Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

BREAKING: Hatangajwe igihe indege ya mbere y’abimukira bavuye mu Bwongereza izazira mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
22/04/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO, POLITIKI
0
BREAKING: Hatangajwe igihe indege ya mbere y’abimukira bavuye mu Bwongereza izazira mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak; yatangaje ko Guverinoma y’Igihugu ayoboye yamaze kwitegura ibikorwa byo gutwara abimukira bazava muri iki Gihugu boherezwa mu Rwanda, ndetse atangaza n’igihe bashobora gutangirira koherezwa.

Rishi Sunak yabitangaje mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere mu kiganiro yagiranye n’Itangazamakuru, aho yavuze ko Guverinoma yamaze gutegura kwitegura mu bijyanye n’ingendo z’indege zizatwara abimukira ba mbere.

Yavuze ko indege zizatwara abimukira ba mbere bazava mu Bwongereza boherezwa mu Rwanda, zizatangira kugenda mu byumweru 10 cyangwa 12 biri imbere.

Rishi Sunak kandi yabajijwe icyo Guverinoma yizeye, ku buryo iyi gahunda yo kohereza abimukira itazongera gukomwa mu nkokora, agira ati “Ubu noneho nta za ‘byagakwiye kugenda gutya’, cyangwa ngo ‘urabona’, byanga byakunda ingendo z’indege zerecyeza mu Rwanda zigiye gutangira.”

Yavuze kandi ko Guverinoma yamaze “gutanga isoko ry’integuza ku ndege z’ubucuruzi zizatwara aba mbere” nka kimwe mu bikorwa byo kwitegura gushyira mu bikorwa iyi gahunda u Bwongereza bufitanye n’u Rwanda.

Hari amakuru avuga ko Kompanyi ya AirTanker isanzwe ifitanye imikoranire na Kompanyi y’Indege mu bya gisirikare RAF (Royal Air Force) ndetse na Minisiteri y’Ingabo, yagiranye ibiganiro na Guverinoma bigamije kuzatwara abimukira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 1 =

Previous Post

Niger: Biraye mu mihanda n’umujinya mwinsha basaba ko ingabo za America zihambirizwa byihuse

Next Post

Umujenerali ukuriye ubutasi bw’Igisirikare cya Israel yeguye ku mpamvu ishobora gutuma akurikirwa n’abandi

Related Posts

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

Mu rubanza ruburanishwa n’Urukiko Rukuru rwa Gitega mu Burundi ruregwamo abantu 16 baregwa ibikorwa byo kuryamana kw’abahuje ibitsina rwavutsemo impaka...

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa yavuze ko kuba iri Huriro ryakorana n’u Rwanda bitavuze ko rurifasha, ahubwo ko hari impamvu...

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukozi w’Imana wo muri Kenya, Paul Nthenge Mackenzie wari umuyobozi w’Itorero rimwe, umaze imyaka itatu atawe muri yombi akurikiranyweho uruhare...

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

Ifoto ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu imugaragaza ari kuvugira kuri Telefone yagiye yomekwaho utuntu duhisha kamera yayo n’akarango...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

by radiotv10
27/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe,...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umujenerali ukuriye ubutasi bw’Igisirikare cya Israel yeguye ku mpamvu ishobora gutuma akurikirwa n’abandi

Umujenerali ukuriye ubutasi bw’Igisirikare cya Israel yeguye ku mpamvu ishobora gutuma akurikirwa n’abandi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.