Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangiye gukusanywa inkunga y’umukecuru wihebeye Amavubi wagaragaye ko ariho mu buzima butanejeje

radiotv10by radiotv10
19/10/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Hatangiye gukusanywa inkunga y’umukecuru wihebeye Amavubi wagaragaye ko ariho mu buzima butanejeje
Share on FacebookShare on Twitter

Umukecuru wakunze kugaragara yagiye gushyigikira ikipe ya Mukura VS n’Ikipe y’Igihugu wasuwe n’Amavubi U23 bikagaragara ko atariho mu buzima bunejeje, yatangiye gukusanyirizwa amafaranga yo kumufasha, ubu hakaba hamaze kuboneka arenga ibihumbi 300 Frw.

Mukanemeye Madeleine ukunze kugaragara kuri stade ya Huye, yagiye gushyigikira amakipe nka Mukura VS ndetse n’iy’Igihugu Amavubi, kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Ukwakira yasuwe n’Amavubi y’abatarengeje imyaka 23, bamuha impano zirimo umwambaro w’Ikipe y’Igihugu ndetse n’ibahasha irimo amafaranga atatangajwe umubare.

Nyuma yuko Amavubi y’abatarengeje imyaka 23 asuye uyu mukecuru hakanagaragazwa amafoto y’aho uyu mukecuru atuye, bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, bakozwe ku mutima n’imibereho itanejeje uyu mukecuru abayemo.

Bahise batangiza igikorwa cyo gukusanya amafaranga yo kumufasha, bakamugurira ibikoresho babonye akeneye birimo inkweto dore ko muri ayo mafoto uyu mukecuru yagaragaye yambaye ibirenge, ndetse n’amafaranga yo kumusanira inzu.

Uwitwa Ishimwe Claude uzwi cyane kuri Twitter nka Mwene Karangwa, yatangije uburyo bwo kwitanga amafaranga yo gufasha uyu mukecuru, hakoreshejwe ikoranabuhanga.

Mu butumwa buherekeje iki gikorwa, Ishimwe Claude yagize ati “Nyuma yo kubona amafoto aho ikipe y’Amavubi U23 yamusuye aho aba tukabona ubuzima abayemo budashimishije, Urubyiruko rukoresha Twitter rwifuje ko twakusanya inkunga yacu, bityo tugashaka uburyo yabonamo ibikoresho by’ibanze nk’inkweto, imyenda, ibiribwa, ibikoresho by’isuku, byaba n’akarusho tukamusanira inzu.”

Uyu Ishimwe Claude avuga ko inkunga iyo ari yo yose yagira akamaro ku buryo n’iyo yaba ari igihumbi (1 000 Frw) yakongeranywa n’andi akagira uruhare mu guhindurira ubuzima uyu mubyeyi.

Yagaragaje ko hakenewe nibura ibihumbi 500 Frw ariko nyuma y’amasaha macye atangije iki gikorwa, ubwo twandikaga iyi nkuru hari hamaze kuboneka ibihumbi 315 Frw, bigaragara ko abakomeje kwitanga, bafite umuhate.

Uwifuza gufasha uyu mukecuru akanda kuri uyu murongo w’ikoranabuhanga.

Mukanemeye Madeleine yagaragaye yambaye n’ibirenge

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 12 =

Previous Post

Musanze: Yafatanywe 1.500.000Frw yari yahishe muri matela bikekwa ko yibye umukoresha we

Next Post

N’amahanga yamaze kubona ko gutwara abagenzi muri Kigali bikirimo ibihato

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

by radiotv10
13/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC, Kwitonda Alain bakunze kwita Bacca, yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga, ahamya ko ari itangirira...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
N’amahanga yamaze kubona ko gutwara abagenzi muri Kigali bikirimo ibihato

N’amahanga yamaze kubona ko gutwara abagenzi muri Kigali bikirimo ibihato

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.