Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hatanzwe icyifuzo gishobora kuzana izindi mpinduka zikomeye mu Gikombe gikurikirwa na benshi ku Isi

radiotv10by radiotv10
14/03/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hatanzwe icyifuzo gishobora kuzana izindi mpinduka zikomeye mu Gikombe gikurikirwa na benshi ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Umubare w’Ibihugu bizitabira Igikombe cy’Isi cya 2030 ushobora kwiyongeraho Ibihugu birenga 10, nyuma yuko n’ubundi wiyongereyeho ibindi nkabyo.

Iki Gikombe cy’Isi cya 2030 kizabera mu Bihugu bitandatu biri ku Migabane 3 itandukanye, ari byo Argentina, Uruguay, Paraguay, Morocco, Portugal na Espagne, ubwo hazaba hizihizwa imyaka 100 iki Gikombe kimaze gikinwa.

Umunyamuryango mu Nama Njyanama ya FIFA, ubwo iyi nama yari irimo igana ku musozo, yatanze iki gitekerezo ko umubare w’Ibihugu bizitabira iki Gikombe cy’Isi, wakwiyongera, bituma hafatwa umwanzuro ko ikigitekerezo kizigwaho ubutaha, ubundi hakarebwa niba bishoboka ko amakipe yava kuri 48 akagera kuri 64.

Impamvu ibi Bihugu byatoranyijwe kuzakira iki Gikombe cy’Isi, buri Gihugu gifite umwihariko,aho nka Uruguay ari cyo cya mbere cyacyakiriye, Argentine yo yatsindiwe ku mukino wa nyuma, na ho muri Paraguay niho haba Icyicaro Gikuru cy’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri America y’Epfo.

Umukino ufungura iki Gikombe uzakinirwa muri Estádio Centenário y’i Montevideo yakiniweho umukino wa mbere w’Igikombe cy’Isi mu 1930.

Nyuma y’iyi mikino itatu, indi mikino izahita ikomereza muri Morocco, Portugal ndetse na Espagne. Bivuze ko Igikombe cy’Isi cya 2030 kigomba kuzabera ku Mugabane wa Afurika, uw’u Burayi ndetse no muri America y’Epfo.

Ibi ni ubwa mbere bizaba bibayeho mu mateka y’Igikombe cy’Isi, kandi ibi Bihugu uko ari bitandatu bizacyakira bizahita binahabwa itike yo kugikina.

Ibyo kongera amakipe azitabira Igikombe cy’Isi cya 2030, bije nyuma yuko n’ubundi FIFA iheruka kongera amakipe azitabira icya 2026, akaba yaravuye kuri 32 none kuri ubu akaba ari 48, mu gikombe cy’Isi kizabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada na Mexico.

Argentine ya Messi ni yo iheruka iki Gikombe

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 6 =

Previous Post

Iby’ingenzi wamenya ku masezerano yasinywe hagati y’igisirikare cy’u Rwanda n’icya Ethiopia

Next Post

MTN Rwanda records strong subscriber growth and a significant turnaround in profit in the last quarter of 2024

Related Posts

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bya nyuma n’abakinnyi batatu barimo Yannick Mukunzi, Faustin Usengimana na Yves Mugunga, mu...

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

by radiotv10
16/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yahaye umukoro abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Handball yitegura Igikombe cya Afurika kigiye kubera mu Rwanda,...

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
MTN Rwanda records strong subscriber growth and a significant turnaround in profit in the last quarter of 2024

MTN Rwanda records strong subscriber growth and a significant turnaround in profit in the last quarter of 2024

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.