Tuesday, May 13, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hatangajwe undi muti ugiye kuvugutirwa ikibazo cy’ibirombe bihitana ubuzima bwa bamwe mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
24/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hatangajwe undi muti ugiye kuvugutirwa ikibazo cy’ibirombe bihitana ubuzima bwa bamwe mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo iravuga ko igiye kujya ikora ubugenzuzi buhoraho mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro kugira ngo hakumirwe impanuka z’ibirombe bigwira abukoramo, bamwe bakahasiga ubuzima.

Mu bihe byashize kugeza n’ubu hirya no hino mu Gihugu hakomeje kumvikana impanuka z’ibirombe bigwira abantu, bamwe bakitaba Imana, abandi bagakomereka.

Mu Karere Ka Nyamasheke abasore babiri baherutse kugwirwa n’ikirombe barapfa, ndetse no mu byumweru bibiri bishize mu Karere ka Kamonyi, ikirombe cyahejeje umwuka abantu 15, batanu muri bo bahita bitaba Imana, abandi bajyanwa mu bitaro barembye.

Izi mpanuka ziyongera ku zindi nyinshi zirimo iyagarutsweho cyane yabaye umwaka ushize y’abantu batandatu bagwiriwe n’ikirombe cyacukurwagamo amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ndetse bakaza kubura burundu, hagafatwa icyemezo cyo guhagarika kubashakisha.

Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Prof. Bayisenge Jeanette avuga ko iyi Minisiteri ayoboye igiye gukora ubugenzuzi buhoraho mu birombe bicukurwamo amabuye y’agaciro, kugira ngo harebwe niba ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bukorwa kinyamwuga.

Ati “kuko ibigomba kwitabwaho n’abakoresha birazwi kuko dufite amategeko, amabwiriza abisobanura neza ibyo umukoresha agomba kuba yujuje icyo dukora kimwe n’izindi nzego dufatanyije dukora ubugenzuzi buhoraho kugira ngo twongere turebe aho ibyo byubahirizwa aho bitubahirizwa nabwo hagafatwa ingamba.”

Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Mine, Peteroli na Gaz (RMB) kivuga ko mu myaka itanu ishize impanuka ziturutse ku bucukuzi bw’amabuye y’agaciro akorwa mu buryo butemewe, zishe abantu 429, bukomeretsa abagera kuri 272.

Mu mwaka wa 2018 ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe bwahitanye abantu 60, mu 2019 buhitana abantu 84, muri 2020 buhitana 71, muri 2021 bwica 61, mu gihe muri 2022 bwishe 61.

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − one =

Previous Post

Iyaba twashobora gukora byinshi n’ahandi- Perezida Kagame afungura inyubako ya Radiant yatwaye Miliyari 22Frw

Next Post

Kayonza: Igipimo cy’umusemburo kidasanzwe cyasanzwe mu muyobozi witabiriye inama yaganjijwe n’agasembuye

Related Posts

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa yavuze ko nta kibazo afitanye na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame kubera ibiherutse...

BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibiganiro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikomeje gukorwa ku nzego zinyuranye...

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibyatangajwe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America byo guhagarikira inkunga Ibihugu bya Afurika,...

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

by radiotv10
12/05/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda irafungura ku mugaragaro Ambasade yayo mu Gihugu cya Hongrie cyo ku Mugabane w’u Burayi, hanabe ibiganiro hagati...

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame ari i Abidjan muri Côte d’Ivoire aho yagiye kwifatanya na bagenzi be bo ku Mugabane wa Afurika...

IZIHERUKA

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego
FOOTBALL

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

by radiotv10
13/05/2025
0

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

12/05/2025
Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

12/05/2025
BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

12/05/2025
Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

12/05/2025
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Igipimo cy’umusemburo kidasanzwe cyasanzwe mu muyobozi witabiriye inama yaganjijwe n’agasembuye

Kayonza: Igipimo cy’umusemburo kidasanzwe cyasanzwe mu muyobozi witabiriye inama yaganjijwe n’agasembuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.