Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe ikigiye kwibandwaho mu mikoranire ya RDF n’igisirikare cya Senegal

radiotv10by radiotv10
07/05/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Hatangajwe ikigiye kwibandwaho mu mikoranire ya RDF n’igisirikare cya Senegal
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Senegal, General Mbaye Cissé uri mu ruzinduko mu Rwanda, yavuze ko mu mikoranire iteganyijwe hagati y’Ingabo z’Ibihugu byombi, hagiye kwibandwa ku myitozo ya gisirikare.

General Mbaye Cissé, yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 06 Gicurasi 2024, umunsi yanakiriweho na mugenzi we; Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh Muganga ku Cyicaro Gikuru cya RDF, ku Kimihurura.

Uyu Mugaba Mukuru w’Ingabo za Senegal, kandi yanakiriwe na Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, banagirana ibiganiro, byakurikiwe no kuganira n’ubuyobozi bwa RDF, bwamugaragarije ishusho y’urugendo rw’iterambere ry’igisirikare cy’u Rwanda ndetse n’isura y’uko umutekano uhagaze mu karere.

Mu kiganiro yagiranye n’Itangazamakuru, General Mbaye Cissé yavuze ko uru ruzinduko yagiriye mu Rwanda, rugamije gukomeza guteza imbere ubucuti n’imikoranire hagati y’Igisirikare cy’u Rwanda n’icya Senegal, avuga ko bimaze igihe.

Yanagarutse kandi ku kuba Igisirikare cya Senegal cyari gifite ingabo zari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu bikorwa byo guhagarika Jenoside yo mu 1994.

Ati “Imikoranire iri mbere hamwe n’Ingabo z’u Rwanda, izibanda ku myitozo. Ubu turi mu bikorwa by’ibanze byo gutegura imyitozo y’ubufasha mu bikorwa byo kugarura amahoro. Kandi rero intego nyamukuru yacu ni ukwagura imikoranire mu bikorwa binyuranye mu rwego rwo gushyira mu bikorwa ibyemeranyijweho hagati y’Ibihugu byacu byombi.”

General Mbaye Cissé kandi kuri uyu wa Mbere tariki 06 Gicurasi, yanasuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ku Gisozi, yunamira ndetse aha icyubahiro inzirakarengane zirenga ibihumbi 250 ziharuhukiye.

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Senegal kandi yanasuye Ingoro ndangamateka y’Urugamba rwo guhagarika Jenoside, iri mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko ku Kimihurura.

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Senegal ubwo yakirwaga ku Cyicaro Gikuru cya RDF
Yakiriwe na Minisitiri w’Ingabo n’Umugaba Mukuru wa RDF, Gen Mubarakh Muganga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − 2 =

Previous Post

Umunyabigwi nimero ya mbere muri ruhago y’u Rwanda atanze igisubizo kinejeje ku bamubona nk’uwayitereranye

Next Post

Umunyarwenga ugezweho muri sinema Nyarwanda yagaragaje uko impanuka aherutse kugira yamusize

Related Posts

Amashusho: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare

Amashusho: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

IZIHERUKA

Amashusho: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare
MU RWANDA

Amashusho: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare

by radiotv10
09/01/2026
0

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyarwenga ugezweho muri sinema Nyarwanda yagaragaje uko impanuka aherutse kugira yamusize

Umunyarwenga ugezweho muri sinema Nyarwanda yagaragaje uko impanuka aherutse kugira yamusize

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amashusho: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.