Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hatanzwe icyifuzo gishobora kuzana izindi mpinduka zikomeye mu Gikombe gikurikirwa na benshi ku Isi

radiotv10by radiotv10
14/03/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hatanzwe icyifuzo gishobora kuzana izindi mpinduka zikomeye mu Gikombe gikurikirwa na benshi ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Umubare w’Ibihugu bizitabira Igikombe cy’Isi cya 2030 ushobora kwiyongeraho Ibihugu birenga 10, nyuma yuko n’ubundi wiyongereyeho ibindi nkabyo.

Iki Gikombe cy’Isi cya 2030 kizabera mu Bihugu bitandatu biri ku Migabane 3 itandukanye, ari byo Argentina, Uruguay, Paraguay, Morocco, Portugal na Espagne, ubwo hazaba hizihizwa imyaka 100 iki Gikombe kimaze gikinwa.

Umunyamuryango mu Nama Njyanama ya FIFA, ubwo iyi nama yari irimo igana ku musozo, yatanze iki gitekerezo ko umubare w’Ibihugu bizitabira iki Gikombe cy’Isi, wakwiyongera, bituma hafatwa umwanzuro ko ikigitekerezo kizigwaho ubutaha, ubundi hakarebwa niba bishoboka ko amakipe yava kuri 48 akagera kuri 64.

Impamvu ibi Bihugu byatoranyijwe kuzakira iki Gikombe cy’Isi, buri Gihugu gifite umwihariko,aho nka Uruguay ari cyo cya mbere cyacyakiriye, Argentine yo yatsindiwe ku mukino wa nyuma, na ho muri Paraguay niho haba Icyicaro Gikuru cy’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri America y’Epfo.

Umukino ufungura iki Gikombe uzakinirwa muri Estádio Centenário y’i Montevideo yakiniweho umukino wa mbere w’Igikombe cy’Isi mu 1930.

Nyuma y’iyi mikino itatu, indi mikino izahita ikomereza muri Morocco, Portugal ndetse na Espagne. Bivuze ko Igikombe cy’Isi cya 2030 kigomba kuzabera ku Mugabane wa Afurika, uw’u Burayi ndetse no muri America y’Epfo.

Ibi ni ubwa mbere bizaba bibayeho mu mateka y’Igikombe cy’Isi, kandi ibi Bihugu uko ari bitandatu bizacyakira bizahita binahabwa itike yo kugikina.

Ibyo kongera amakipe azitabira Igikombe cy’Isi cya 2030, bije nyuma yuko n’ubundi FIFA iheruka kongera amakipe azitabira icya 2026, akaba yaravuye kuri 32 none kuri ubu akaba ari 48, mu gikombe cy’Isi kizabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada na Mexico.

Argentine ya Messi ni yo iheruka iki Gikombe

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × three =

Previous Post

Iby’ingenzi wamenya ku masezerano yasinywe hagati y’igisirikare cy’u Rwanda n’icya Ethiopia

Next Post

MTN Rwanda records strong subscriber growth and a significant turnaround in profit in the last quarter of 2024

Related Posts

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yahumurije abakunzi b’iyi kipe bamaze kwiheba ko batakiri mu makipe ahatanira igikombe cya...

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye yakiriye ikipe y’iki Gihugu nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika, ayigenera ibihembo binyuranye, birimo agashimwe...

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

by radiotv10
20/01/2026
0

Umukinnyi wa Real Madrid n'Ikipe y'Igihugu ya Maroc, Brahim Diaz wahushije penalitiki ku mukino wa nyuma w'Igikombe cya Afurika, yanditse...

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

by radiotv10
20/01/2026
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryemeje ko igitego cyanzwe cya APR FC mu mukino wayihuje na El Merrikh SC,...

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko Umutoza mukuru w’iyi Kipe, Bruno Ferry yapfushije umubyeyi we Jean Pierre Ferry, nyuma y'iminsi...

IZIHERUKA

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha
MU RWANDA

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

21/01/2026
AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
MTN Rwanda records strong subscriber growth and a significant turnaround in profit in the last quarter of 2024

MTN Rwanda records strong subscriber growth and a significant turnaround in profit in the last quarter of 2024

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.