Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hatangajwe umwanzuro wafatiwe APR ku makosa yatumye ihagarika umwe mu bayobozi bayo

radiotv10by radiotv10
07/11/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hatangajwe umwanzuro wafatiwe APR ku makosa yatumye ihagarika umwe mu bayobozi bayo
Share on FacebookShare on Twitter

APR FC yafatiwe icyemezo cyo guterwa mpaga n’ikipe ya Gorilla FC nyuma yuko mu mukino wazihuje, iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda yarengeje umubare w’abanyamahanga bakandagiye mu kibuga, inacibwa amande y’ibihumbi 100 Frw.

Iyi kipe ifite shampiyona y’u Rwanda y’umwaka w’imikino ushize, ikaba ubu iri ku mwanya wa 15 ku rutonde rw’agateganyo n’amanota ane, yafatiwe iki cyemezo na Komisiyo ishinzwe amarushanwa mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru (FERWAFA).

Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’iminsi ibiri habaye uyu mukino wagaragayemo ikosa ryakozwe na APR ubwo hakinwaga umukino w’umunsi wa munani ku Cyumweru tariki 03 Ugushyingo 2024, aho iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda yarenzaga umubare w’abanyamahanga bagomba kuba bari mu kibuga.

Iyi kipe ubwo yasimbuzaga, yisanze yinjije mu kibuga abakinnyi barindwi, mu gihe itegeko ry’amarushanwa ya FERWAFA rivuga ko batagomba kurenga batandatu (06).

Nubwo iyi kipe yisamye yasandaye igahita isimbuza nyuma y’iminota micye ibyo bibaye, ariko ikipe ya Gorilla FC yahise itanga ikirego muri FERWAFA, ari na cyo cyasuzumwe na Komisiyo ishinzwe amarushanwa igasanga gifite ishingiro, igafata icyemezo cyo guhanisha iyi kipe guterwa mpaga, ubwo iba itsinzwe ibitego 3-0 mu gihe uyu mukino wari warangiye ari 0-0, amakipe yombi yari yagabanye amanota.

Nyuma y’aya makosa kandi, ubuyobozi bwa APR FC bwahise buhagarika by’agateganyo Eric Ntazinda wari usanzwe ari Team Manager muri iyi kipe.

Iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda ubu isigaranye amanota ane mu mikino itatu imaze gukina, yanahanishijwe kandi gutanga amande y’ibihumbi 100 Frw.

APR FC ifite imikino myinshi y’ibirarane, uyu munsi ku wa Kane tariki Indwi Ugushyingo 2024 irakina umukino w’umunsi wa cyenda uyihuza na Vision FC.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 4 =

Previous Post

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Trump ku bw’intsinzi ye y’amateka

Next Post

DRCongo: Tshisekedi yavuze ikigiye gukorerwa Abacamanza babaswe n’imyitwarire idahwitse

Related Posts

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Uwari Umuyobozi w’ikipe ya APR FC, Brigadier General Déo RUSANGANWA, ntakiri kuri uyu mwanya kubera izindi nshingano z’akazi ke ka...

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

by radiotv10
09/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC n’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Byiringiro Lague yifurije umugore we isabukuru nziza y’imyaka ine bamaze bakoze ubukwe bemeranyijwe...

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

by radiotv10
09/12/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje itariki izakinirwaho umukino wa Super Cup uzahuza ikipe ya APR FC na Rayon...

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Ikipe ya Police FC yanganyije na APR FC 0-0 mu mukino wari uryoheye ijisho w’umunsi wa 10 wa Shampiyona y’Icyiciro...

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

by radiotv10
05/12/2025
0

Nyuma y’ihererekanyabubasha, Perezida wa Komite y'Inzibacyuho ya Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje ko bahawe ikipe ifite amadeni arenga miliyoni 260...

IZIHERUKA

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu
FOOTBALL

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

09/12/2025
Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Tshisekedi yavuze ikigiye gukorerwa Abacamanza babaswe n’imyitwarire idahwitse

DRCongo: Tshisekedi yavuze ikigiye gukorerwa Abacamanza babaswe n’imyitwarire idahwitse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.