Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe ikimaze gukorwa ku mbanzirizamushinga z’amasezerano Perezida Kagame na Tshisekedi bazasinyira muri America

radiotv10by radiotv10
05/05/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibyasinywe si amasezerano- Menya iby’inyandiko yasinywe hagati y’u Rwanda na DRCongo n’impamvu byakozwe na America

Rubio yari aherutse kuyobora isinywa ry'inyandiko hagati y'u Rwanda na DRC

Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zamaze gutanga imbanzirizamushinga z’ibyo zifuza ko bizajya mu masezerano y’amahoro azasinyirwa muri Leta Zunze Ubumwe za America n’Abakuru b’Ibihugu byombi.

Ni nyuma yuko mu cyumweru gishize, hatangajwe ko mu kwezi kwa Kamena Perezida Paul Kagame na mugenzi wa DRC, Felix Tshisekedi bazashyira umukono ku masezerano y’amahoro mu biganiro biri kuyobora na Leta Zunze Ubumwe za America.

Ni amasezerano kandi azaba akurikiye amahame aherutse gushyirwaho umukono n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’Ibihugu byombi, Amb. Olivier Nduhungirehe w’u Rwanda na Thérèse Kayikwamba Wagner wa DRC.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe avuga ko u Rwanda rwemeye gushyira umukono kuri ariya mahame, kuko rushyigikiye ko amahoro aboneka mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kandi aya mahame akaba ari cyo agamije.

Ati “Kandi twaranabigaragaje na mbere, mbere yuko n’ibiganiro bishya byaje yaba ibyitwaga ibya Luanda n’ibya Nairobi, twebwe twashyigikiraga amahoro ku kibazo cy’umutekano mucye mu burasirazuba bwa Congo cyarangizwa mu buryo bw’ibiganiro.”

Avuga ko kuva na cyera u Rwanda rwamye ruvuga ko ibiganiro bigamije gushaka umuti wa biriya bibazo, bigomba kujya mu mizi yabyo kuko kubikemura babinyuze hejuru ari byo byakunze gutuma bigenda byisubiramo.

Ati “Kuko byagaragaye mu biganiro bindi, mu masezerano yagiye ashyirwaho umukono, intambara tuvuga imaze imyaka irenga mirongo itatu kandi hagiye hasinywa amasezerano menshi, ariko adashyirwa mu bikorwa. Ni yo mpamvu noneho tuvuga ko ari umwanya mwiza wo kugira ngo tuzajye mu mizi y’ikibazo, hanyuma noneho ikibazo tugikemure burundu.”

Minisitiri Nduhungirehe avuga ko mu biganiro biri kuba hari intambwe imaze guterwa ku buryo hari icyizere ko n’ibindi biri guteganywa bizatanga umusaruro.

Agaruka ku biganiro byabaye nyuma yuko Ihuriro AFC/M23 rifashe Imijyi wa Goma na Bukavu, havutse ibiganiro bihuriweho hagati ya SADC na EAC birimo inama yabaye tariki 08 Gashyantare 2025, aho Abakuru b’Ibihugu bigize iyi Miryango bashyizeho abahuza batanu, nyuma haza no gushyirwaho n’ugomba kuzayobora ubwo buhuza ari we Perezida wa Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wasimbuye Perezida wa Angola Joao Lourenço wari ufite izi nshingano.

Hari kandi n’ibiganiro biri kubera i Doha muri Qatar, birimo ibice bibiri birimo ibiganiro bihuza Guverinoma y’u Rwanda n’iya DRC, ndetse n’ibihuza Ihuriro AFC/M23 na Guverinoma ya Congo.

Ati “Ibyo tuvuga ko byashyizweho umukono ku itariki 25 Mata i Washington, byo ni mu rwego rw’Ibiganiro bihuzwa na Leta Zunze Ubumwe za America.”

Yavuze ko kandi muri ibi biganiro bya Leta Zunze Ubumwe za America, hari hemejwe ko tariki 02 Gicurasi 2025 Guverinoma y’u Rwanda n’iya DRC zigomba kuzatanga imbanzirizamushinga z’ibyo zifuza ko bizajya mu masezerano y’amahoro.

Ati “Imbanzirizamushinga, uko byagenze ni uko buri Gihugu cyatanze ibyo cyifuza ko byajya muri aya masezerazerano, ikizakurikira ni uko Leta Zunze Ubumwe za America, zizabikusanya zikabishyira hamwe, noneho hakaba inyandiko y’umushinga w’amasezerano y’amahoro uzaganirwaho n’impande zombi.

Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’Ibihugu byombi bakazongera guhura mu cyumweru cya gatatu cy’uku kwezi kwa Gicurasi kugira ngo noneho bongere baganire barebe imishyikirano kuri aya masezerano, hanyuma mu kwezi gutaha kwa gatandatu, ayo masezerano akazashyirwaho umukono kuri Perezidansi ya America bita White House.”

Ni amasezerano ateganyijwe kuzashyirwaho umukono n’Abakuru b’Ibihugu byombi, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu muhango biteganyijwe ko uzayobora na mugenzi wabo wa USA, Donald Trump.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × three =

Previous Post

Amagambo aryohereye Umuhanzikazi Vestine yakoresheje ataka umugabo we yanagaragaje itariki y’ubukwe bwabo

Next Post

Hagaragajwe aho ibiganiro byo kuzahura umubano w’u Rwanda n’u Burundi bigeze n’ukomeje kubidindiza

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze
IBYAMAMARE

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe aho ibiganiro byo kuzahura umubano w’u Rwanda n’u Burundi bigeze n’ukomeje kubidindiza

Hagaragajwe aho ibiganiro byo kuzahura umubano w’u Rwanda n’u Burundi bigeze n’ukomeje kubidindiza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.