Sunday, August 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Hatangajwe inkuru y’akabaro y’urupfu rw’abasirikare batatu b’u Rwanda baguye muri Mozambique

radiotv10by radiotv10
07/05/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
BREAKING: Hatangajwe inkuru y’akabaro y’urupfu rw’abasirikare batatu b’u Rwanda baguye muri Mozambique
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwatangaje ko abasirikare batatu baburiye ubuzima i Cabo Delgado muri Mozambique, aho bahitanywe n’igico batezwe n’ibyihebe ubwo bari mu bikorwa bya gisirikare byo kurwanya iterabwoba.

Amakuru dukesha Radiyo yitwa Royal FM ikorera mu Rwanda, avuga ko aba basirikare bitabye Imana tariki 03 Gicurasi 2025, ubwo bagwaga mu gico cy’ibyihebe bifite ibirindiro mu ishyamba iriri mu gace ka Katupa.

Ubutumwa bwatangajwe n’iki gitangazamakuru Royal FM, avuga ko “Ingabo z’u Rwanda (RDF) yatangaje ko abasirikare batatu b’u Rwanda bari mu bikorwa bya gisirikare byo kurwanya iterabwoba mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, biciwe mu gico cyabaye tariki 03 Gicurasi.”

Iki gitero cyahitanye aba basirikare batatu b’u Rwanda, cyabereye mu ishyamba ry’inzitane rya Katupa ryo mu Karere ka Macomia mu Ntara ya Cabo Delgado.

Uretse aba basirikare batatu baburiye ubuzima muri iki gitero, abandi basirikare batandatu b’u Rwanda bagikomerekeyemo.

Iri shyamba ry’inzitane ryabereyemo iyi mirwano ikomeye, ni ryo ryahungiyemo ibyihebe nyuma yo gukubitwa incuro n’abasirikare b’u Rwanda mu bitero babigabyeho aho byari byarafashe bugwate abaturage bagera muri 600.

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga, yemeje kandi iby’uru rupfu rw’abasirikare batatu b’u Rwanda n’ikomereka ry’abandi batandatu.

Yagize ati “Byabaye abasirikare bari mu kazi, batatu bagwa muri icyo gico, abandi batandatu barakomereka, ariko bari gukira.”

Umuvugizi wa RDF, Brig Gen Ronald Rwivanga yavuze ko nubwo muri iyi mirwano yahitanye abasirikare b’u Rwanda batatu ariko uruhande bari bahanganye, rwo rwatakaje benshi. Ati “Ku mwanzi byabaye bibi cyane.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − five =

Previous Post

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Next Post

Leta ya Sudan yacanye umubano n’Igihugu ishinja gufasha umutwe uhanganye n’igisirikare cyayo

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
10/08/2025
3

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

by radiotv10
09/08/2025
0

Abofisiye 163 n’abafite andi mapeti mu Ngabo z’u Rwanda mu mutwe ushinzwe imyitwarire (Military Police) barangije imyitozo bamazemo ibyumweru bitandatu,...

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

by radiotv10
09/08/2025
0

In the past, relationships often started with a letter, a meeting at church, or being introduced by a friend. Today,...

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

by radiotv10
09/08/2025
0

In the heart of Rwanda’s rich cultural heritage lies a unique, geometric art form known as Imigongo. Imigongo is a...

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

by radiotv10
09/08/2025
0

Algorithm Inc, a regional tech company known for its innovative business software solutions, has launched a groundbreaking new platform called...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
10/08/2025
3

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

09/08/2025
Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

09/08/2025
The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

09/08/2025
Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

09/08/2025
Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

08/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Leta ya Sudan yacanye umubano n’Igihugu ishinja gufasha umutwe uhanganye n’igisirikare cyayo

Leta ya Sudan yacanye umubano n’Igihugu ishinja gufasha umutwe uhanganye n'igisirikare cyayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.