Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe ikigiye gukorwa ku ndege imaze imyaka 10 yaraburiwe irengero yarimo abantu 230

radiotv10by radiotv10
21/12/2024
in AMAHANGA
0
Hatangajwe ikigiye gukorwa ku ndege imaze imyaka 10 yaraburiwe irengero yarimo abantu 230
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Malaysia yemeye umugambi wo gusubukura ibikorwa byo gushakisha indege ya kompanyi ya Malaysian Airlines MH370 yaburiwe irengero muri 2014 ubwo yarimo abantu 239.

Iyi ndege yo mu bwoko bwa Boeing 777, yaburiwe irengero ubwo yavaga Kuala Lumpur yerecyeza i Beijing tariki 08 Werurwe 2014, aho yarimo abantu 239 barimo abagenzi 227 n’abakozi b’iyi kompanyi 12.

Kwemera uyu mugambi wo gusubukura ibikorwa byo gushakisha iyi ndege yabuze bikaba kimwe mu bikorwa byabaye amayobera ku Isi, byemejwe na Minisitiri ushinzwe ubwikorezi muri Guverinoma ya Malaysia, Anthony Loke kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Ukuboza 2024.

Anthony Loke yatangaje ko icyifuzo cy’umugambi wo kongera gushakisha iyi ndege, cyatanzwe na Kompanyi ya Ocean Infinity y’Abanyamerika yari no muri ibi bikorwa byo kuyishakisha byarangiye muri 2018.

Yagize ati “Igitekerezo cy’ibikorwa byo kongera kuyishakisha cyatanzwe na Ocean Infinity kandi kirafatika kinakwiye guhabwa agaciro.”

Yakomeje agira ati “Inshingano zacu n’intego yacu ni ukureba ibizakurikiraho. Twizeye ko noneho kuri iyi nshuro bizatanga umusaruro, ku buryo ibisigazwa byayo byazaboneka, kugira ngo iki kibazo kirangire imbere y’imiryango y’abari bayirimo.”

Iyi kompanyi ya Ocean Infinity y’Abanyamerika, niramuka ibonye ibisigazwa by’iyi ndege, izishyurwa Miliyoni 70 $, ni ukuvuga arenga miliyari 95 Frw.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + one =

Previous Post

Umugore w’i Huye ukurikiranyweho guha ibihano biremereye umwana we yasobanuye icyabimuteye

Next Post

Menya akayabo k’amamiliyoni yishyuwe album ya Bruce Melodie arimo imwe ya Minisitiri

Related Posts

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

by radiotv10
13/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yongeye gushimangira ko iri Huriro rizaruhuka ari uko ribohoye Igihugu cya...

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

by radiotv10
13/01/2026
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guha imbaraga abasanzweyo...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya akayabo k’amamiliyoni yishyuwe album ya Bruce Melodie arimo imwe ya Minisitiri

Menya akayabo k’amamiliyoni yishyuwe album ya Bruce Melodie arimo imwe ya Minisitiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.