Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe imibare y’uko abana batsinze ibizamini bya Leta muri ‘Primaire’ na ‘0Level’

radiotv10by radiotv10
12/09/2023
in MU RWANDA
0
AMAKURU MASHYA: Hatangajwe imibare y’uko abana batsinze ibizamini bya Leta muri ‘Primaire’ na ‘0Level’
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Uburezi yatangaje ibyavuye mu bizamini bya Leta by’abasoje amashuri abanza n’abarangije icyiciro rusange cy’ayisumbuye, aho mu mashuri abanza batsinze ku gipimo cya 91%, naho muri ‘O Level’ batsinda kuri 86%.

Abiyandikishije gukora ibizamini mu basoje amashuri abanza, bari 203 086, barimo abakobwa 111 964 n’abahungu 91 119, bigaga mu mashuri 3 644, bakorera muri santere z’ibizamini 1 097.

Naho abiyandikishije gukora ibizamini bisoza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye, bari 131 602, barimo abakobwa 73 561 naho abahungu bakaba 58 041, bakaba baraturutse mu mashuri 1 799 bakorera muri santere z’ibizamini 669.

Abiyandikishije gukora bizamini mu mashuri abanza bose ntibakoze, kuko hakoze 201 679, batsinze ku gipimo cya 91,09% barimo abangana na 55,29% b’abakobwa, mu gihe abahungu ari 44,71%.

Umuyobozi wa NESA, Dr Bahati Bernard yavuze ko abanyeshuri basanzwe basoje iki cyiciro, basanzwe bakora ibizamini bitanu by’amasomo arimo Iyobokamana, Ubumenyamuntu, Ikinyarwanda, Icyongereza, imibare ndetse n’Ubumenyi (Science).

Ati “Aho batsinze cyane ku kigereranyo cyo hejuru, ni Ikinyarwanda kuri 99,32%, hagakurikiraho iyobokamana n’ubumenyamuntu, hakaza Science, hagakurikiraho icyongereza. Bigaragara ko no mu yindi mibare dufite ko Ikinyarwanda Abanyeshuri ari cyo bakunze gutsinda cyane.”

No mu cyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye, abiyandikishije bose ntibakoze, kuko hakoze 131 051, aho abakobwa bari 55,91% mu gihe abahungu bari 44,09%.

Muri aba bakoze ibizamini bisoza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye, batsinze ku gipimo cya 86,97% barimo abakobwa bangana 54,28% naho abahungu bakaba 45,72%.

Yavuze ko abarangiza iki cyiciro, bo bakora amasomo icyenda, aho na bo batsinze neza isomo ry’Ikinyarwanda, icyongereza ndetse n’ubugenge, byose biri hejuru ya 86%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − one =

Previous Post

Mu kindi Gihugu cya Afurika harabwa abantu ibihumbi bahitanywe n’ibindi biza bidasanzwe

Next Post

Zimbabwe: Perezida nyuma yo kongerwa gutorwa yakoze ibyazamuye impaka mu Gihugu

Related Posts

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Kigali, Rwanda - Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda ) is excited to announce an exclusive 5% cashback for MoMoApp...

IZIHERUKA

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge
MU RWANDA

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Zimbabwe: Perezida nyuma yo kongerwa gutorwa yakoze ibyazamuye impaka mu Gihugu

Zimbabwe: Perezida nyuma yo kongerwa gutorwa yakoze ibyazamuye impaka mu Gihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.