Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hatanzwe umucyo ku bo abaturage bita abakozi ba REG babatse ruswa izuba riva

radiotv10by radiotv10
28/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hatanzwe umucyo ku bo abaturage bita abakozi ba REG babatse ruswa izuba riva
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kirehe mu Karere ka Kirehe barashinja abakozi ba REG muri aka Karere kubaka ruswa kugira ngo babone amashanyarazi, mu gihe iyi Sosiyete Ishinzwe Ingufu, ivuga ko abo bantu atari abakozi bayo ahubwo ari abayiyitirira. 

Ni imiryango itanu (5) yo mu Mudugudu wa Bwiza mu Kagari ka Nyabikokora mu Murenge wa Kirehe, babwite RADIOTV10 ko bishyize hamwe ngo basabe amashanyarazi Ikigo gishinzwe ingufu REG mu Karere ka Kirehe ariko bamaze imyaka irenga ine basiragizwa.

Senkware Alphonse ati “Umuriro twawusabye ngira ngo hashize imyaka itanu.Twifatanya gahunda tugiye bati tuzawubaha, turikiriza. Biratinda tuti ‘ese muduhe umuriro’, nabo bati ‘Ese mufite ipoto?’ Tuti ‘twayibona dute mutayiduhaye?’ Ngo muzayigurire, tuyiguriye dore ngiyo hepfo.”

Bavuga kandi bari basabwe gushinga ipoto kugira ngo bahabwe amasharanyarazi, bikarangira ntayo babonye bitewe n’uko hari abakozi bagiye baza bakababwira ko bakeneye amafaranga, ibyo abaturage bemeza ko ari ruswa.

Undi muturage ati “Ipoto twarayiguze, baratubwira ngo turabaha amafaranga ya ruswa.”

Undi ati “Ruswa nyine. None se tuva hagati y’abandi. Abandi bacanye hari icyaha twacumuye?”

Umuyobozi wa REG m Karere ka Kirehe, Mupenzi Theogène yabanje kubwira RADIOTV10, nyuma akoresheje ubutumwa bugufi, yongeraho ko abaka mafaranga ari abiyitirira iyi Sosiyete.

Ati “Ntabwo nkizi. Abo bantu basaba amafaranga si abakozi bacu ubwo ni abatwiyitirira.”

Iyi miryango itanu ivuga ko yifitiye ubushobozi bwo kugura igishoboka cyose cyasabwa kugira ngo babone umuriro w’amashanayarazi, dore ku mafaranga ibihumbib180 basabwaga kugira ngo amashanyarazi agere ku nzu zabo bari bamaze gutamga arenga ibihumbi 80 frw.

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 8 =

Previous Post

Polisi yagaragarijwe ko ikataje mu ihame rikomeweho n’u Rwanda

Next Post

Hamenyekanye inkuru nziza y’uwahoze ari umugore w’umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda

Related Posts

Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza

Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza

by radiotv10
19/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Murama mu Karere ka Ngoma bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'inzu mberabyombi biyubakiye ku bufatanye n'Ubuyobozi...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yashimiye mugenzi we wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni watorewe gukomeza kuyobora iki Gihugu, anamwifuriza we n’Abanya-Uganda ishya...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, abaturage benshi bakoraniye ku kigo cy’ishuri bavuga ko baje kureba amabonekerwa ya...

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

IZIHERUKA

Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza
MU RWANDA

Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

19/01/2026
Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

19/01/2026
Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

19/01/2026
Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

18/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye inkuru nziza y’uwahoze ari umugore w’umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda

Hamenyekanye inkuru nziza y’uwahoze ari umugore w’umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.