Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hatanzwe icyizere cyo korohereza abivuza amaso bararushaho kwiyongera mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
04/11/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hatanzwe icyizere cyo korohereza abivuza amaso bararushaho kwiyongera mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umushinga OneSight ufatanya na Leta y’u Rwanda mu buvuzi bw’amaso, uvuga ko uri gukora ubuvugizi kugira ngo serivisi z’ubu buvuzi zose zijye ziboneka hakoreshejwe ubwisungane mu kwivuza bwa Sutuelle de Santé.

Ibi byatangajwe ubwo uyu muryango wari uri ku Bitaro bya Nyarugenge, aho ukomeje kwegereza Abaturarwanda serivisi z’ubuvuzi bw’amaso.

Tuzinde Vincent uyobora uwo mushinga mu Rwanda; avuga ko izi serivisi zikomeje gukenerwa na benshi, ari na yo mpamvu bifuje kuzibegereza, gusa ngo ntibihagije ahubwo zigomba no guhenduka.

Yagize ati “Turashaka ko umuturage yajya ajya muri serivisi y’amaso ariko bikamutwara umunsi umwe. Wa muturage wavaga i Rusizi akaza i Kabgayi cyangwa i Kigali aje kwivuza amaso; umwihariko ni uko ubu ngubu iyo agiye mu bitaro bya Rusizi; yaba Gihundwe na Nyamasheke aravurwa kuko ari ho atuye.”

Avuga ko hari ibigihenze muri ubu buvuzi ariko ko hari ikiri gukorwa. Ati “Kubera ko indorerwamo itari kuri mituweli, ariko dukorana na Minisiteri y’Ubuzima kugira ngo bazihabwe ku giciro gito, ariko turasaba ko nacyo kirushaho kugabanuka.”

Habimana Innocent, umukozi wa Minisiteri y’Ubuzima ushinzwe guhuza ibikorwa bya serivisi z’ubuvuzi bw’amaso ku rwego rw’igihugu, avuga koko igicirizo cy’ubuvuzi bw’amaso kikiri hejuru, ariko ko kubera ubwisungane mu kwivuza bigenda bigabanuka.

Ati “Leta y’u Rwanda impamvu yashyizeho ubwisungane rusange bwo kwivuza; ni ukugira ngo umuturage abashe kubona serivisi mu buryo bworoshye, nubuvuzi bw’amaso ntabwo bwasigaye inyuma.”

Umuyobozi w’akarere ka Nyarugenge, Emmy Ngabonziza avuga ko abayobozi mu nzego z’ibanze bafite inshingano zo guhindura imyumvire y’abaturage ku burwayi bw’amaso.

Ati “Bamwe bafatwa n’umutwe bakabyitiranya ko ari umutwe usanzwe. Utukuye amaso akavuga ko n’ubundi n’abantu b’iwabo bose bagira amaso atukuye, ugasanga ibyo ntibabizi kandi ari uburwayi, bikazagera ubwo umuntu atakaza ubushobozi bwo kubona, bakajya kwivuza byararenze igaruriro. Ni yo mpamvu ubukangurambaga turabukomeza.”

Imibare y’Ibitaro bya nyarugege igaragaza ko kuva byatangira gukora bimaze kwakira abaturage 972 bivuza amaso kandi bose baravuwe.

David NZABONIMPA
RADIOTV10 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + four =

Previous Post

Urubanza ruvugwamo amarozi rw’abakozi ba APR rwendaga gosomwa rwafashweho icyemezo kirusubiza bushya

Next Post

Abaturage bafatanye umusore udupfunyika tw’urumogi bahita bamwereka aho akwiye kujya

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abaturage bafatanye umusore udupfunyika tw’urumogi bahita bamwereka aho akwiye kujya

Abaturage bafatanye umusore udupfunyika tw’urumogi bahita bamwereka aho akwiye kujya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.