Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe ikimaze gukorwa ku mbanzirizamushinga z’amasezerano Perezida Kagame na Tshisekedi bazasinyira muri America

radiotv10by radiotv10
05/05/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibyasinywe si amasezerano- Menya iby’inyandiko yasinywe hagati y’u Rwanda na DRCongo n’impamvu byakozwe na America

Rubio yari aherutse kuyobora isinywa ry'inyandiko hagati y'u Rwanda na DRC

Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zamaze gutanga imbanzirizamushinga z’ibyo zifuza ko bizajya mu masezerano y’amahoro azasinyirwa muri Leta Zunze Ubumwe za America n’Abakuru b’Ibihugu byombi.

Ni nyuma yuko mu cyumweru gishize, hatangajwe ko mu kwezi kwa Kamena Perezida Paul Kagame na mugenzi wa DRC, Felix Tshisekedi bazashyira umukono ku masezerano y’amahoro mu biganiro biri kuyobora na Leta Zunze Ubumwe za America.

Ni amasezerano kandi azaba akurikiye amahame aherutse gushyirwaho umukono n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’Ibihugu byombi, Amb. Olivier Nduhungirehe w’u Rwanda na Thérèse Kayikwamba Wagner wa DRC.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe avuga ko u Rwanda rwemeye gushyira umukono kuri ariya mahame, kuko rushyigikiye ko amahoro aboneka mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kandi aya mahame akaba ari cyo agamije.

Ati “Kandi twaranabigaragaje na mbere, mbere yuko n’ibiganiro bishya byaje yaba ibyitwaga ibya Luanda n’ibya Nairobi, twebwe twashyigikiraga amahoro ku kibazo cy’umutekano mucye mu burasirazuba bwa Congo cyarangizwa mu buryo bw’ibiganiro.”

Avuga ko kuva na cyera u Rwanda rwamye ruvuga ko ibiganiro bigamije gushaka umuti wa biriya bibazo, bigomba kujya mu mizi yabyo kuko kubikemura babinyuze hejuru ari byo byakunze gutuma bigenda byisubiramo.

Ati “Kuko byagaragaye mu biganiro bindi, mu masezerano yagiye ashyirwaho umukono, intambara tuvuga imaze imyaka irenga mirongo itatu kandi hagiye hasinywa amasezerano menshi, ariko adashyirwa mu bikorwa. Ni yo mpamvu noneho tuvuga ko ari umwanya mwiza wo kugira ngo tuzajye mu mizi y’ikibazo, hanyuma noneho ikibazo tugikemure burundu.”

Minisitiri Nduhungirehe avuga ko mu biganiro biri kuba hari intambwe imaze guterwa ku buryo hari icyizere ko n’ibindi biri guteganywa bizatanga umusaruro.

Agaruka ku biganiro byabaye nyuma yuko Ihuriro AFC/M23 rifashe Imijyi wa Goma na Bukavu, havutse ibiganiro bihuriweho hagati ya SADC na EAC birimo inama yabaye tariki 08 Gashyantare 2025, aho Abakuru b’Ibihugu bigize iyi Miryango bashyizeho abahuza batanu, nyuma haza no gushyirwaho n’ugomba kuzayobora ubwo buhuza ari we Perezida wa Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wasimbuye Perezida wa Angola Joao Lourenço wari ufite izi nshingano.

Hari kandi n’ibiganiro biri kubera i Doha muri Qatar, birimo ibice bibiri birimo ibiganiro bihuza Guverinoma y’u Rwanda n’iya DRC, ndetse n’ibihuza Ihuriro AFC/M23 na Guverinoma ya Congo.

Ati “Ibyo tuvuga ko byashyizweho umukono ku itariki 25 Mata i Washington, byo ni mu rwego rw’Ibiganiro bihuzwa na Leta Zunze Ubumwe za America.”

Yavuze ko kandi muri ibi biganiro bya Leta Zunze Ubumwe za America, hari hemejwe ko tariki 02 Gicurasi 2025 Guverinoma y’u Rwanda n’iya DRC zigomba kuzatanga imbanzirizamushinga z’ibyo zifuza ko bizajya mu masezerano y’amahoro.

Ati “Imbanzirizamushinga, uko byagenze ni uko buri Gihugu cyatanze ibyo cyifuza ko byajya muri aya masezerazerano, ikizakurikira ni uko Leta Zunze Ubumwe za America, zizabikusanya zikabishyira hamwe, noneho hakaba inyandiko y’umushinga w’amasezerano y’amahoro uzaganirwaho n’impande zombi.

Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’Ibihugu byombi bakazongera guhura mu cyumweru cya gatatu cy’uku kwezi kwa Gicurasi kugira ngo noneho bongere baganire barebe imishyikirano kuri aya masezerano, hanyuma mu kwezi gutaha kwa gatandatu, ayo masezerano akazashyirwaho umukono kuri Perezidansi ya America bita White House.”

Ni amasezerano ateganyijwe kuzashyirwaho umukono n’Abakuru b’Ibihugu byombi, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu muhango biteganyijwe ko uzayobora na mugenzi wabo wa USA, Donald Trump.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 1 =

Previous Post

Amagambo aryohereye Umuhanzikazi Vestine yakoresheje ataka umugabo we yanagaragaje itariki y’ubukwe bwabo

Next Post

Hagaragajwe aho ibiganiro byo kuzahura umubano w’u Rwanda n’u Burundi bigeze n’ukomeje kubidindiza

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe aho ibiganiro byo kuzahura umubano w’u Rwanda n’u Burundi bigeze n’ukomeje kubidindiza

Hagaragajwe aho ibiganiro byo kuzahura umubano w’u Rwanda n’u Burundi bigeze n’ukomeje kubidindiza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.