Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe igikekwa gutera umusore kwica urw’agashinyaguro umugabo n’umugore we

radiotv10by radiotv10
05/08/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore w’imyaka 24 y’amavuko akurikiranyweho kwica umugabo n’umugore we bo mu Murenge wa Masoro mu Karere ka Rulindo, abategeye mu nzira akabakubita ubuhiri yarangiza akabacocagura n’umuhoro, bikekwa ko yabitewe n’inzika yagiriye umugabo kuko yigeze kumutsinda mu mukino wa Karate.

Uyu musore yamaze gukorerwa dosiye n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, ikaba yarashyikirijwe Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gicumbi, bwayakiriye ku ya 02 Kanama 2023.

Ba nyakwigendera; umugabo n’umugore we, bari batuye mu Mudugudu wa Gikurazo mu Kagari ka Kigarama mu Murenge wa Masoro mu Karere ka Rulindo, bishwe tariki 26 z’ukwezi gushize kwa Nyakanga 2023.

Ubushinjacyaha buvuga ko uyu musore ukekwaho kwica ba nyakwigendera, yabanje kumenya amakuru ko bari mu kabari, ubundi akajya kubategera aho bagombaga kunyura.

Ubushinjacyaha buvuga ko ubwo bamugeragaho “Yabakubise ubuhiri n’icyuma, bamara gupfa agafata umuhoro akabacocagura umubiri wose.”

Bukomeza buvuga ko iki gikorwa cy’ubwicanyi gikekwa kuri uyu musore yagikoze “biturutse ku makimbirane yari afitanye n’umugabo ngo kuko bari barigeze kurwana mu mukino wa Karate akamutsinda, kuva ubwo akamurwara inzika.”

Ubushinjacyaha buvuga ko mu ibazwa ry’uyu musore, yemeye icyaha, ndetse akavuga ko kwica ba nyakwigendera yabitewe n’umujinya yari amaranye igihe kirekire.

Ubushinjacyaha bugira icyo buvuga kuri iyi mpamvu yatanzwe n’uregwa, bugira buti “Usanga nta kuri kurimo kuko yabicanye ubugome bukomeye cyane kugeza ubwo anatemagura imirambo bamaze gupfa.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − five =

Previous Post

Icyatangajwe n’uwabaye Perezida w’Igihugu cy’igihangange akiva guhatwa ibibazo mu Rukiko

Next Post

Uwabwiye Gitifu ati “ntabwo nsubiramo” bwa mbere abivuzeho ibitaramenyekanye

Related Posts

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

by radiotv10
18/12/2025
0

In a world that keeps changing faster than ever, young adults are under increasing pressure to keep up. Technology, job...

IZIHERUKA

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?
MU RWANDA

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwabwiye Gitifu ati “ntabwo nsubiramo” bwa mbere abivuzeho ibitaramenyekanye

Uwabwiye Gitifu ati "ntabwo nsubiramo" bwa mbere abivuzeho ibitaramenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.