Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangiye gukusanywa inkunga y’umukecuru wihebeye Amavubi wagaragaye ko ariho mu buzima butanejeje

radiotv10by radiotv10
19/10/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Hatangiye gukusanywa inkunga y’umukecuru wihebeye Amavubi wagaragaye ko ariho mu buzima butanejeje
Share on FacebookShare on Twitter

Umukecuru wakunze kugaragara yagiye gushyigikira ikipe ya Mukura VS n’Ikipe y’Igihugu wasuwe n’Amavubi U23 bikagaragara ko atariho mu buzima bunejeje, yatangiye gukusanyirizwa amafaranga yo kumufasha, ubu hakaba hamaze kuboneka arenga ibihumbi 300 Frw.

Mukanemeye Madeleine ukunze kugaragara kuri stade ya Huye, yagiye gushyigikira amakipe nka Mukura VS ndetse n’iy’Igihugu Amavubi, kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Ukwakira yasuwe n’Amavubi y’abatarengeje imyaka 23, bamuha impano zirimo umwambaro w’Ikipe y’Igihugu ndetse n’ibahasha irimo amafaranga atatangajwe umubare.

Nyuma yuko Amavubi y’abatarengeje imyaka 23 asuye uyu mukecuru hakanagaragazwa amafoto y’aho uyu mukecuru atuye, bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, bakozwe ku mutima n’imibereho itanejeje uyu mukecuru abayemo.

Bahise batangiza igikorwa cyo gukusanya amafaranga yo kumufasha, bakamugurira ibikoresho babonye akeneye birimo inkweto dore ko muri ayo mafoto uyu mukecuru yagaragaye yambaye ibirenge, ndetse n’amafaranga yo kumusanira inzu.

Uwitwa Ishimwe Claude uzwi cyane kuri Twitter nka Mwene Karangwa, yatangije uburyo bwo kwitanga amafaranga yo gufasha uyu mukecuru, hakoreshejwe ikoranabuhanga.

Mu butumwa buherekeje iki gikorwa, Ishimwe Claude yagize ati “Nyuma yo kubona amafoto aho ikipe y’Amavubi U23 yamusuye aho aba tukabona ubuzima abayemo budashimishije, Urubyiruko rukoresha Twitter rwifuje ko twakusanya inkunga yacu, bityo tugashaka uburyo yabonamo ibikoresho by’ibanze nk’inkweto, imyenda, ibiribwa, ibikoresho by’isuku, byaba n’akarusho tukamusanira inzu.”

Uyu Ishimwe Claude avuga ko inkunga iyo ari yo yose yagira akamaro ku buryo n’iyo yaba ari igihumbi (1 000 Frw) yakongeranywa n’andi akagira uruhare mu guhindurira ubuzima uyu mubyeyi.

Yagaragaje ko hakenewe nibura ibihumbi 500 Frw ariko nyuma y’amasaha macye atangije iki gikorwa, ubwo twandikaga iyi nkuru hari hamaze kuboneka ibihumbi 315 Frw, bigaragara ko abakomeje kwitanga, bafite umuhate.

Uwifuza gufasha uyu mukecuru akanda kuri uyu murongo w’ikoranabuhanga.

Mukanemeye Madeleine yagaragaye yambaye n’ibirenge

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − seven =

Previous Post

Musanze: Yafatanywe 1.500.000Frw yari yahishe muri matela bikekwa ko yibye umukoresha we

Next Post

N’amahanga yamaze kubona ko gutwara abagenzi muri Kigali bikirimo ibihato

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bya nyuma n’abakinnyi batatu barimo Yannick Mukunzi, Faustin Usengimana na Yves Mugunga, mu...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
N’amahanga yamaze kubona ko gutwara abagenzi muri Kigali bikirimo ibihato

N’amahanga yamaze kubona ko gutwara abagenzi muri Kigali bikirimo ibihato

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.