Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe ikigiye kwibandwaho mu mikoranire ya RDF n’igisirikare cya Senegal

radiotv10by radiotv10
07/05/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Hatangajwe ikigiye kwibandwaho mu mikoranire ya RDF n’igisirikare cya Senegal
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Senegal, General Mbaye Cissé uri mu ruzinduko mu Rwanda, yavuze ko mu mikoranire iteganyijwe hagati y’Ingabo z’Ibihugu byombi, hagiye kwibandwa ku myitozo ya gisirikare.

General Mbaye Cissé, yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 06 Gicurasi 2024, umunsi yanakiriweho na mugenzi we; Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh Muganga ku Cyicaro Gikuru cya RDF, ku Kimihurura.

Uyu Mugaba Mukuru w’Ingabo za Senegal, kandi yanakiriwe na Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, banagirana ibiganiro, byakurikiwe no kuganira n’ubuyobozi bwa RDF, bwamugaragarije ishusho y’urugendo rw’iterambere ry’igisirikare cy’u Rwanda ndetse n’isura y’uko umutekano uhagaze mu karere.

Mu kiganiro yagiranye n’Itangazamakuru, General Mbaye Cissé yavuze ko uru ruzinduko yagiriye mu Rwanda, rugamije gukomeza guteza imbere ubucuti n’imikoranire hagati y’Igisirikare cy’u Rwanda n’icya Senegal, avuga ko bimaze igihe.

Yanagarutse kandi ku kuba Igisirikare cya Senegal cyari gifite ingabo zari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu bikorwa byo guhagarika Jenoside yo mu 1994.

Ati “Imikoranire iri mbere hamwe n’Ingabo z’u Rwanda, izibanda ku myitozo. Ubu turi mu bikorwa by’ibanze byo gutegura imyitozo y’ubufasha mu bikorwa byo kugarura amahoro. Kandi rero intego nyamukuru yacu ni ukwagura imikoranire mu bikorwa binyuranye mu rwego rwo gushyira mu bikorwa ibyemeranyijweho hagati y’Ibihugu byacu byombi.”

General Mbaye Cissé kandi kuri uyu wa Mbere tariki 06 Gicurasi, yanasuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ku Gisozi, yunamira ndetse aha icyubahiro inzirakarengane zirenga ibihumbi 250 ziharuhukiye.

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Senegal kandi yanasuye Ingoro ndangamateka y’Urugamba rwo guhagarika Jenoside, iri mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko ku Kimihurura.

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Senegal ubwo yakirwaga ku Cyicaro Gikuru cya RDF
Yakiriwe na Minisitiri w’Ingabo n’Umugaba Mukuru wa RDF, Gen Mubarakh Muganga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 13 =

Previous Post

Umunyabigwi nimero ya mbere muri ruhago y’u Rwanda atanze igisubizo kinejeje ku bamubona nk’uwayitereranye

Next Post

Umunyarwenga ugezweho muri sinema Nyarwanda yagaragaje uko impanuka aherutse kugira yamusize

Related Posts

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

by radiotv10
12/01/2026
0

The Minister of Infrastructure announced that drivers of vehicles carrying many passengers such as public transport vehicles and school buses...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law
MU RWANDA

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

by radiotv10
12/01/2026
0

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyarwenga ugezweho muri sinema Nyarwanda yagaragaje uko impanuka aherutse kugira yamusize

Umunyarwenga ugezweho muri sinema Nyarwanda yagaragaje uko impanuka aherutse kugira yamusize

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.