Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe ikigiye kwibandwaho mu mikoranire ya RDF n’igisirikare cya Senegal

radiotv10by radiotv10
07/05/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Hatangajwe ikigiye kwibandwaho mu mikoranire ya RDF n’igisirikare cya Senegal
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Senegal, General Mbaye Cissé uri mu ruzinduko mu Rwanda, yavuze ko mu mikoranire iteganyijwe hagati y’Ingabo z’Ibihugu byombi, hagiye kwibandwa ku myitozo ya gisirikare.

General Mbaye Cissé, yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 06 Gicurasi 2024, umunsi yanakiriweho na mugenzi we; Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh Muganga ku Cyicaro Gikuru cya RDF, ku Kimihurura.

Uyu Mugaba Mukuru w’Ingabo za Senegal, kandi yanakiriwe na Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, banagirana ibiganiro, byakurikiwe no kuganira n’ubuyobozi bwa RDF, bwamugaragarije ishusho y’urugendo rw’iterambere ry’igisirikare cy’u Rwanda ndetse n’isura y’uko umutekano uhagaze mu karere.

Mu kiganiro yagiranye n’Itangazamakuru, General Mbaye Cissé yavuze ko uru ruzinduko yagiriye mu Rwanda, rugamije gukomeza guteza imbere ubucuti n’imikoranire hagati y’Igisirikare cy’u Rwanda n’icya Senegal, avuga ko bimaze igihe.

Yanagarutse kandi ku kuba Igisirikare cya Senegal cyari gifite ingabo zari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu bikorwa byo guhagarika Jenoside yo mu 1994.

Ati “Imikoranire iri mbere hamwe n’Ingabo z’u Rwanda, izibanda ku myitozo. Ubu turi mu bikorwa by’ibanze byo gutegura imyitozo y’ubufasha mu bikorwa byo kugarura amahoro. Kandi rero intego nyamukuru yacu ni ukwagura imikoranire mu bikorwa binyuranye mu rwego rwo gushyira mu bikorwa ibyemeranyijweho hagati y’Ibihugu byacu byombi.”

General Mbaye Cissé kandi kuri uyu wa Mbere tariki 06 Gicurasi, yanasuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ku Gisozi, yunamira ndetse aha icyubahiro inzirakarengane zirenga ibihumbi 250 ziharuhukiye.

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Senegal kandi yanasuye Ingoro ndangamateka y’Urugamba rwo guhagarika Jenoside, iri mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko ku Kimihurura.

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Senegal ubwo yakirwaga ku Cyicaro Gikuru cya RDF
Yakiriwe na Minisitiri w’Ingabo n’Umugaba Mukuru wa RDF, Gen Mubarakh Muganga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − twelve =

Previous Post

Umunyabigwi nimero ya mbere muri ruhago y’u Rwanda atanze igisubizo kinejeje ku bamubona nk’uwayitereranye

Next Post

Umunyarwenga ugezweho muri sinema Nyarwanda yagaragaje uko impanuka aherutse kugira yamusize

Related Posts

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

The FDLR is still active and receiving support from the DRC, making the signing of a final agreement between Presidents...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

by radiotv10
26/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko isinywa ry’amasezerano ya burundu hagati y’u Rwanda na DRC agomba kuzashyirwaho...

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

by radiotv10
26/11/2025
0

Ku gasozi kitwa Burito ko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa urugomo rukomeje kwiyongera, ku buryo nta...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
26/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

by radiotv10
26/11/2025
0

MoMo Rwanda Ltd, in partnership with the Rwanda Social Security Board (RSSB), has officially launched ‘Iremere EjoHeza’, a digital solution...

IZIHERUKA

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje
MU RWANDA

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

26/11/2025
Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyarwenga ugezweho muri sinema Nyarwanda yagaragaje uko impanuka aherutse kugira yamusize

Umunyarwenga ugezweho muri sinema Nyarwanda yagaragaje uko impanuka aherutse kugira yamusize

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.