Monday, September 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangiye gukusanywa inkunga y’umukecuru wihebeye Amavubi wagaragaye ko ariho mu buzima butanejeje

radiotv10by radiotv10
19/10/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Hatangiye gukusanywa inkunga y’umukecuru wihebeye Amavubi wagaragaye ko ariho mu buzima butanejeje
Share on FacebookShare on Twitter

Umukecuru wakunze kugaragara yagiye gushyigikira ikipe ya Mukura VS n’Ikipe y’Igihugu wasuwe n’Amavubi U23 bikagaragara ko atariho mu buzima bunejeje, yatangiye gukusanyirizwa amafaranga yo kumufasha, ubu hakaba hamaze kuboneka arenga ibihumbi 300 Frw.

Mukanemeye Madeleine ukunze kugaragara kuri stade ya Huye, yagiye gushyigikira amakipe nka Mukura VS ndetse n’iy’Igihugu Amavubi, kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Ukwakira yasuwe n’Amavubi y’abatarengeje imyaka 23, bamuha impano zirimo umwambaro w’Ikipe y’Igihugu ndetse n’ibahasha irimo amafaranga atatangajwe umubare.

Nyuma yuko Amavubi y’abatarengeje imyaka 23 asuye uyu mukecuru hakanagaragazwa amafoto y’aho uyu mukecuru atuye, bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, bakozwe ku mutima n’imibereho itanejeje uyu mukecuru abayemo.

Bahise batangiza igikorwa cyo gukusanya amafaranga yo kumufasha, bakamugurira ibikoresho babonye akeneye birimo inkweto dore ko muri ayo mafoto uyu mukecuru yagaragaye yambaye ibirenge, ndetse n’amafaranga yo kumusanira inzu.

Uwitwa Ishimwe Claude uzwi cyane kuri Twitter nka Mwene Karangwa, yatangije uburyo bwo kwitanga amafaranga yo gufasha uyu mukecuru, hakoreshejwe ikoranabuhanga.

Mu butumwa buherekeje iki gikorwa, Ishimwe Claude yagize ati “Nyuma yo kubona amafoto aho ikipe y’Amavubi U23 yamusuye aho aba tukabona ubuzima abayemo budashimishije, Urubyiruko rukoresha Twitter rwifuje ko twakusanya inkunga yacu, bityo tugashaka uburyo yabonamo ibikoresho by’ibanze nk’inkweto, imyenda, ibiribwa, ibikoresho by’isuku, byaba n’akarusho tukamusanira inzu.”

Uyu Ishimwe Claude avuga ko inkunga iyo ari yo yose yagira akamaro ku buryo n’iyo yaba ari igihumbi (1 000 Frw) yakongeranywa n’andi akagira uruhare mu guhindurira ubuzima uyu mubyeyi.

Yagaragaje ko hakenewe nibura ibihumbi 500 Frw ariko nyuma y’amasaha macye atangije iki gikorwa, ubwo twandikaga iyi nkuru hari hamaze kuboneka ibihumbi 315 Frw, bigaragara ko abakomeje kwitanga, bafite umuhate.

Uwifuza gufasha uyu mukecuru akanda kuri uyu murongo w’ikoranabuhanga.

Mukanemeye Madeleine yagaragaye yambaye n’ibirenge

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × five =

Previous Post

Musanze: Yafatanywe 1.500.000Frw yari yahishe muri matela bikekwa ko yibye umukoresha we

Next Post

N’amahanga yamaze kubona ko gutwara abagenzi muri Kigali bikirimo ibihato

Related Posts

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

by radiotv10
15/09/2025
0

Inteko Ishinga Amategeko yanenze umwanzuro w’iy’Ubumwe bw’u Burayi wo gusaba u Rwanda kurekura vuba na bwangu Ingabire Victoire Umuhoza, ivuga...

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

by radiotv10
15/09/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka Bishop Gafaranga, uregwa ibyaha birimo guhoza ku nkeke uwo bashakanye, yagarutse imbere y’Urukiko, kuburana mu mizi,...

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

by radiotv10
15/09/2025
0

Inkongi y’umuriro yibasiye inzu ituyemo umuryango wo mu Murenge wa Rwimbogo mu Karere ka Rusizi, nyuma yuko umukozi wo muri...

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

by radiotv10
15/09/2025
0

Abo mu Murenge wa Busogo, mu Karere ka Musanze, bavuga ko batewe impungenge n’imodoka zitwara abagenzi ziparika ku bwinshi mu...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
15/09/2025
0

IZIHERUKA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma
MU RWANDA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

by radiotv10
15/09/2025
0

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

15/09/2025
Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

15/09/2025
Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

15/09/2025
Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

15/09/2025
Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

15/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
N’amahanga yamaze kubona ko gutwara abagenzi muri Kigali bikirimo ibihato

N’amahanga yamaze kubona ko gutwara abagenzi muri Kigali bikirimo ibihato

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.