarama 2023 nyuma yuko abaturanyi bamugizeho amakenga kuko bamubonye adatwite kandi yari amaze igihe afite inda nkuru.

Aba baturanyi baramwegereye bamubaza uko byagenze, yemera ko yishe umwana we akimubyara, ndetse anerekana aho yamujuguye mu musarani.

Uyu mugore ukekwaho kwihekura uruhinja rwe akimara kurubyara, yanemereye abantu ko uwo murambo w’uyu mwana, wari umaze ibyumweru bibiri.

Ubushinjacyaha buburana n’uyu mugore mu rubanza ruburanishwa n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, buvuga ko mu ibazwa ry’uyu mugore yemeye icyaha akanagisabira imbabazi.

Ubushinjacyaha bwisunze ingingo ya 108 y’Itegeko Riteganya Ibyaha n’Ibihano muri rusange, bwasabye Urukiko guhamya icyaha uyu mugore, rukamukatira gufungwa imyaka irindwi (7).

Umucamanza w’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, wahise apfundikira urubanza, yanzuye ko icyemezo cy’Urukiko kizasomwa mu cyumweru gitaha tariki 14 Gashyantare 2023.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Habarurema Pascal says:
    3 years ago

    Ese bagiye babihera
    ababakeneye aho
    kubahemukira.

    Reply

Leave a Reply to Habarurema Pascal Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − seventeen =

Previous Post

Umuhanzi ukizamuka mu Rwanda ahishuye ibitari bizwi ku kibazo yagiranye n’umunyamakuru ukomeye

Next Post

Intambara y’amagambo hagati y’abahanzikazi bakunzwe muri Uganda ikomeje kuba agatereranzamba

Related Posts

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

AMAKURU MASHYA: RIB yafunze abayobozi mu Nzego z’Ibanze bo mu Turere tune barimo uwari Gitifu w’Umurenge

by radiotv10
01/05/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha rwataye muri yombi abantu bane barimo uwahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Nzige mu Karere ka Rwamagana,...

Ingabo z’u Rwanda zungutse Abofisiye bafite ubumenyi bujyanye no kuyobora abasirikare

Ingabo z’u Rwanda zungutse Abofisiye bafite ubumenyi bujyanye no kuyobora abasirikare

by radiotv10
01/05/2026
0

Abofisiye 74 mu Ngabo na Polisi by’u Rwanda ndetse n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, barangije amasomo ajyanye no kuyobora abandi n’indi...

Friendships vs Networking: What Really Matters in Your 20s?

Friendships vs Networking: What Really Matters in Your 20s?

by radiotv10
01/05/2026
0

Your 20s are often sold to you as the decade of “connections.” You’re told to meet people, build your circle,...

Should Social Media Be Banned for the Youth?

Should Social Media Be Banned for the Youth?

by radiotv10
01/05/2026
0

The Minister of ICT and Innovation said that the government of Rwanda is considering introducing a law that would restrict...

Breaking: Gitifu w’Umurenge wa Mageragere afungiye ibirimo kumena ibanga ry’akazi

Breaking: Gitifu w’Umurenge wa Mageragere afungiye ibirimo kumena ibanga ry’akazi

by radiotv10
30/04/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha rwatangaje ko rwafunze Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Mageragere mu Karere ka Nyarugenge, ukurikiranyweho ibyaha bya ruswa no...

IZIHERUKA

America yaciye amarenga ko ishaka guhagarika burundu intambara yo muri Iran
AMAHANGA

America yaciye amarenga ko ishaka guhagarika burundu intambara yo muri Iran

by radiotv10
02/05/2026
0

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

AMAKURU MASHYA: RIB yafunze abayobozi mu Nzego z’Ibanze bo mu Turere tune barimo uwari Gitifu w’Umurenge

01/05/2026
Hamenyekanye igihano cyasabiwe umunyamakuru uzwi mu myidagaduro ukurikiranyweho kurwanira mu kabari

Amakuru mpamo ku yari yatangiye kuvugwa ku isezera ry’umunyamakuru w’imyidagaduro uzwi mu Rwanda

01/05/2026
Icyo Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Congo yasabye Joseph Kabila

America yafatie ibihano Joseph Kabila wabaye Perezida wa Congo

01/05/2026
Ingabo z’u Rwanda zungutse Abofisiye bafite ubumenyi bujyanye no kuyobora abasirikare

Ingabo z’u Rwanda zungutse Abofisiye bafite ubumenyi bujyanye no kuyobora abasirikare

01/05/2026
Friendships vs Networking: What Really Matters in Your 20s?

Friendships vs Networking: What Really Matters in Your 20s?

01/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Intambara y’amagambo hagati y’abahanzikazi bakunzwe muri Uganda ikomeje kuba agatereranzamba

Intambara y’amagambo hagati y’abahanzikazi bakunzwe muri Uganda ikomeje kuba agatereranzamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yaciye amarenga ko ishaka guhagarika burundu intambara yo muri Iran

AMAKURU MASHYA: RIB yafunze abayobozi mu Nzego z’Ibanze bo mu Turere tune barimo uwari Gitifu w’Umurenge

Amakuru mpamo ku yari yatangiye kuvugwa ku isezera ry’umunyamakuru w’imyidagaduro uzwi mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.