Monday, October 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe igikekwa gutera umusore kwica urw’agashinyaguro umugabo n’umugore we

radiotv10by radiotv10
05/08/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore w’imyaka 24 y’amavuko akurikiranyweho kwica umugabo n’umugore we bo mu Murenge wa Masoro mu Karere ka Rulindo, abategeye mu nzira akabakubita ubuhiri yarangiza akabacocagura n’umuhoro, bikekwa ko yabitewe n’inzika yagiriye umugabo kuko yigeze kumutsinda mu mukino wa Karate.

Uyu musore yamaze gukorerwa dosiye n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, ikaba yarashyikirijwe Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gicumbi, bwayakiriye ku ya 02 Kanama 2023.

Ba nyakwigendera; umugabo n’umugore we, bari batuye mu Mudugudu wa Gikurazo mu Kagari ka Kigarama mu Murenge wa Masoro mu Karere ka Rulindo, bishwe tariki 26 z’ukwezi gushize kwa Nyakanga 2023.

Ubushinjacyaha buvuga ko uyu musore ukekwaho kwica ba nyakwigendera, yabanje kumenya amakuru ko bari mu kabari, ubundi akajya kubategera aho bagombaga kunyura.

Ubushinjacyaha buvuga ko ubwo bamugeragaho “Yabakubise ubuhiri n’icyuma, bamara gupfa agafata umuhoro akabacocagura umubiri wose.”

Bukomeza buvuga ko iki gikorwa cy’ubwicanyi gikekwa kuri uyu musore yagikoze “biturutse ku makimbirane yari afitanye n’umugabo ngo kuko bari barigeze kurwana mu mukino wa Karate akamutsinda, kuva ubwo akamurwara inzika.”

Ubushinjacyaha buvuga ko mu ibazwa ry’uyu musore, yemeye icyaha, ndetse akavuga ko kwica ba nyakwigendera yabitewe n’umujinya yari amaranye igihe kirekire.

Ubushinjacyaha bugira icyo buvuga kuri iyi mpamvu yatanzwe n’uregwa, bugira buti “Usanga nta kuri kurimo kuko yabicanye ubugome bukomeye cyane kugeza ubwo anatemagura imirambo bamaze gupfa.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 18 =

Previous Post

Icyatangajwe n’uwabaye Perezida w’Igihugu cy’igihangange akiva guhatwa ibibazo mu Rukiko

Next Post

Uwabwiye Gitifu ati “ntabwo nsubiramo” bwa mbere abivuzeho ibitaramenyekanye

Related Posts

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda

by radiotv10
27/10/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Igorora-RCS rwavuze ko ku Igororero rya Nyamasheke mu Karere ka Nyamasheke, harashwe amasasu mu kirere ubwo bamwe...

Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

Eng.-Rwanda Police responds to claims of fraud linked to banned ‘Salama Juice’

by radiotv10
27/10/2025
0

The Rwanda National Police (RNP) has said it is working closely with other government agencies, including the Rwanda Investigation Bureau...

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

by radiotv10
27/10/2025
0

Mu gihe ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi buhangayikishijwe no kuba hari abaturage batafite aho kuba ndetse n’abafite ahatameze neza bakeneye gusanirwa,...

Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe

Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe

by radiotv10
27/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko ku bufatanye n’izindi nzego zirimo urw’Ubugenzacyaha RIB, bagiye gukurikirana ibyagaragajwe ko hari abacuruzi bashobora gufata...

Igikekwaho gutera impanuka ikomeye y’imodoka yari itwaye abari bagiye gufata irembo

Igikekwaho gutera impanuka ikomeye y’imodoka yari itwaye abari bagiye gufata irembo

by radiotv10
27/10/2025
0

Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hiace yakoreye impanuka mu Karere ka Ngororero ubwo yari itwaye abari bagiye mu birori...

IZIHERUKA

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda
MU RWANDA

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda

by radiotv10
27/10/2025
0

Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

Eng.-Rwanda Police responds to claims of fraud linked to banned ‘Salama Juice’

27/10/2025
Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

27/10/2025
BREAKING: Byahinduye isura muri Cameroon nyuma yo gutangaza ko Paul Bia w’imyaka 92 yatsinze amatora 

BREAKING: Byahinduye isura muri Cameroon nyuma yo gutangaza ko Paul Bia w’imyaka 92 yatsinze amatora 

27/10/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe

Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe

27/10/2025
Ibura rikabije ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Gihugu kimwe ryatumye gifata icyemezo gikomeye

Ibura rikabije ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Gihugu kimwe ryatumye gifata icyemezo gikomeye

27/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwabwiye Gitifu ati “ntabwo nsubiramo” bwa mbere abivuzeho ibitaramenyekanye

Uwabwiye Gitifu ati "ntabwo nsubiramo" bwa mbere abivuzeho ibitaramenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda

Eng.-Rwanda Police responds to claims of fraud linked to banned ‘Salama Juice’

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.