Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hatanzwe icyizere cyo korohereza abivuza amaso bararushaho kwiyongera mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
04/11/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hatanzwe icyizere cyo korohereza abivuza amaso bararushaho kwiyongera mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umushinga OneSight ufatanya na Leta y’u Rwanda mu buvuzi bw’amaso, uvuga ko uri gukora ubuvugizi kugira ngo serivisi z’ubu buvuzi zose zijye ziboneka hakoreshejwe ubwisungane mu kwivuza bwa Sutuelle de Santé.

Ibi byatangajwe ubwo uyu muryango wari uri ku Bitaro bya Nyarugenge, aho ukomeje kwegereza Abaturarwanda serivisi z’ubuvuzi bw’amaso.

Tuzinde Vincent uyobora uwo mushinga mu Rwanda; avuga ko izi serivisi zikomeje gukenerwa na benshi, ari na yo mpamvu bifuje kuzibegereza, gusa ngo ntibihagije ahubwo zigomba no guhenduka.

Yagize ati “Turashaka ko umuturage yajya ajya muri serivisi y’amaso ariko bikamutwara umunsi umwe. Wa muturage wavaga i Rusizi akaza i Kabgayi cyangwa i Kigali aje kwivuza amaso; umwihariko ni uko ubu ngubu iyo agiye mu bitaro bya Rusizi; yaba Gihundwe na Nyamasheke aravurwa kuko ari ho atuye.”

Avuga ko hari ibigihenze muri ubu buvuzi ariko ko hari ikiri gukorwa. Ati “Kubera ko indorerwamo itari kuri mituweli, ariko dukorana na Minisiteri y’Ubuzima kugira ngo bazihabwe ku giciro gito, ariko turasaba ko nacyo kirushaho kugabanuka.”

Habimana Innocent, umukozi wa Minisiteri y’Ubuzima ushinzwe guhuza ibikorwa bya serivisi z’ubuvuzi bw’amaso ku rwego rw’igihugu, avuga koko igicirizo cy’ubuvuzi bw’amaso kikiri hejuru, ariko ko kubera ubwisungane mu kwivuza bigenda bigabanuka.

Ati “Leta y’u Rwanda impamvu yashyizeho ubwisungane rusange bwo kwivuza; ni ukugira ngo umuturage abashe kubona serivisi mu buryo bworoshye, nubuvuzi bw’amaso ntabwo bwasigaye inyuma.”

Umuyobozi w’akarere ka Nyarugenge, Emmy Ngabonziza avuga ko abayobozi mu nzego z’ibanze bafite inshingano zo guhindura imyumvire y’abaturage ku burwayi bw’amaso.

Ati “Bamwe bafatwa n’umutwe bakabyitiranya ko ari umutwe usanzwe. Utukuye amaso akavuga ko n’ubundi n’abantu b’iwabo bose bagira amaso atukuye, ugasanga ibyo ntibabizi kandi ari uburwayi, bikazagera ubwo umuntu atakaza ubushobozi bwo kubona, bakajya kwivuza byararenze igaruriro. Ni yo mpamvu ubukangurambaga turabukomeza.”

Imibare y’Ibitaro bya nyarugege igaragaza ko kuva byatangira gukora bimaze kwakira abaturage 972 bivuza amaso kandi bose baravuwe.

David NZABONIMPA
RADIOTV10 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 2 =

Previous Post

Urubanza ruvugwamo amarozi rw’abakozi ba APR rwendaga gosomwa rwafashweho icyemezo kirusubiza bushya

Next Post

Abaturage bafatanye umusore udupfunyika tw’urumogi bahita bamwereka aho akwiye kujya

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abaturage bafatanye umusore udupfunyika tw’urumogi bahita bamwereka aho akwiye kujya

Abaturage bafatanye umusore udupfunyika tw’urumogi bahita bamwereka aho akwiye kujya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.