Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

BREAKING: Hatangajwe igihe indege ya mbere y’abimukira bavuye mu Bwongereza izazira mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
22/04/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO, POLITIKI
0
BREAKING: Hatangajwe igihe indege ya mbere y’abimukira bavuye mu Bwongereza izazira mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak; yatangaje ko Guverinoma y’Igihugu ayoboye yamaze kwitegura ibikorwa byo gutwara abimukira bazava muri iki Gihugu boherezwa mu Rwanda, ndetse atangaza n’igihe bashobora gutangirira koherezwa.

Rishi Sunak yabitangaje mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere mu kiganiro yagiranye n’Itangazamakuru, aho yavuze ko Guverinoma yamaze gutegura kwitegura mu bijyanye n’ingendo z’indege zizatwara abimukira ba mbere.

Yavuze ko indege zizatwara abimukira ba mbere bazava mu Bwongereza boherezwa mu Rwanda, zizatangira kugenda mu byumweru 10 cyangwa 12 biri imbere.

Rishi Sunak kandi yabajijwe icyo Guverinoma yizeye, ku buryo iyi gahunda yo kohereza abimukira itazongera gukomwa mu nkokora, agira ati “Ubu noneho nta za ‘byagakwiye kugenda gutya’, cyangwa ngo ‘urabona’, byanga byakunda ingendo z’indege zerecyeza mu Rwanda zigiye gutangira.”

Yavuze kandi ko Guverinoma yamaze “gutanga isoko ry’integuza ku ndege z’ubucuruzi zizatwara aba mbere” nka kimwe mu bikorwa byo kwitegura gushyira mu bikorwa iyi gahunda u Bwongereza bufitanye n’u Rwanda.

Hari amakuru avuga ko Kompanyi ya AirTanker isanzwe ifitanye imikoranire na Kompanyi y’Indege mu bya gisirikare RAF (Royal Air Force) ndetse na Minisiteri y’Ingabo, yagiranye ibiganiro na Guverinoma bigamije kuzatwara abimukira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

Niger: Biraye mu mihanda n’umujinya mwinsha basaba ko ingabo za America zihambirizwa byihuse

Next Post

Umujenerali ukuriye ubutasi bw’Igisirikare cya Israel yeguye ku mpamvu ishobora gutuma akurikirwa n’abandi

Related Posts

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umujenerali ukuriye ubutasi bw’Igisirikare cya Israel yeguye ku mpamvu ishobora gutuma akurikirwa n’abandi

Umujenerali ukuriye ubutasi bw’Igisirikare cya Israel yeguye ku mpamvu ishobora gutuma akurikirwa n’abandi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.