Tuesday, October 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe imibare yo hejuru y’abishwe n’inkangu idasanzwe muri Sudani

radiotv10by radiotv10
02/09/2025
in AMAHANGA
0
Hatangajwe imibare yo hejuru y’abishwe n’inkangu idasanzwe muri Sudani
Share on FacebookShare on Twitter

Inkangu ikomeye yabaye mu misozi ya Marra, mu Mtara ya Darfur y’Uburengerazuba mu gihugu cya Sudani, yasenye umudugudu wose yikica abantu bagera ku 1 000, harokoka umuntu umwe gusa.

Iyi mibare yatangajwe n’umutwe w’inyeshyamba ugenzura ako gace Sudan Liberation Movement/Army (SLM/A) wasohoye itangazo ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, uhamya iyo iyo nkangu ikomeye yahitanye ubuzima bw’abantu benshi.

Itangazo rivuga kandi ko uwo mudugudu wasenywe burundu n’iyi nkangu, hagasigara umuntu umwe gusa ari we warokotse iyi nkangu.

Uyu mutwe wasabye Umuryango w’Abibumbye n’Indi Miryango Mpuzamahanga itabara imbabare gutabara mu gushakisha no gushyingura imibiri y’abahitanywe n’iyI nkangu, barimo n’abana bato

Al Jazeera yatangaje ko amakuru ava mu nzego zaho, yemeza ko bikomeye cyane kubona ubufasha bwo gushakisha no gushyingura  abapfuye, bitewe n’uko ako gace katarangwamo inzira zinyurwamo n’imodoka cyangwa izindi nzira z’ubutaka.

Aka gace kibasiwe cyane karigatuwe n’abiganjemo abimukira benshi   baba baraturutse mu yindi mijyi itandukanye ya Darfur kubera intambara ikomeje kuyogoza iki Gihugu ihanganishije ingabo za leta ndetse n’umutwe w’inyeshyamba za Rapid Support Force ubu ugenzura uduce twinshi muri iki Gihugu.

Uretse inkangu yibasiye aka gace kandi, n’abaturage baho babayeho mu bukene bukabije, aho nta mashuri, ndetse nta n’urwego rwa Leta rubageraho.

Ibi biza bibaye kandi mu gihe imirwano mu mujyi wa El-Fasher ikomeje gukara, aho umutwe wa Rapid Support Forces (RSF) ukomeje kugota umurwa mukuru w’intara ya Darfur y’Amajyaruguru.

Amakuru atangazwa n’umuryango w’imbere mu gihugu Emergency Lawyers avuga ko ibitero by’indege byibasiye intara ya Darfur byahitanye abantu 24, abandi benshi barakomereka bikozwe n’izi nyeshyamba.

Jean de Dieu NDAHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 20 =

Previous Post

The Power of reading: Why it shapes the mind and changes lives

Next Post

Intego Ikipe y’Igihugu Amavubi ihagurukanye i Kigali yerekeza muri Nigeria

Related Posts

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru avugwa mu mirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

by radiotv10
20/10/2025
0

Imirwano ikomeye hagati y’abarwanyi ba AFC/M23 n’inyeshyamba za Wazalendo, yaramutse mu mujyi a Nyabiondo muri Teritwari ya Masisi mu Ntara...

Moïse Katumbi utavuga rumwe na Tshisekedi yavuze icyo abona cyazanira amahoro Congo

Moïse Katumbi utavuga rumwe na Tshisekedi yavuze icyo abona cyazanira amahoro Congo

by radiotv10
20/10/2025
0

Umunyapolitiki Moïse Katumbi utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi banahatanye mu matora y’Umukuru w’Igihugu, yavuze ko afite ubushake bwo...

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

by radiotv10
17/10/2025
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera umubare w’abasirikare boherezwa mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gufasha FARDC guhangana...

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

by radiotv10
17/10/2025
0

Amatsinda abiri y’umutwe wa Wazalendo usanzwe ukorana n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), yakozanyijeho mu mirwano ikarishye yabereye...

Israel yongeye kwikomanga mu gatuza kubera Umujenerali yivuganye yahigishaga uruhindu

Israel yongeye kwikomanga mu gatuza kubera Umujenerali yivuganye yahigishaga uruhindu

by radiotv10
17/10/2025
0

Israel yemeje ko ari yo yagabye igitero kivuganye Umugaba Mukuru w’Ingabo z’itsinda ry’Abahouthi bo muri Yemen, Major General Mohammed Abdulkarim...

IZIHERUKA

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali
MU RWANDA

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

by radiotv10
21/10/2025
0

Ibisobanuro by’umugabo wafatanywe umutwe w’inka yari yibwe ari nzima

Ibisobanuro by’umugabo wafatanywe umutwe w’inka yari yibwe ari nzima

20/10/2025
Rusizi: Inyama z’imbeba mu byatsinsuye imirire mibi mu bana bato

Rusizi: Inyama z’imbeba mu byatsinsuye imirire mibi mu bana bato

20/10/2025
BREAKING: Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 100Frw byafatiwe mu mukwabu w’ibitujuje ubuziranenge

BREAKING: Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 100Frw byafatiwe mu mukwabu w’ibitujuje ubuziranenge

20/10/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru avugwa mu mirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

20/10/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga

20/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Intego Ikipe y’Igihugu Amavubi ihagurukanye i Kigali yerekeza muri Nigeria

Intego Ikipe y'Igihugu Amavubi ihagurukanye i Kigali yerekeza muri Nigeria

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Ibisobanuro by’umugabo wafatanywe umutwe w’inka yari yibwe ari nzima

Rusizi: Inyama z’imbeba mu byatsinsuye imirire mibi mu bana bato

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.