Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hatanzwe icyifuzo gishobora kuzana izindi mpinduka zikomeye mu Gikombe gikurikirwa na benshi ku Isi

radiotv10by radiotv10
14/03/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hatanzwe icyifuzo gishobora kuzana izindi mpinduka zikomeye mu Gikombe gikurikirwa na benshi ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Umubare w’Ibihugu bizitabira Igikombe cy’Isi cya 2030 ushobora kwiyongeraho Ibihugu birenga 10, nyuma yuko n’ubundi wiyongereyeho ibindi nkabyo.

Iki Gikombe cy’Isi cya 2030 kizabera mu Bihugu bitandatu biri ku Migabane 3 itandukanye, ari byo Argentina, Uruguay, Paraguay, Morocco, Portugal na Espagne, ubwo hazaba hizihizwa imyaka 100 iki Gikombe kimaze gikinwa.

Umunyamuryango mu Nama Njyanama ya FIFA, ubwo iyi nama yari irimo igana ku musozo, yatanze iki gitekerezo ko umubare w’Ibihugu bizitabira iki Gikombe cy’Isi, wakwiyongera, bituma hafatwa umwanzuro ko ikigitekerezo kizigwaho ubutaha, ubundi hakarebwa niba bishoboka ko amakipe yava kuri 48 akagera kuri 64.

Impamvu ibi Bihugu byatoranyijwe kuzakira iki Gikombe cy’Isi, buri Gihugu gifite umwihariko,aho nka Uruguay ari cyo cya mbere cyacyakiriye, Argentine yo yatsindiwe ku mukino wa nyuma, na ho muri Paraguay niho haba Icyicaro Gikuru cy’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri America y’Epfo.

Umukino ufungura iki Gikombe uzakinirwa muri Estádio Centenário y’i Montevideo yakiniweho umukino wa mbere w’Igikombe cy’Isi mu 1930.

Nyuma y’iyi mikino itatu, indi mikino izahita ikomereza muri Morocco, Portugal ndetse na Espagne. Bivuze ko Igikombe cy’Isi cya 2030 kigomba kuzabera ku Mugabane wa Afurika, uw’u Burayi ndetse no muri America y’Epfo.

Ibi ni ubwa mbere bizaba bibayeho mu mateka y’Igikombe cy’Isi, kandi ibi Bihugu uko ari bitandatu bizacyakira bizahita binahabwa itike yo kugikina.

Ibyo kongera amakipe azitabira Igikombe cy’Isi cya 2030, bije nyuma yuko n’ubundi FIFA iheruka kongera amakipe azitabira icya 2026, akaba yaravuye kuri 32 none kuri ubu akaba ari 48, mu gikombe cy’Isi kizabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada na Mexico.

Argentine ya Messi ni yo iheruka iki Gikombe

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 15 =

Previous Post

Iby’ingenzi wamenya ku masezerano yasinywe hagati y’igisirikare cy’u Rwanda n’icya Ethiopia

Next Post

MTN Rwanda records strong subscriber growth and a significant turnaround in profit in the last quarter of 2024

Related Posts

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Ikipe ya Police FC yemeje ko yasinyishije abakinnyi bane, barimo Rudasingwa Prince na Nshimirimana Ismail Pitchou wanyuze mu makipe ya...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe ya Rayon Sports bwemeje ko bwatandukanye n'Umutoza Wungirije, Haruna Ferouz ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma yuko bivuzwe ko...

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yahumurije abakunzi b’iyi kipe bamaze kwiheba ko batakiri mu makipe ahatanira igikombe cya...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
MTN Rwanda records strong subscriber growth and a significant turnaround in profit in the last quarter of 2024

MTN Rwanda records strong subscriber growth and a significant turnaround in profit in the last quarter of 2024

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.