Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hatanzwe icyizere cyo korohereza abivuza amaso bararushaho kwiyongera mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
04/11/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hatanzwe icyizere cyo korohereza abivuza amaso bararushaho kwiyongera mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umushinga OneSight ufatanya na Leta y’u Rwanda mu buvuzi bw’amaso, uvuga ko uri gukora ubuvugizi kugira ngo serivisi z’ubu buvuzi zose zijye ziboneka hakoreshejwe ubwisungane mu kwivuza bwa Sutuelle de Santé.

Ibi byatangajwe ubwo uyu muryango wari uri ku Bitaro bya Nyarugenge, aho ukomeje kwegereza Abaturarwanda serivisi z’ubuvuzi bw’amaso.

Tuzinde Vincent uyobora uwo mushinga mu Rwanda; avuga ko izi serivisi zikomeje gukenerwa na benshi, ari na yo mpamvu bifuje kuzibegereza, gusa ngo ntibihagije ahubwo zigomba no guhenduka.

Yagize ati “Turashaka ko umuturage yajya ajya muri serivisi y’amaso ariko bikamutwara umunsi umwe. Wa muturage wavaga i Rusizi akaza i Kabgayi cyangwa i Kigali aje kwivuza amaso; umwihariko ni uko ubu ngubu iyo agiye mu bitaro bya Rusizi; yaba Gihundwe na Nyamasheke aravurwa kuko ari ho atuye.”

Avuga ko hari ibigihenze muri ubu buvuzi ariko ko hari ikiri gukorwa. Ati “Kubera ko indorerwamo itari kuri mituweli, ariko dukorana na Minisiteri y’Ubuzima kugira ngo bazihabwe ku giciro gito, ariko turasaba ko nacyo kirushaho kugabanuka.”

Habimana Innocent, umukozi wa Minisiteri y’Ubuzima ushinzwe guhuza ibikorwa bya serivisi z’ubuvuzi bw’amaso ku rwego rw’igihugu, avuga koko igicirizo cy’ubuvuzi bw’amaso kikiri hejuru, ariko ko kubera ubwisungane mu kwivuza bigenda bigabanuka.

Ati “Leta y’u Rwanda impamvu yashyizeho ubwisungane rusange bwo kwivuza; ni ukugira ngo umuturage abashe kubona serivisi mu buryo bworoshye, nubuvuzi bw’amaso ntabwo bwasigaye inyuma.”

Umuyobozi w’akarere ka Nyarugenge, Emmy Ngabonziza avuga ko abayobozi mu nzego z’ibanze bafite inshingano zo guhindura imyumvire y’abaturage ku burwayi bw’amaso.

Ati “Bamwe bafatwa n’umutwe bakabyitiranya ko ari umutwe usanzwe. Utukuye amaso akavuga ko n’ubundi n’abantu b’iwabo bose bagira amaso atukuye, ugasanga ibyo ntibabizi kandi ari uburwayi, bikazagera ubwo umuntu atakaza ubushobozi bwo kubona, bakajya kwivuza byararenze igaruriro. Ni yo mpamvu ubukangurambaga turabukomeza.”

Imibare y’Ibitaro bya nyarugege igaragaza ko kuva byatangira gukora bimaze kwakira abaturage 972 bivuza amaso kandi bose baravuwe.

David NZABONIMPA
RADIOTV10 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + twenty =

Previous Post

Urubanza ruvugwamo amarozi rw’abakozi ba APR rwendaga gosomwa rwafashweho icyemezo kirusubiza bushya

Next Post

Abaturage bafatanye umusore udupfunyika tw’urumogi bahita bamwereka aho akwiye kujya

Related Posts

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya
FOOTBALL

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

by radiotv10
20/01/2026
0

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

20/01/2026
Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

20/01/2026
Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abaturage bafatanye umusore udupfunyika tw’urumogi bahita bamwereka aho akwiye kujya

Abaturage bafatanye umusore udupfunyika tw’urumogi bahita bamwereka aho akwiye kujya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.