Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hatangajwe umwanzuro wafatiwe APR ku makosa yatumye ihagarika umwe mu bayobozi bayo

radiotv10by radiotv10
07/11/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hatangajwe umwanzuro wafatiwe APR ku makosa yatumye ihagarika umwe mu bayobozi bayo
Share on FacebookShare on Twitter

APR FC yafatiwe icyemezo cyo guterwa mpaga n’ikipe ya Gorilla FC nyuma yuko mu mukino wazihuje, iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda yarengeje umubare w’abanyamahanga bakandagiye mu kibuga, inacibwa amande y’ibihumbi 100 Frw.

Iyi kipe ifite shampiyona y’u Rwanda y’umwaka w’imikino ushize, ikaba ubu iri ku mwanya wa 15 ku rutonde rw’agateganyo n’amanota ane, yafatiwe iki cyemezo na Komisiyo ishinzwe amarushanwa mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru (FERWAFA).

Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’iminsi ibiri habaye uyu mukino wagaragayemo ikosa ryakozwe na APR ubwo hakinwaga umukino w’umunsi wa munani ku Cyumweru tariki 03 Ugushyingo 2024, aho iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda yarenzaga umubare w’abanyamahanga bagomba kuba bari mu kibuga.

Iyi kipe ubwo yasimbuzaga, yisanze yinjije mu kibuga abakinnyi barindwi, mu gihe itegeko ry’amarushanwa ya FERWAFA rivuga ko batagomba kurenga batandatu (06).

Nubwo iyi kipe yisamye yasandaye igahita isimbuza nyuma y’iminota micye ibyo bibaye, ariko ikipe ya Gorilla FC yahise itanga ikirego muri FERWAFA, ari na cyo cyasuzumwe na Komisiyo ishinzwe amarushanwa igasanga gifite ishingiro, igafata icyemezo cyo guhanisha iyi kipe guterwa mpaga, ubwo iba itsinzwe ibitego 3-0 mu gihe uyu mukino wari warangiye ari 0-0, amakipe yombi yari yagabanye amanota.

Nyuma y’aya makosa kandi, ubuyobozi bwa APR FC bwahise buhagarika by’agateganyo Eric Ntazinda wari usanzwe ari Team Manager muri iyi kipe.

Iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda ubu isigaranye amanota ane mu mikino itatu imaze gukina, yanahanishijwe kandi gutanga amande y’ibihumbi 100 Frw.

APR FC ifite imikino myinshi y’ibirarane, uyu munsi ku wa Kane tariki Indwi Ugushyingo 2024 irakina umukino w’umunsi wa cyenda uyihuza na Vision FC.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 4 =

Previous Post

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Trump ku bw’intsinzi ye y’amateka

Next Post

DRCongo: Tshisekedi yavuze ikigiye gukorerwa Abacamanza babaswe n’imyitwarire idahwitse

Related Posts

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

by radiotv10
15/12/2025
0

Lomami Marcel wari umaze igihe ari umutoza wungirije muri Etincelles FC, yemejwe nk’umutoza wungirije wa Rayon Sports mu gihe igitegereje...

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

by radiotv10
15/12/2025
0

Bugesera FC yongeye gutsinda Rayon Sports FC mu mukino wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru byibutsa abafana ba...

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

by radiotv10
13/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC, Kwitonda Alain bakunze kwita Bacca, yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga, ahamya ko ari itangirira...

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

by radiotv10
12/12/2025
0

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports biravugwa ko agera mu Rwanda mu mpera z’iki...

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’ikipe

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuyobozi w’inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje itariki ntarengwa iyi kipe izaba yamaze kubona umutoza mushya wayo, ndetse anagaruka...

IZIHERUKA

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge
MU RWANDA

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Tshisekedi yavuze ikigiye gukorerwa Abacamanza babaswe n’imyitwarire idahwitse

DRCongo: Tshisekedi yavuze ikigiye gukorerwa Abacamanza babaswe n’imyitwarire idahwitse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.